• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Ubwanditsi 29 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Samuel Baker wakoreraga impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mu birebana n’ubukungu mu Bwongereza, ariko akaba yari mu biruhuko mu Bufaransa, yarohamye mu bwogero (piscine), yitaba Imana.

Baker yari Impuguke mu by’ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ahava muri Nzeri yerekeza mu Bwongereza aho yatangiye kwiga muri City, University of London mu Ukwakira 2018.

Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’uwitwa Twahirwa aho abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko umuryango wa Baker umaze kumenyeshwa ko yitabye Imana arohamye.

Iyi nkuru yababaje abarimo Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, aho nawe yifashishije Twitter ahamya ko igihugu kibuze umuntu w’umuhanga.

Ati “ Birababaje cyane. Samuel yari umwe mu basore b’abahanga, bakora cyane kandi bafite ibitekerezo byubaka nigeze guhura nabo. Ni igihombo gikomeye ku gihugu. Ku muryango wa Samuel turabasengera kandi twifatanyije namwe.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na iDebate yabereye umuyobozi ushinzwe gahunda mu 2013 ndetse akaba n’umwe mu bashinze iki kigo gitegura ibiganiro mpaka bigamije kwigisha, rivuga ko Baker wari ufite imyaka 25 gusa iteka yarose kugira uruhare mu mpinduka z’igihugu cye.

Ibi ngo ni nabyo byatumye areka akazi k’ubusesenguzi yari afite muri banki ya J.P.Morgan yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, maze muri Kanama 2017 agatangira gukora muri BNR nk’ impuguke mu bukungu mu Ishami rishinzwe politiki y’ifaranga n’ubushakashatsi, nyuma y’aho akaza kwimukira mu biro bya Guverineri.

Urubuga rwe rwa LinkedIn rugaragaza ko uretse amasomo, yanakoraga mu kigo IHS Markit cyo mu Bwongereza.

Samuel Baker yanditse inyandiko nyinshi zirimo izavugaga ku mpamvu Afurika ikeneye pasiporo imwe, uburyo ikoranabuhanga ryahindura byinshi mu bukungu bwa Afurika n’ibindi. Apfuye amaze gusohora inyandiko ivuga ku mabanki y’ibihugu n’ifaranga ryo mu ikoranabuhanga.

Icyiciro cya Gatatu cya kaminuza yacyize muri Stractclyde Business School muri Scotland, anahatangiriza ihuriro rya mbere ryahurije hamwe abanyeshuri biga ku mbogamizi n’impinduka mu bucuruzi ryiswe Glasgow Business Summit.

Benshi bashenguwe n’urupfu rwa Samuel Baker

Umunyarwanda Samuel Baker yitabye Imana nyuma yo kurohama muri ‘piscine’

Abarimo Guverineri wa BNR, John Rwangombwa bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Baker

Bose bahuriza ku kuba ejo he hari kuzaba heza cyane

iDebate yabereye umuyobozi ndetse akaba n’umwe mu bayishinze yavuze ko yari umusore ufite icyerecyezo cyo kugeza igihugu cye kure

Mu bagize icyo bamuvugaho harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali

Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza nawe ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Baker

Abari bamuzi bahamije ko hari byinshi bamwigiyeho

2018-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.
INKURU NYAMUKURU

Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016
POLITIKI

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!
Amakuru

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru