• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup   |   15 Aug 2022

  • Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi   |   12 Aug 2022

  • Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!   |   11 Aug 2022

  • Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe   |   10 Aug 2022

  • Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti   |   09 Aug 2022

  • Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games   |   08 Aug 2022

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umugore witwa Juliet Hatanga, usanzwe ari umunyamategeko muri Uganda yavuze iby’agahinda yatewe no kwangirwa kurara muri hoteli yo mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa, azira kuba aturuka mu gihugu cya Uganda.

Amahoteli ni kimwe mu bintu uyu mujyi ukungahayeho ariko bivugwa ko polisi yo mu Bushinwa yabujije kwakira no gucumbikira abashyitsi baturutse muri Uganda, Nigeria na Kenya.

Mu kiganiro yagiranye na BBC akigera muri Uganda, Juliet Hatanga yasobanuye ko akigera aho bakirira abashyitsi muri iyi hoteli, bamubajije ibyangombwa basanga ari Umunya-Uganda, bakanga kumuha icumbi kandi yari yararisabye mbere baranarimwemereye.

Ati “Narahageze baramfungurira mbabwira amazina yanjye barareba babona ko nari nafashe icyumba, bambaza pasiporo yanjye barambwira ngo mbababarire ntabwo banyakira, mbajije impamvu bambwira ko bafite ibwiriza bahawe na polisi batagomba kwakira umuntu uturutse Uganda.”

Yakomeje avuga ko yabatakambiye akababaza niba nta handi bamushyira akabona aho arara, ngo bahise bamwereka ku ikarita igaragaza amahoteli ari muri Guangzhou bamurangira mu birometero 50, aho ashobora kubona indi hoteli idaha akato abaturutse muri ibi bihugu.

Muri izi hoteli ariko ngo iyo umuntu ari umwirabura ufite ubwengegihugu bwa Amerika na pasiporo yabo ntabwo ahabwa akato.

Juliet avuga kandi ko bishoboka ko hari umuntu uturuka muri ibi bihugu wakoze ibyaha ari nayo mpamvu abandi babigenderamo.

Ati “Uko bigaragara hari umuntu ukekwaho ibyaha muri iki gihugu ashobora kuba ari Umunya-Uganda, Nigeria cyangwa Umunya-Kenya. Ibyo bihugu byose batagendeye ku kuba uri umugabo cyangwa umugore kubera ko umuntu ukukiranyweho icyaha ari uwo muri kimwe muri ibyo bihugu twese tukagerwaho n’ingaruka.”

Juliet Hatanga yavuze ko yahise ahamagara kuri ambasade ya Uganda iri muri iki gihugu bakamufasha kubona aho kurara ariko nabwo ngo byamusabye gukora urugendo no gukora ibyo atari yateguye.

Nyuma yahoo ngo hari inshuti ye yamwoherereje ifoto igaragaza urutonde rw’amahoteli muri uyu mujyi atajya yakira abirabura.

Uyu mugore yavuze ko yababajwe cyane n’uburyo yahawe akato muri iki gihugu kandi Abashinwa bari muri Uganda bakirwa neza, Perezida akaborohereza mu kwishyura imisoro bakanahabwa ubutaka n’ibindi.

Ati “Ndakeka ari irondaruhu rikomeye ntabwo nkeka ko ibihugu byakubaka umubano wabyo. Ariko mu by’ukuri ntabwo nkeka ko nazasubira muri kiriya gihugu”.

Raporo iherutse gusohorwa n’ikinyamakuru Business Wire yagaragaje ko muri 2015, u Bushinwa bwazaga ku mwanya wa kane ku Isi mu bihugu bisurwa cyane na ba mukerarugendo, aho cyakiraga abagera kuri miliyoni 56.9 ku mwaka.

2018-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2019
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Editorial 31 Mar 2018
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Editorial 25 Dec 2019
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Editorial 16 Apr 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    August 8, 20188:17 am -

    Ibyo ni bike mu ngaruka muzabona zituruka kuri aba babyamahanga mukurura mukabaha avantages zose ahanini mushorewe nibifu byanyu aho kwita ku nyungu zizagera no kubuzukuru banyu. Reka binjire vabyare bororoke ubundi uzabona uko bazazengereza abuzukuru bacu. Cyane ko bafite imbaraga zamafaranga kandi zizarushaho kwiyongera ariko bubaka nubushobozi bwo kuyarinda. Gusa ntakundi twagushje ishyano kuri Africa kugira abategetsi banga bene wabo nabo batiretse. Muzabona ibimeze nka apartheid mu myaka 💯 iri imbere kandi biri gutegurwa nabategetsi dufite ubu. Shame on you

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

20 Jul 2022
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

07 Jul 2022
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru