• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018 POLITIKI

Ubuyobozi b’ishyaka National Patriotic Front (NPF) ryiyomoye kuri Zanu-PF, bwatangaje ko bwasuye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Robert Mugabe, uheruka kweguzwa mu buryo butunguranye, bukamugaragariza ko ari umunyapolitiki mwiza ku buryo bushobora kumutanga nk’umukandida uzarihagararira mu matora ya Perezida ataha.

Mu Ugushyingo 2017 nibwo byemejwe ko Robert Mugabe atakiri Perezida wa Zimbabwe mu gihe yari amaze imyaka isaga 37 ayobora.

Uyu mukambwe w’imyaka 94, yabanje gufungirwa mu rugo n’igisirikare bitaremezwe ko ari umugambi wo kumuhirika, ku wa 21 Ugushyingo nibwo ibaruwa y’ubwegure bwe yasomewe Inteko Ishinga Amategeko yari iri mu myiteguro yo kumweguza ku gahato, isomwa n’umuyobozi wayo, Jacob Mudenda.

BBC yatangaje ko umwe mu bahoze ari abasirikare bakomeye akaza gusezererwa witwa Brig. Ambrose Mutinhiri, yagaragaje ifoto ari kumwe na Robert Mugabe, avuga ko yamusuye mu rugo iwe, akamumenyesha amakuru y’uko agomba guhagararira ishyaka ryabo mu matora ya Perezida ataha.

Brig Mutinhiri, umwe mu bafatanyije na Robert Mugabe mu rugamba rwo kubohora Zimbabwe mu myaka ya 1970, yeguye muri Zanu-PF mu cyumweru gishize, avuga ko uburyo bwa gisirikare bwakoreshejwe mu kweguza Mugabe bunyuranije n’Itegeko Nshinga.

Umunyamakuru wa BBC uri mu Murwa Mukuru Harare yatangaje ko abantu benshi bizeye ko Mugabe n’abandi baminisitiri bayoboranaga bagiye gukorera hamwe bagashinga ishyaka rigomba guhangana na Perezida uyobora Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka.

Umuyobozi muri Guverinoma ya Zimbabwe utashatse kwivuga amazina, yabwiye ikinyamakuru Herald cyo muri Zimbabwe ati “Mu by’ukuru icyo bishatse kuvuga ni uko Mugabe wahoze ari Perezida ari gutera intambwe ashaka kongera kugaruka yihishe inyuma y’uriya muntu Brig. Ambrose Mutinhiri”

Gusa mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Brig, Mutinhiri yasobanura ko yasuye Mugabe mu rwego rwo kumushimira no kumusaba ko bakorana kuko amubonamo ubushobozi.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Ubwanditsi 17 Jul 2025
U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida
IKORANABUHANGA

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda
Amakuru

Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Ubwanditsi 19 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru