• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Editorial 23 Dec 2017 IMIKINO

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Ferwafa, Madamu Rwemarika Felicitee yaraye atangaje imigabo n’imigambi ye yiganjemo impinduka mu isura y’umupira w’amaguru

Kuri uyu wa Gatanu mu nyubako ya Kigali Convention Center, Madamu Rwemarika Felicitee yagiranye ikiganiro kirambuye n’itangazamakuru, aho ahanini yiganje mu gusobanura imigabo n’imigambi ye mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora Ferwafa mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Madamu Rwemarika wari usanzwe akuriye umupira w’abagore muri Ferwafa, yatangaje ko iki ari cyo gihe cye cyo kuvugurura umupira w’amaguru mu Rwanda, aho abona mu minsi yashize umupira wari urimo ugenda utakaza isura yawo mu Rwanda.

Arifuza Ferwafa ya bose, itari iy’umuntu umwe

Rwemarika yagize ati “Turashaka kuzaha ijambo abanyamuryango bose, bakagira uruhare mu kwitorera ingengo y’imari izajya ikoreshwa, ndetse bakajya banagezwaho raporo ku gihe, baba abagize inteko rusange, FIFA ndetse na CAF.”

“Hari amategeko menshi dushaka kuzavugurura, agahuzwa n’aya FIFA ndetse na CAF, ariko ibyo byose bikazanagirwamo uruhare n’abanyamuryango, tukubaka umupira ushingiye ku bunyamwuga, atari umupira udigadiga”

Barateganya guha imbaraga ibyiciro bitatu mu mupira w’amaguru kandi bikigenga

“Turabizeza ko nituramuka dutowe, tuzaha imbaraga icyiciro cya mbere, icya kabiri n’icya gatatu mu mupira w’amaguru, ku buryo hazaba hari amarushanwa byibura atatu atandukanye, ndetse kandi turashaka ko buri cyiciro kizaba kigenga, kandi na buri ntara igategura amarushanwa abiri mu mwaka”

JPEG - 232.7 kb
Madamu Rwemarika wagiye yegukana ibihembo mpuzamahanga, arifuza no kugeza umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga

Rwemarika yabajijwe n’itangazamakuru, aho akura icyizere cyo kuzagera ku byo yatangaje, mu gihe mu mupira w’abagore yayoboraga hari ibitarabashije kugerwaho, Rwemarika abasubiza ko atari we wafataga ijambo rya nyuma

“Byari bigoye kuko si njye wafataga ijambo rya nyuma, hari byinshi twifuzaga gukora ntitubyemerwe, ibindi tukabyemererwa twakubise amavi hasi, ariko ndamutse mbaye Umuyobozi wa Ferwafa naba mbasha gufata umwanzuro”

“Mu mupira w’abagore nayoboraga, mu bushobozi buke twari dufite hari byinshi twabashije kugeraho, harimo kuba dufite byibura icyiciro cya mbere n’icya kabiri kandi bikora neza, hari ibihembo mpuzamahanga twagiye twegukana kandi ntitwabihabwaga gutyo gusa”

Bahize guhanga udushya, ndetse bagaha imbaraga ibikorerwa mu Rwanda

Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ni umwe mu bafatanyije kwiyamamazanya na Madamu Rwemarika, akaba yazamubera Visi-Perezida baramutse batowe, we yatangaje ko mu bindi bashyize imbere ari uguhanga utundi dushya hakazanwa n’indi mikino ishamikiye ku mupira w’amaguru

JPEG - 161.4 kb
Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ariyamamaza nka Visi-Perezida wa Rwemarika

Yagize ati “Hari indi mikino dushaka kuzana harimo Football ikinirwa mu nzu “Futsali” ndetse n’ikinirwa ku mucanga “Beach Soccer”, ni imikino ikinwa ku rwego mpuzamahanga kandi ifite icyo yatumarira”

“Kuki buri gihe twumva ko kuvurwa neza ari ukujya hanze, turifuza kuba twavugurura iri vuriro rya Ferwafa ku buryo ryakongererwa ubushobozi rikajya ku rwego mpuzamahanga, abakinnyi bacu bakajya bivuriza mu Rwanda kandi ku buryo bwihuse hatabanje gutegereza amezi n’amezi ngo bajye hanze”

“Turifuza gushyigikira gahunda y’ibikorerwa mu Rwanda, tugashyiraho uruganda rukora imyenda ya Siporo hano mu Rwanda,ikazakora ubucuruzi bw’iyo myenda kandi inyungu zikaba iz’abanyarwanda”

JPEG - 161.6 kb
Uwintwari John we yazaba akuriye Komisiyo y’umutekano
JPEG - 131 kb
Kanamugire Fidele, we azaba ashinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru, igihe Rwemarika yazaba atowe
JPEG - 172.3 kb
Musanabaganwa Christine, we ariyamamaza nk’uzaba ushizwe iterambere ry’umupira w’abagore muri Ferwafa

Nyinawumuntu Grace wahoze atoza As Kigali n’ikipe y’igihugu y’abagore, nawe wari witabiriye iki kiganiro, yashimiye Rwemarika intambara yarwanye yo kuzamura umupira w’abagore ndetse n’abaterankunga yagize azana mu Rwanda barimo na Sosiyete ya Nike, maze Rwemarika nawe amwizeza ko aramutse atowe yazana abandi baterankunga barenze abo kandi bafsha byinshi mu mpira.

JPEG - 360.9 kb
Nyinawumuntu Grace wahoze atoza AS Kigali n’Amavubi ashimira Rwemarika
JPEG - 130.7 kb
Nyinawumuntu Grace yari yaje gukurikirana imigabo n’imigambi y’umudamu mugenzi we
JPEG - 185.6 kb
Rwemarika na Komite bafatanya kwiyamamaza mu kiganiro n’itangazamakuru

Bimwe mu bigwi bya Rwemarika Felicite

  • Yabaye umunyamuryango w’inama y’Ubuyobozi bwa Ferwafa kuva 2007 kugeza ubu
  • Ni Vice perezida wa Komite Olimpike mu Rwanda
  • Afite impamyabumenyi z’ubuyobozi mu mikino zitangwa na FIFA
  • Umwe mu bari bagize komite yateguye igakurikirana CAN U17 yabareye mu Rwanda muri 2011
  • Umwe mu bari bagize Komite ikurikirana igikombe cy’isi cya U17 cyabereye muri Mexique 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo y’abagore muri CECAFA kuva 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo ya Komite mpuzamahanga y’imikino Olimpike
  • Muri 2016 yahawe igihembo na Komite Mpuzamahanga y’imikino Olimpike gihabwa abagore bitabira siporo
  • Muri 2015 yaherewe mu Bwongereza igihembo cya Stars Foundation Kingdom Award
  • Ni umuyobozi w’umuryango wa Act for Hope

Kugeza ubu Madamu Rwemarika n’abo bafatanyije batangaje ko bamaze kwizera abantu 35 bashobora kuzabatora, mu matora ateganyijwe kuba tariki ya 30 Ukuboza, aho Madame Félicité Rwemarika ahanganye na Nzamwita Vincent De Gaulle wari usanzwe ayobora Ferwafa.

2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Editorial 18 Dec 2023
Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove

Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove

Editorial 31 Jan 2023
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Editorial 08 Jul 2024
Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Editorial 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Editorial 08 Oct 2018
RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3
HIRYA NO HINO

RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3

Editorial 23 Dec 2017
Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC
IMIKINO

Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC

Editorial 26 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru