• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Intumwa yihariye ya Loni mu karere k’ibiyaga bigali, Said Djinnit, atangaza ko amahoro n’umutekano bizaboneka neza muri aka karere k’ibiyaga bigari mu gihe imitwe y’inyeshyamba irwanira mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo izaba yaranduwe burundu.

Mu birori by’isabukuru y’imyaka itanu ishize habayeho gushyira umukono ku masezerano y’ i Addis-Abeba yo mu 2013,  yo kubungabunga amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yashegeshwe n’imitwe y’inyeshyamba, nibwo Djinnit yatangaje ko mu gihe iyi mitwe y’inyeshyamba itararandurwa burundu, n’umutekano uzakomeza kuzamba.

Yagize ati “ Akarere gakomeje kuba mu bibazo by’imitwe y’inyeshyamba, hakiyongeraho intambara z’urudaca zikomeje muri Sudani y’Amajyepfo, Centrafurika, ndetse n’imvururu zishingiye kuri politiki n’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”.

Akomeza avuga ko iterambere mu by’umutekano muri aka karere k’ibiyaga bigali rikiri mu murongo utukura mu gihe hatarafatwa ingamba zihamye zo kurandura imitwe y’inyeshyamba.

Imitwe atunga agatoki ikomeje kuzambya umutekano muri Congo, avuga inyeshyamba za ADF Nalu zikomoka muri Uganda, zishinjwa kwica abaturage mu gace ka Beni na Eringeti.

Nk’uko ikinyamakuru xinhuanet, kibitangaza avuga ko n’umutwe wa FDLR ufatwa nk’umwe mu mitwe y’Abanyamahanga bari ku butaka bwa Congo, bakomeje ibikorwa bya kinyeshyamba ku butaka bwa Congo ukwiriye kurandurwa burundu nyuma y’imyaka 24 umaze ku butaka bwa Congo.

Avuga ko imvururu zishingiye kuri politiki muri aka karere zagize ingaruka zikomeye zo gutera abaturage guhunga, miliyoni 11 z’abaturage bo muri aka karere bakaba baba mu buhunzi.

Ati “Ku bw’izo mpamvu, kugikemura ni ingingo nyamukuru, ibibazo biri mu Burundi, RDC, intambara ziri muri Sudani y’Epfo na Centrafurika, ni ngombwa rero ko abantu bahaguruka hagashyirwaho ingamba nshya kandi zihamye z’amahoro n’umutekano ndetse hakanashyirwaho urubuga rw’ ubufatanye”.

Amasezerano y’ i Addis-Abeba yashyizweho umukono n’ibihugu 11, ari byo Angola, Burundi, Central African Republic, Congo, RDC, Rwanda, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia, n’imiryango nka UN, AU, ICGLR na (SADC).

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu
IMIKINO

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya
POLITIKI

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove
UBUKUNGU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru