• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Editorial 20 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Perezida wa Botswana, Ian Khama, asanga perezida Robert Mugabe akwiye kureka kugerageza kuguma ku butegetsi nyuma y’aho igisirikare kimushyiriye ku ruhande kuko ngo nta bufasha bwa dipolomasi azabona mu karere. Yaboneyeho kumwibutsa ko ari abaperezida atari abami nta muperezida ukwiye kumara imyaka ingana nk’iyo amaze ku butegetsi.

Iki gikorwa cy’igisirikare cya Zimbabwe, perezida Khama avuga ko gishobora guharurira iki gihugu inzira igana ku ishyirwaho rya guverinoma y’ubumwe bw’igihugu nyuma y’imyaka 37 Mugabe ari ku butegetsi ndetse ngo akaba yageza Zimbabwe ku mahoro n’iterambere rirambye.

Perezida Khama nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, yakomeje agira ati: “Sintekereza ko hari umuntu ukwiye kuba perezida igihe kingana kuriya. Turi ba perezida, ntabwo turi abami.”

Hagati aho, Abanya-Zimbabwe baba muri Afurika y’Epfo baravuga ko batazabona Mugabe avuye ku butegetsi bagasubira iwabo kubaka igihugu cyabo.

Kuri uyu wa gatandatu, aba baturage ba Zimbabwe baba mu mujyi wa Johannesburg bakoze imyigaragambyo yo kwamagana perezida Mugabe aho ibyapa bari bafite byari byanditseho ngo Mugabe agomba kugenda ari nako baririmba bagira bati “Mugabe agomba kugwa”.

Bivugwa ko muri iki gihugu cya Afurika y’Epfo haba milliyoni z’Abanya-Zimbabwe, bamwe bahabaye mu buryo buzwi n’abandi bahaba mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Benshi muri aba ngo bahageze bahunze ibibazo by’ubukungu byatumye batabasha kwita ku miryango yabo no kwiyitaho ubwabo.

2017-11-20
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Editorial 25 Jun 2018
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Editorial 25 Jun 2020
Ingabo za Kayumba,  zahuye n’uruva gusenya muri RDC-Congo

Ingabo za Kayumba,  zahuye n’uruva gusenya muri RDC-Congo

Editorial 26 Jun 2019
Umurambo wa Radio washyinguwe  iwabo mu cyaro i Wakiso

Umurambo wa Radio washyinguwe iwabo mu cyaro i Wakiso

Editorial 03 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome
Amakuru

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Editorial 21 Jan 2025
Umunsi hagize uwibeshya akatwishoraho, ntabwo azasubira aho yaturutse – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Umunsi hagize uwibeshya akatwishoraho, ntabwo azasubira aho yaturutse – Kagame

Editorial 12 Dec 2018
USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora
POLITIKI

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Editorial 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru