• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Editorial 05 Apr 2018 POLITIKI

Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, ngo atange ibisobanuro ku bibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka, cyane cyane ibinyampeke n’ibinyamisogwe.

Gahunda yo guhunika yashyizweho igamije guhangana n’ibibazo byiganjemo ibura ry’ibiribwa no gukumira ikibazo cy’abaturage bahura n’inzara bigatuma bajya gushakisha imibereho ahandi, gukumira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibindi.

Raporo ya Komisiyo y’imari n’ubukungu yasobanuriwe Inteko rusange ya Sena kuri uyu wa 3 Mata 2018, yagaragaje ko muri gahunda yo guhunika hakirimo ibibazo bitandukanye bikeneye ko hagira uhagarariye guverinoma ubisobanura.

Muri ibyo bibazo, Raporo igaruka cyane ku kuba umusaruro ugomba guhunikwa ukiri muke ugeranyije n’ibigega biri mu gihugu, uburyo bwo guhungira no kuwumisha budakora neza n’ibindi nk’uko Perezida wa Komisiyo, Senateri Muhongayire Jacqueline yabisobanuye.

Yagize ati “Umusaruro uracyari mucye kuri hegitari, umusaruro utujuje ubuziranenge, kotsa imyaka no kuyigurisha ikimara kwera, imihindagurikire y’ikirere ya hato na hato ituma ibihembwe by’ihinga bigongana. Igihembwe A gihura n’igihembwe B kigwamo imvura nyinshi bigatuma umusaruro utakara.”

Yongeyeho ati “Abahinzi nta bumenyi buhagije bafite bwo gufata neza umusaruro. Imiti yo guhungira imyaka iracyari mike kandi ntiboneka mu masoko yegereye abahinzi.”

Abasenateri batanze ibitekerezo, bagarukaga ku cyifuzo cyo gutumiza Minisitiri kugira ngo abahe ibisobanuro birambuye ku bibazo biri muri urwo rwego.

Senateri Ntawukuriryayo Jean Damascène yagize ati “Iyo nta musaruro uhari kandi ugakomeza kuvuga ngo urubaka ibigega, ntabwo dukeneye ubushobozi. Icya kabiri mbona bagishyize mu mpamvu ituma Minisitiri aza kwisonura mu Nteko rusange, kuko icyo gihe tuzaba tugiye mu bugenzuzi bw’ibikorwa bya Guverinoma, ubwanikiro igihe basaruye, abantu bikorera bihutira kujya kugura imyaka y’abaturage bakajya guhunika hahandi ariko bategereje kuzabigarura ku isoko kugira ngo bihende abanyarwanda.”

Senateri Ntawukuriryayo yakomeje asaba ko icyo kintu cyumvikana neza kuko ari cyo Leta y’u Rwanda idashaka, naho kuvuga ngo hazakomeza kubaho ubufatanye n’abikorera mu kubaka ibigega kandi n’ibihari bidakoreshwa ntacyo byaba bimaze.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo, Abasenateri 20 muri 24 bari bitabiriye Inteko rusange bemeje ko Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, atumizwa akazatanga ibisobanuro mu magambo kuri ibyo bibazo byagaragajwe na Raporo ya Komisiyo.

Imibare igaragaza ko ibigega byubatswe bihunitswemo ku kigero cya 32%, mu gihe Guverinoma yihaye intego yo guhunika byibuze toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke n’ibinyamisogwe mu 2017, ndetse ko buri mwaka hazajya hiyongeraho toni zisaga ibihumbi 100, mu gihe mu 2010, hahunikwaga toni ibihumbi bisaga 40 gusa.

2018-04-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Editorial 15 Mar 2018
Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Editorial 02 Mar 2016
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Editorial 15 Mar 2018
Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Editorial 02 Mar 2016
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru