• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Editorial 23 Dec 2017 IMIKINO

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Ferwafa, Madamu Rwemarika Felicitee yaraye atangaje imigabo n’imigambi ye yiganjemo impinduka mu isura y’umupira w’amaguru

Kuri uyu wa Gatanu mu nyubako ya Kigali Convention Center, Madamu Rwemarika Felicitee yagiranye ikiganiro kirambuye n’itangazamakuru, aho ahanini yiganje mu gusobanura imigabo n’imigambi ye mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora Ferwafa mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Madamu Rwemarika wari usanzwe akuriye umupira w’abagore muri Ferwafa, yatangaje ko iki ari cyo gihe cye cyo kuvugurura umupira w’amaguru mu Rwanda, aho abona mu minsi yashize umupira wari urimo ugenda utakaza isura yawo mu Rwanda.

Arifuza Ferwafa ya bose, itari iy’umuntu umwe

Rwemarika yagize ati “Turashaka kuzaha ijambo abanyamuryango bose, bakagira uruhare mu kwitorera ingengo y’imari izajya ikoreshwa, ndetse bakajya banagezwaho raporo ku gihe, baba abagize inteko rusange, FIFA ndetse na CAF.”

“Hari amategeko menshi dushaka kuzavugurura, agahuzwa n’aya FIFA ndetse na CAF, ariko ibyo byose bikazanagirwamo uruhare n’abanyamuryango, tukubaka umupira ushingiye ku bunyamwuga, atari umupira udigadiga”

Barateganya guha imbaraga ibyiciro bitatu mu mupira w’amaguru kandi bikigenga

“Turabizeza ko nituramuka dutowe, tuzaha imbaraga icyiciro cya mbere, icya kabiri n’icya gatatu mu mupira w’amaguru, ku buryo hazaba hari amarushanwa byibura atatu atandukanye, ndetse kandi turashaka ko buri cyiciro kizaba kigenga, kandi na buri ntara igategura amarushanwa abiri mu mwaka”

JPEG - 232.7 kb
Madamu Rwemarika wagiye yegukana ibihembo mpuzamahanga, arifuza no kugeza umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga

Rwemarika yabajijwe n’itangazamakuru, aho akura icyizere cyo kuzagera ku byo yatangaje, mu gihe mu mupira w’abagore yayoboraga hari ibitarabashije kugerwaho, Rwemarika abasubiza ko atari we wafataga ijambo rya nyuma

“Byari bigoye kuko si njye wafataga ijambo rya nyuma, hari byinshi twifuzaga gukora ntitubyemerwe, ibindi tukabyemererwa twakubise amavi hasi, ariko ndamutse mbaye Umuyobozi wa Ferwafa naba mbasha gufata umwanzuro”

“Mu mupira w’abagore nayoboraga, mu bushobozi buke twari dufite hari byinshi twabashije kugeraho, harimo kuba dufite byibura icyiciro cya mbere n’icya kabiri kandi bikora neza, hari ibihembo mpuzamahanga twagiye twegukana kandi ntitwabihabwaga gutyo gusa”

Bahize guhanga udushya, ndetse bagaha imbaraga ibikorerwa mu Rwanda

Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ni umwe mu bafatanyije kwiyamamazanya na Madamu Rwemarika, akaba yazamubera Visi-Perezida baramutse batowe, we yatangaje ko mu bindi bashyize imbere ari uguhanga utundi dushya hakazanwa n’indi mikino ishamikiye ku mupira w’amaguru

JPEG - 161.4 kb
Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ariyamamaza nka Visi-Perezida wa Rwemarika

Yagize ati “Hari indi mikino dushaka kuzana harimo Football ikinirwa mu nzu “Futsali” ndetse n’ikinirwa ku mucanga “Beach Soccer”, ni imikino ikinwa ku rwego mpuzamahanga kandi ifite icyo yatumarira”

“Kuki buri gihe twumva ko kuvurwa neza ari ukujya hanze, turifuza kuba twavugurura iri vuriro rya Ferwafa ku buryo ryakongererwa ubushobozi rikajya ku rwego mpuzamahanga, abakinnyi bacu bakajya bivuriza mu Rwanda kandi ku buryo bwihuse hatabanje gutegereza amezi n’amezi ngo bajye hanze”

“Turifuza gushyigikira gahunda y’ibikorerwa mu Rwanda, tugashyiraho uruganda rukora imyenda ya Siporo hano mu Rwanda,ikazakora ubucuruzi bw’iyo myenda kandi inyungu zikaba iz’abanyarwanda”

JPEG - 161.6 kb
Uwintwari John we yazaba akuriye Komisiyo y’umutekano
JPEG - 131 kb
Kanamugire Fidele, we azaba ashinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru, igihe Rwemarika yazaba atowe
JPEG - 172.3 kb
Musanabaganwa Christine, we ariyamamaza nk’uzaba ushizwe iterambere ry’umupira w’abagore muri Ferwafa

Nyinawumuntu Grace wahoze atoza As Kigali n’ikipe y’igihugu y’abagore, nawe wari witabiriye iki kiganiro, yashimiye Rwemarika intambara yarwanye yo kuzamura umupira w’abagore ndetse n’abaterankunga yagize azana mu Rwanda barimo na Sosiyete ya Nike, maze Rwemarika nawe amwizeza ko aramutse atowe yazana abandi baterankunga barenze abo kandi bafsha byinshi mu mpira.

JPEG - 360.9 kb
Nyinawumuntu Grace wahoze atoza AS Kigali n’Amavubi ashimira Rwemarika
JPEG - 130.7 kb
Nyinawumuntu Grace yari yaje gukurikirana imigabo n’imigambi y’umudamu mugenzi we
JPEG - 185.6 kb
Rwemarika na Komite bafatanya kwiyamamaza mu kiganiro n’itangazamakuru

Bimwe mu bigwi bya Rwemarika Felicite

  • Yabaye umunyamuryango w’inama y’Ubuyobozi bwa Ferwafa kuva 2007 kugeza ubu
  • Ni Vice perezida wa Komite Olimpike mu Rwanda
  • Afite impamyabumenyi z’ubuyobozi mu mikino zitangwa na FIFA
  • Umwe mu bari bagize komite yateguye igakurikirana CAN U17 yabareye mu Rwanda muri 2011
  • Umwe mu bari bagize Komite ikurikirana igikombe cy’isi cya U17 cyabereye muri Mexique 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo y’abagore muri CECAFA kuva 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo ya Komite mpuzamahanga y’imikino Olimpike
  • Muri 2016 yahawe igihembo na Komite Mpuzamahanga y’imikino Olimpike gihabwa abagore bitabira siporo
  • Muri 2015 yaherewe mu Bwongereza igihembo cya Stars Foundation Kingdom Award
  • Ni umuyobozi w’umuryango wa Act for Hope

Kugeza ubu Madamu Rwemarika n’abo bafatanyije batangaje ko bamaze kwizera abantu 35 bashobora kuzabatora, mu matora ateganyijwe kuba tariki ya 30 Ukuboza, aho Madame Félicité Rwemarika ahanganye na Nzamwita Vincent De Gaulle wari usanzwe ayobora Ferwafa.

2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Editorial 12 Jun 2021
Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Editorial 20 Dec 2022
Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Editorial 11 Mar 2016
Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Editorial 22 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera
Amakuru

Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Editorial 09 Jan 2024
Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Editorial 09 Mar 2023
Nyamasheke: Bateye abaturanyi babo bica umugore umugabo ajya muri Coma
Mu Rwanda

Nyamasheke: Bateye abaturanyi babo bica umugore umugabo ajya muri Coma

Editorial 11 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru