• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Editorial 29 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Samuel Baker wakoreraga impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mu birebana n’ubukungu mu Bwongereza, ariko akaba yari mu biruhuko mu Bufaransa, yarohamye mu bwogero (piscine), yitaba Imana.

Baker yari Impuguke mu by’ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ahava muri Nzeri yerekeza mu Bwongereza aho yatangiye kwiga muri City, University of London mu Ukwakira 2018.

Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’uwitwa Twahirwa aho abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko umuryango wa Baker umaze kumenyeshwa ko yitabye Imana arohamye.

Iyi nkuru yababaje abarimo Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, aho nawe yifashishije Twitter ahamya ko igihugu kibuze umuntu w’umuhanga.

Ati “ Birababaje cyane. Samuel yari umwe mu basore b’abahanga, bakora cyane kandi bafite ibitekerezo byubaka nigeze guhura nabo. Ni igihombo gikomeye ku gihugu. Ku muryango wa Samuel turabasengera kandi twifatanyije namwe.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na iDebate yabereye umuyobozi ushinzwe gahunda mu 2013 ndetse akaba n’umwe mu bashinze iki kigo gitegura ibiganiro mpaka bigamije kwigisha, rivuga ko Baker wari ufite imyaka 25 gusa iteka yarose kugira uruhare mu mpinduka z’igihugu cye.

Ibi ngo ni nabyo byatumye areka akazi k’ubusesenguzi yari afite muri banki ya J.P.Morgan yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, maze muri Kanama 2017 agatangira gukora muri BNR nk’ impuguke mu bukungu mu Ishami rishinzwe politiki y’ifaranga n’ubushakashatsi, nyuma y’aho akaza kwimukira mu biro bya Guverineri.

Urubuga rwe rwa LinkedIn rugaragaza ko uretse amasomo, yanakoraga mu kigo IHS Markit cyo mu Bwongereza.

Samuel Baker yanditse inyandiko nyinshi zirimo izavugaga ku mpamvu Afurika ikeneye pasiporo imwe, uburyo ikoranabuhanga ryahindura byinshi mu bukungu bwa Afurika n’ibindi. Apfuye amaze gusohora inyandiko ivuga ku mabanki y’ibihugu n’ifaranga ryo mu ikoranabuhanga.

Icyiciro cya Gatatu cya kaminuza yacyize muri Stractclyde Business School muri Scotland, anahatangiriza ihuriro rya mbere ryahurije hamwe abanyeshuri biga ku mbogamizi n’impinduka mu bucuruzi ryiswe Glasgow Business Summit.

Benshi bashenguwe n’urupfu rwa Samuel Baker

Umunyarwanda Samuel Baker yitabye Imana nyuma yo kurohama muri ‘piscine’

Abarimo Guverineri wa BNR, John Rwangombwa bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Baker

Bose bahuriza ku kuba ejo he hari kuzaba heza cyane

iDebate yabereye umuyobozi ndetse akaba n’umwe mu bayishinze yavuze ko yari umusore ufite icyerecyezo cyo kugeza igihugu cye kure

Mu bagize icyo bamuvugaho harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali

Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza nawe ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Baker

Abari bamuzi bahamije ko hari byinshi bamwigiyeho

2018-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Editorial 17 Mar 2024
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Editorial 04 May 2024
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Editorial 30 Oct 2019
Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Editorial 30 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare
INKURU NYAMUKURU

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Editorial 18 Jul 2018
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo
Amakuru

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Editorial 04 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru