• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko mu mezi ane ashize ni ukuvuga hagati ya Gicurasi na Kanama 2018, umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho 983,333 by’amadolari ugereranyije n’igihe nk’iki cya 2017.

RDB yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu inanyomoza amakuru avuga ko yagabanyie ibiciro byo gusura ingagi mu birunga, bikava ku 1500$ bikagera ku 1,050 $.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP), byari byatangaje ko igiciro cyo gusura ingagi cyagabanuweho 30% mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi, kugira ngo ba mukerarugendo biyongere kuko bagabanutse.

RDB yibukije ko ubwo igiciro cyo gusura ingagi cyatangazwaga muri Gicurasi umwaka ushize, yongeyeho ko abazajya basura izindi parike zirimo Nyungwe na Akagera nibura mu gihe cy’iminsi itatu basuye n’ingagi, bazajya bagabanyirizwa 30%.

Ikindi ni uko abantu bazajya baba baje mu nama bagasura ingagi mbere cyangwa nyuma yayo bazajya bagabanyirizwa kugera kuri 15%.

Ibi byari mu buryo bwo kureshya ba mukerarugendo gusura Pariki y’Igihugu y’Akagera n’iya Nyungwe, ntibyatewe n’igabanuka ry’abasura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Iki kigo cyanahakanye ibyanditswe ko kuzamura igiciro cyo gusura ingagi byateje igihombo, aho ba bakerarugendo bigira muri Uganda kuzisura kuri make ndetse ngo n’abayobora ba mukerarugendo n’abakora muri rwego rwo kwakira abashyitsi ntacyo bakinjiza kubera izamurwa ry’igiciro cyo gusura ingagi.

RDB ihamya ko kongera igiciro cyo gusura ingagi bitagagabanuye umusaruro yinjizaga ahubwo byazamuye umusaruro ku buryo bugaragara.

Itangazo rigira riti “Umusaruro wiyongereye nyuma yo gutangaza ibiciro bishya mu 2017, byatumye ugera kuri 4% mu 2017 ugereranyije na 2016.”

Ikomeza ivuga ko mu mezi y’Ugushyingo kugeza muri Gicurasi habayeho igabanuka rito ry’inyungu ariko mu yandi mezi hari kuboneka ukwiyongera kuziba iryo gabanuka.

Itangazo rivuga ko ‘hagati ya Gicurasi na Kanama 2018, RDB yinjije amadolari y’Amerika 983,333 y’inyongera ugeranyije na 2017 mu gihe nk’iki. Dufite icyizere ko bizakomeza bityo.’

Ni ukuvuga ko ari inyongera y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri 853 041 377.

Raporo iheruka ya RDB yagaragaje ko mu 2017 abantu 94 000 basuye pariki z’igihugu, bakinjiza miliyoni 18.7 $ mu musaruro wose w’ubukerarugendo ariko Pariki y’Ibirunga yihariyemo 90%, yo yasuwe n’abantu 36 000.

2018-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukerarugendo bw’u Rwanda bugiye kwamamazwa ku rubuga rwa Alibaba

Ubukerarugendo bw’u Rwanda bugiye kwamamazwa ku rubuga rwa Alibaba

Ubwanditsi 06 Oct 2018
RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Ubwanditsi 25 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”
Amakuru

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Ubwanditsi 11 Dec 2020
BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki
UBUKUNGU

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Ubwanditsi 07 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru