• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Editorial 25 Jun 2018 POLITIKI

Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, yatumije Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ngo asobanure ibyo Guverinoma iteganya gukora mu kongerera abaturage ubumenyi ku bijyanye no kuboneza urubyaro ndetse no gutuma bose bagerwaho n’uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro.

Abasenateri bafashe iki cyemezo nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo ya Sena ishinzwe imibereho myiza, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage.

Muri Gashyantare na Mata uyu mwaka, iyi Komisiyo yasuzumye ibyo Guverinoma irimo gukora mu gushishikariza Abanyarwanda kuboneza urubyaro, iyigaragariza Sena mu cyumweru gishize.

Umuyobozi w’iyi komisiyo, Gallican Niyongana, yabwiye The New Times ko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, azasabwa gusobanura icyo Guverinoma izakora mu igenamigambi, ihuzabikorwa no gutera inkunga gahunda zo kuboneza urubyaro.

Yagize ati “Turashaka kwizera ko gahunda zo kuboneza urubyaro ziri mu by’ibanze mu bikorwa byose bya Guverinoma.”

Mu cyerekezo 2020 cya Guverinoma, biteganyijwe ko abaturage biyongeraho 2.2% ku mwaka ndetse n’ikigero cy’uburumbuke kikaba abana batatu ku mugore bavuye ku bana 4.2 ku mugore.

Senateri Niyongana avuga ko kugabanya ikigero cy’uburumbuke ku mugore bisaba ko Guverinoma ishora imari mu kwigisha ku buzima bw’imyororokere kandi abaturage bakagerwaho ku bwinshi na serivisi zo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe kuri ubu Abanyarwanda bangana na 19% bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro batazibona.

Yakomeje agira ati “Kuboneza urubyaro ni inkingi y’iterambere. Mu byiciro byose yaba ubukungu, imibereho myiza, umutekano, imiturire ndetse no kurengera ibidukikije, ntacyo wageraho utitaye ku kuboneza urubyaro.”

Ubwiyongere bw’abaturage mu Rwanda buri kuri 2.6% buri mwaka, naho 47% by’Abanyarwanda bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro bakaba bakoresha uburyo bugezweho bwo kwirinda gusama.

Gahunda yo kuboneza urubyaro yemejwe na Guverinoma mu 2012 yari uko 70% baba bakoresha uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro mu 2016. Guverinoma kandi yasezeranyije abaturage ko mu 2020 serivisi zo kuboneza urubyaro zizaba ziri mu midugudu yose uko ari 14 841 hari n’abajyanama b’ubuzima 45 000 bafasha abaturage kuzihabwa.

Gusa Komisiyo ya Sena yasanze abajyanama b’ubuzima badatanga serivisi zose zo kuboneza urubyaro zikenewe ku buryo akenshi abaturage basabwa kujya ku bigo nderabuzima rimwe na rimwe biba biri kure y’aho batuye.

Abasenateri kandi bagaragaza impungenge zo kuba ingengo y’imari ishyirwa muri serivisi zo kuboneza urubyaro ishingiye ku nkunga z’amahanga. Bavuga ko bidakunze kubaho ko uturere dushyira mu ngengo y’imari iyi gahunda, ugasanga twibanda ku kubaka imihanda n’amashuri.

Buri mwaka 50% bya miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda zikoreshwa mu gutanga serivisi zo kuboneza urubyaro atangwa n’abaterankunga, amenshi akava mu Kigega nterankunga cya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USAID), ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA).

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, yabwiye Abasenateri ko igihugu gikeneye gushora imari muri gahunda yo kuboneza urubyaro niba gishaka kugera ku ntego z’iterambere cyiyemeje.

Murangwa yavuze ko imicungire myiza y’ubwiyongere bw’abaturage itoroshye ariyo mpamvu uburyo bwo kuboneza urubyaro bugomba gushyirwamo ingufu.

U Rwanda ruteganya ko mu 2050 ruzaba ruri mu bihugu bikize, aho buri muturage azaba yinjiza arenga 12000 by’amadolari ku mwaka kandi ariho mu buzima bwiza. Inzobere zigaragaza ko kugera kuri iyi ntego bisaba ishoramari rikomeye muri gahunda zo kuboneza urubyaro.

2018-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Editorial 24 Mar 2018
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Editorial 16 Sep 2024
USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton

USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton

Editorial 27 Sep 2016
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Editorial 12 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu
Mu Mahanga

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu

Editorial 11 May 2018
Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye

Editorial 07 Aug 2018
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1
Amakuru

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Editorial 11 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru