• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Editorial 11 Oct 2018 POLITIKI

Bobi WineUmuhanzi wo muri Uganda akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko, Robert Kyagulanyi, uzwi nka Bobi Wine, aravuga ko Perezida Museveni ari umuyobozi mubi kurusha Idi Amin wigeze kuyobora iki gihugu. Ni mu kiganiro na televiziyo Citizen kuri uyu wa Gatatu.

Bobi Wine ati: “Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha; yadutegetse nabi igihe kirekire kurusha Idi Amin kandi yangije ibintu byose kurusha uko Amin yabigenje; Idi Amin yari umunyagitugu ariko ntiyigeze asenya ibikorwaremezo, ntiyigeze arebera ruswa,”

Bobi Wine yongeye gusubiramo ibyo yigeze gutangariza mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo yavugaga ko perezida Museveni ari umusinzi w’ubutegetsi kandi ko abamwegereye bose ari abo mu muryango we, abo bahuje ubwoko, ibintu avuga ko byishe ubuyobozi.

Depite Bobi Wine avuga ko yemera ko hari ikiguzi cy’ubuhubutsi bw’igipolisi ariko ashimangira ko yizeye ko hari abantu benshi biteguye kubohora Uganda.

Abajijwe ukuri ko kubangamirwa n’ubutegetsi, yasubije ko yinjiye muri politiki kuvuganira rubanda rukandamijwe kuko azi ibyabaye kuri Kiiza Besigye.

Ati: “Nzi ko abantu benshi banagerageje kuvuga barwanya Museveni, benshi muri bo bashyinguwe kera, n’abandi benshi bari kubabarira mu munyururu, kandi nibyo, abantu nka Dr Kiiza Besigye n’abandi bayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye bahura no guhutazwa.”

Yakomeje avuga ariko ko yizeye ko abaturage bakandamijwe badashobora kuzakandamizwa ubuziraherezo. Ati: “Perezida Museveni hari igihe atari ku butegetsi kandi yavugaga neza nk’uko ndi kuvuga na Perezida Obote buri gihe yaramwirukanaga, Obote ntakiri perezida.”

Yongeyeho ko yizeye ko hagiye kuzabaho igihe Museveni azaba atakiri perezida kandi yizeye ko hari benshi batekereza nkawe. Ati: ‘Turi abantu benshi biyemeje kubona ubwigenge bwabo kandi icyo nicyo dushaka kandi ntituzatuza kubera ikindi kintu. Kubw’ibyo hirengagijwe ubwoba, hirengagijwe guhutazwa, ntabwo tuzatuza.”

Idi Amin wigeze kuyobora Uganda yitabye Imana mu 2003 aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal biherereye I Jeddah. Uyu yashinjwe iyicwa ry’ibihumbi byinshi by’abaturage be mu myaka ya za 70 yaje gupfira muri Arabia Saoudite azize uburwayi.

 

2018-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”

Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”

Editorial 03 Dec 2016
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Editorial 26 Sep 2017
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Editorial 24 Oct 2024
Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Editorial 03 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ugirayezu
    October 11, 20182:18 pm -

    Noneho ubwo arashaka kwita ababeshyi, cyanhwa abagome abamurwanyije? Narwanyije intungane! Hahhhhh! Politiki iramvanga pe!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”
Amakuru

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Editorial 24 Jun 2024
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Editorial 07 May 2018
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano
Mu Mahanga

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru