• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018 POLITIKI

Ubuyobozi b’ishyaka National Patriotic Front (NPF) ryiyomoye kuri Zanu-PF, bwatangaje ko bwasuye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Robert Mugabe, uheruka kweguzwa mu buryo butunguranye, bukamugaragariza ko ari umunyapolitiki mwiza ku buryo bushobora kumutanga nk’umukandida uzarihagararira mu matora ya Perezida ataha.

Mu Ugushyingo 2017 nibwo byemejwe ko Robert Mugabe atakiri Perezida wa Zimbabwe mu gihe yari amaze imyaka isaga 37 ayobora.

Uyu mukambwe w’imyaka 94, yabanje gufungirwa mu rugo n’igisirikare bitaremezwe ko ari umugambi wo kumuhirika, ku wa 21 Ugushyingo nibwo ibaruwa y’ubwegure bwe yasomewe Inteko Ishinga Amategeko yari iri mu myiteguro yo kumweguza ku gahato, isomwa n’umuyobozi wayo, Jacob Mudenda.

BBC yatangaje ko umwe mu bahoze ari abasirikare bakomeye akaza gusezererwa witwa Brig. Ambrose Mutinhiri, yagaragaje ifoto ari kumwe na Robert Mugabe, avuga ko yamusuye mu rugo iwe, akamumenyesha amakuru y’uko agomba guhagararira ishyaka ryabo mu matora ya Perezida ataha.

Brig Mutinhiri, umwe mu bafatanyije na Robert Mugabe mu rugamba rwo kubohora Zimbabwe mu myaka ya 1970, yeguye muri Zanu-PF mu cyumweru gishize, avuga ko uburyo bwa gisirikare bwakoreshejwe mu kweguza Mugabe bunyuranije n’Itegeko Nshinga.

Umunyamakuru wa BBC uri mu Murwa Mukuru Harare yatangaje ko abantu benshi bizeye ko Mugabe n’abandi baminisitiri bayoboranaga bagiye gukorera hamwe bagashinga ishyaka rigomba guhangana na Perezida uyobora Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka.

Umuyobozi muri Guverinoma ya Zimbabwe utashatse kwivuga amazina, yabwiye ikinyamakuru Herald cyo muri Zimbabwe ati “Mu by’ukuru icyo bishatse kuvuga ni uko Mugabe wahoze ari Perezida ari gutera intambwe ashaka kongera kugaruka yihishe inyuma y’uriya muntu Brig. Ambrose Mutinhiri”

Gusa mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Brig, Mutinhiri yasobanura ko yasuye Mugabe mu rwego rwo kumushimira no kumusaba ko bakorana kuko amubonamo ubushobozi.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Ubwanditsi 07 Jul 2024
Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Ubwanditsi 31 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN  na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU
ITOHOZA

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Ubwanditsi 04 Dec 2021
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru