• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Ubwanditsi 29 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Samuel Baker wakoreraga impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mu birebana n’ubukungu mu Bwongereza, ariko akaba yari mu biruhuko mu Bufaransa, yarohamye mu bwogero (piscine), yitaba Imana.

Baker yari Impuguke mu by’ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ahava muri Nzeri yerekeza mu Bwongereza aho yatangiye kwiga muri City, University of London mu Ukwakira 2018.

Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’uwitwa Twahirwa aho abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko umuryango wa Baker umaze kumenyeshwa ko yitabye Imana arohamye.

Iyi nkuru yababaje abarimo Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, aho nawe yifashishije Twitter ahamya ko igihugu kibuze umuntu w’umuhanga.

Ati “ Birababaje cyane. Samuel yari umwe mu basore b’abahanga, bakora cyane kandi bafite ibitekerezo byubaka nigeze guhura nabo. Ni igihombo gikomeye ku gihugu. Ku muryango wa Samuel turabasengera kandi twifatanyije namwe.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na iDebate yabereye umuyobozi ushinzwe gahunda mu 2013 ndetse akaba n’umwe mu bashinze iki kigo gitegura ibiganiro mpaka bigamije kwigisha, rivuga ko Baker wari ufite imyaka 25 gusa iteka yarose kugira uruhare mu mpinduka z’igihugu cye.

Ibi ngo ni nabyo byatumye areka akazi k’ubusesenguzi yari afite muri banki ya J.P.Morgan yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, maze muri Kanama 2017 agatangira gukora muri BNR nk’ impuguke mu bukungu mu Ishami rishinzwe politiki y’ifaranga n’ubushakashatsi, nyuma y’aho akaza kwimukira mu biro bya Guverineri.

Urubuga rwe rwa LinkedIn rugaragaza ko uretse amasomo, yanakoraga mu kigo IHS Markit cyo mu Bwongereza.

Samuel Baker yanditse inyandiko nyinshi zirimo izavugaga ku mpamvu Afurika ikeneye pasiporo imwe, uburyo ikoranabuhanga ryahindura byinshi mu bukungu bwa Afurika n’ibindi. Apfuye amaze gusohora inyandiko ivuga ku mabanki y’ibihugu n’ifaranga ryo mu ikoranabuhanga.

Icyiciro cya Gatatu cya kaminuza yacyize muri Stractclyde Business School muri Scotland, anahatangiriza ihuriro rya mbere ryahurije hamwe abanyeshuri biga ku mbogamizi n’impinduka mu bucuruzi ryiswe Glasgow Business Summit.

Benshi bashenguwe n’urupfu rwa Samuel Baker

Umunyarwanda Samuel Baker yitabye Imana nyuma yo kurohama muri ‘piscine’

Abarimo Guverineri wa BNR, John Rwangombwa bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Baker

Bose bahuriza ku kuba ejo he hari kuzaba heza cyane

iDebate yabereye umuyobozi ndetse akaba n’umwe mu bayishinze yavuze ko yari umusore ufite icyerecyezo cyo kugeza igihugu cye kure

Mu bagize icyo bamuvugaho harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali

Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza nawe ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Baker

Abari bamuzi bahamije ko hari byinshi bamwigiyeho

2018-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day
Amakuru

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021
Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)
INKURU NYAMUKURU

Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru