• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Editorial 04 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire ku ngingo zitandukanye.

Umunyamakuru yibukije perezida Kagame uko yasobanuye ibyagezweho mu bukungu bw’u Rwanda ndetse na gahunda ateganya muri iyi manda nshya yatangiye, abazwa niba adafite impungenge z’abaturanyi bamwe bashobora gutekereza ko u Rwanda ruri kugera kuri byinshi rwonyine, ashaka kugaragaza ko rushobora kugirirwa ishyari, perezida kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho (kugirirwa ishyari), byanabayeho, ariko ko ari yo mpamvu u Rwanda rukomeje kugerageza kubana neza n’abaturanyi uko rushoboye.

Yabajijwe icyo atekereza ku gihugu cya Congo umunyamakuru yise kinini, gifite ubutunzi bwinshi ariko cyangiritse, abazwa uko u Rwanda rwakwifata mu gihe havuka ibibazo nk’uko bikunze kugaragara hakurya y’umupaka umwe cyangwa undi ugasanga abaturage barahungira mu kindi gihugu ku bwinshi, perezida Kagame asubiza ko icyo atari ikibazo cyahangayikisha u Rwanda cyane.

-7784.jpg

RDF, yiteguye guhangana n’ibibazo byaturuka mu Congo

Yavuze ko haramutse habayeho kuza kw’abaturage benshi ba Congo n’ibintu byabo ibyo byakwitabwaho neza n’u Rwanda. Ati: “Ndatekereza ibi bitaba ari icyiza. Dushobora kubyitaho. Nubwo duteganya ko miliyoni 2 z’abaturage zishobora kwambuka…. Dushobora n’ubundi kubyitaho. Kandi nyuma, nzi ko abandi bafasha.

Ntibyaduhungabanya. Ibishobora kuba muri Congo ni ugukonkoboka kandi congo ifite abaturanyi 9; twese bizadukoraho. Tuzagira uruhare rwacu mu kibazo. Ariko ikibazo ikibazo rukumbi nakomeje kugirira impungenge ariko cyagabanyutse cyane ubu, cyari buri gihe umutekano mukeya wari guturuka hariya ukatugiraho ingaruka. Ariko twabyitayeho mu myaka yashize twubaka ubushobozi”.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko mu bihe byahise kwari ukwihimura ku bibazo bimwe byari bihari. Ati: “Ndabivuga gute? Aho kukureka ukazana intambara iwanjye, kandi isenya buri kimwe, ahubwo nakuzanira intambara.”

Umunyamakuru yasabye perezida Kagame kugaruka gato ku ntambara ya M23 aho ngo hagiye havugwa ko u Rwanda rwivanga mu bibazo bya Congo, abaza niba hari ingaruka byagize ku isura y’u Rwanda.

Perezida Kagame yasubije ko byagize ingaruka, avuga uko abantu bagiye bishyiramo Guverinoma y’u Bwongereza bamagana inkunga butera u Rwanda, ndetse ngo hakaba hari n’abavugaga ko inkunga yose butera u Rwanda ijya mu ntambara. Ibintu ngo bidahuye kandi bitari ukuri.

Aha perezida Kagame yagize ati: “Ndibuka igihe kimwe nshwana n’umwe mu baminisitiri hariya, wampamagaye kuri telephone. Yaravuze, oya, tugiye guhagarika inkunga yanyu. Nararakaye maze ndavuga, urabizi, nusubirana ayo mafaranga, ushobora nyabuneka kuyaha Congo? Byibuze ufashishe abakongomani ayo mafaranga yacu. Icya kabiri, mu myaka 23 ishize iyo myaka yose twashinjwaga buri kimwe muri Congo, kugeza ubu, nifuzaga kubona umuntu ushobora kuvuga, oya, wagiye muri Congo kuko washakaga gucukura imitungo kamere, amabuye y’agaciro ngo avuge , ibi nibyo wabonye, ibi nibyo wakoze.”

Umukuru w’igihugu akaba yakomeje avuga ko ahubwo bakwepa ikibazo cya nyacyo ari nacyo u Rwanda rwabagaragarije kuva mu 1994; Ibibazo by’umutekano. Ngo yewe u Rwanda rwanaberekaga ko ari yo mpamvu hashyizweho MONUSCO ngo nayo ihangane n’ibibazo nk’ibyo.

Ati: “Mutubwire icyo babikozeho. Amaherezo byagaragaye ko Loni yari yagiye hariya kwicara muri Congo, naho Umuryango Mpuzamahanga wicaye inyuma wizeye ko Ingabo za Loni ziri kwita ku kibazo.”

Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Congo mu kwezi gushize yatangaje ko amatora ya perezida yari ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka adashobora kuba ahubwo azaba mu mwaka utaha wa 2018. Ni nyuma y’uko perezida Kabila ubusanzwe manda ye ya 2 yarangiye mu Ukuboza 2016, ariko akabasha kumvikana n’abatavuga rumwe nawe bakemeranya ko amatora azaba mu mpera z’uyu mwaka wa 2017.

Uku kongera gusunika amatora rero abakurikiranira hafi ibibera muri iki gihugu baremeza ko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’igihugu mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje gushimangira ko nyuma y’uyu mwaka Kabila atazaba afatwa nka perezida wa Congo. Hakaba hikangwa rero ko hashobora kuvuka imvururu zikomeye zishobora gutuma n’abaturage bata ibyabo.

-7783.jpg

Paerezida Kagame asubiza Umunyamakuru

2017-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2019
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018
Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Editorial 17 Nov 2016
Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Editorial 13 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye
Amakuru

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Editorial 23 Aug 2021
Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?
Amakuru

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Editorial 25 Nov 2022
Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson
Uncategorized

Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson

Editorial 06 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru