• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Editorial 31 Jan 2016 IMIKINO

Les Aigles du Mali, ikipe y’igihugu ya Mali ibonye tike ya ½ nyuma yo gusezerera Tunisia ku bitego 2-1 mu mukino wa ¼ wa CHAN wabereye kuri stade Regionale i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.
-1965.jpg

Abarabu bafite igikombe cy’iri rushanwa cyo mu 2011 begukanye ubwo bitabiraga iri rushanwa ku nshuro imwe rukumbi bariherukagamo, babonye igitego cya mbere ku munota wa 14 w’umukino gitsinzswe na Mohamed Ali Monser ku mupira yahawe na Mohamed Amine Ben Amor.

Mu gice cya kabiri Mali yokeje igitutu Tunisia, ibona uburyo butandukanye bwo kwishyura igitego ariko amahirwe Koita wa Mali yabonye imbere y’izamu rya Tunisia ubugira kabiri, ananirwa kuyabyza umusaruro.

Mali yakomeje kwiharira iminota 20 ibanze y’igice cya kabiri, ikoresheje impande zayo zari ziyobowe na N’Guessan Kouame, Abdoulaye Diarra ndetse na Mamadou Coulibary na Sekou Koita bashakaga ibitego ku ruhande rwa Les Aigles du Mali.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Mamadou Coulibary mu rubuga rw’amahina rwa Tunisia, Zied Boughattas yawukoze maze Mali ibone penaliti yinjijwe neza na Aliou Dieng, banganya igitego 1-1.

Abdoulaye Diarra yashoboraga kubonera Mali igitego cya kabiri ku munota wa 74, ariko ishoti yateye irica hejuru y’izamu rya Rami Jerdi, umuzamu wa Tunisia mu gihe kurundi ruhand Essifi Hichemna we yananiwe kubyaza umusaruro uburyo Tunisia yaboonye imbere y’izamu rya Djigui Diarra.

Abdoulaye Diarra yaje kwikosora ku nshuro yakuriye ubwo ku munota wa 81 w’umukino ku mupira wari uvuye kuri Mamadou Coulibary yateye ishoti ryoroheje maze Rami Jeridi ananirwa kuruhagarika, umupira ujya mu ncundura, Mali iyobora umukino n’ibitego 2-1.

Tunisia yakinnye ishaka kwishyura, yaranzwe no gukora amakosa menshi ndetse byari kuyiviramo gutsindwa igitego cya gatatu ku munota wa 82 ariko Jeridi akuramo n’ibpfunsi umupira wari utewe na Sekou Koita kuri coup-franc.

Tunisia yongeye kurokorwa na Jeridi ku munota wa 87 kuri coup-franc yatewe na Lassana Samake ariko kubw’amahirwe uyu munyezamu akozaho ikirenge, umupira ugana muri koruneli.

Ku guhererekanya kwiza hagati ya Akaichi na Essifi, Tunisia yashoboraga kwishyura mu minota y’inyongera, ariko umupira wa Ben Amor ufatwa neza na Djigui Diarra, Tunisia isezererwa itageze muri 1/2.

Uyu mukino, ugiye gukurikirwa n’uhuza Guinea na Zambia kuri stade Umuganda mu karere ka Rubavu, saa

ubu zikaba zigeze kuma penariti turabangezaho ikitsinze mukanya.

M.Fils

2016-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Editorial 06 Jun 2024
Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi

Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi

Editorial 14 Sep 2022
FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo

FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo

Editorial 30 Nov 2016
Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Editorial 01 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru