• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abatari bake bahanze amaso icyo Zuma avuga ku cyemezo cya ANC cyo kumweguza

Abatari bake bahanze amaso icyo Zuma avuga ku cyemezo cya ANC cyo kumweguza

Ubwanditsi 14 Feb 2018 POLITIKI

Nyuma y’uko Ishyaka ANC riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rihaye Perezida Jacob Zuma amasaha 48 ngo abe yeguye, abatari bake bakomeje gutegerezanya amatsiko icyo aza kubivuga.

Ku wa Kabiri nibwo umwe mu bayobozi ba ANC yatangaje ko Komite Nyobozi yafashe icyemezo cyo gukura Zuma ku butegetsi, ibi bikaba byaragezweho nyuma y’umwiherero wamaze amasaha 13.

Zuma wagiye ku butegetsi mu 2009, yagiye ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo na ruswa ndetse inshuro nyinshi abaturage n’abandi batavuga rumwe na leta bakoze imyigaragambyo bamusaba kwegura.

Nubwo yagiye akomeza kubabera ibamba ariko inkundura yo kumweguza yafashe indi ntera mu Ukuboza umwaka ushize, ubwo Cyril Ramaphosa usanzwe ari Visi Perezida wa Afurika y’Epfo, atorewe kumusimbura ku buyobozi bw’ishyaka rya ANC.

Umunyabanga Mukuru wa ANC, Ace Magashule yavuze ko Komite Nyobozi, NEC yemeje ko kweguza Zuma bikwiye gukorwa mu buryo bwihuse kuko byagaragaye ko igihugu gikeneye kubakira ku cyizere gishya cyaje nyuma y’itorwa rya Ramaphosa nk’umuyobozi wa ANC.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabyanditse, Magashule yakomeje avuga ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo hategereje igisubizo cya Zuma, nubwo nta gihe ntarengwa yahawe.

Ati “Iyo duhamagaye intumwa zacu, tuba twiteze ko intumwa zacu zikora ibyo zisabwe.”

ANC isabye Zuma kwegura, mu gihe abatavuga rumwe na leta batahwemye kugaragaza ko adakwiye kuyobora igihugu, aho ishyaka Democratic Alliance n’andi mashyaka yajyanye ubusabe mu Nteko Ishinga Amategeko asaba ko batora umwanzuro wo kumukuraho icyizere.

Zuma ashinjwa ibyaha bya ruswa, gukoresha umutungo wa leta mu kubaka inzu ye bwite, umubano n’umuryango w’abacuruzi b’abahinde bitwa Gupta bifashisha amafaranga mu gutuma ibyemezo bya guverinoma bibogama.

Nubwo nta tegeko na rimwe ritegeka Zuma kwemera icyifuzo cy’ishyaka rye, kutumva ubusabe bwa ANC bishobora gutuma rihagarika kumushyigikira, ububasha bwo kumweguza bukajya mu maboko y’Inteko Ishinga Amategeko.

Igihe yaramuka yemeye kwegura, Itegeko Nshinga riteganya ko na guverinoma yose ivaho, Perezida w’Inteko akaba ari we uyobora by’abateganyo mu gihe hari gutegurwa itora rya perezida mushya.

2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025
Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora
POLITIKI

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!
Amakuru

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.
INKURU NYAMUKURU

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru