• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Ubwanditsi 07 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umugore witwa Juliet Hatanga, usanzwe ari umunyamategeko muri Uganda yavuze iby’agahinda yatewe no kwangirwa kurara muri hoteli yo mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa, azira kuba aturuka mu gihugu cya Uganda.

Amahoteli ni kimwe mu bintu uyu mujyi ukungahayeho ariko bivugwa ko polisi yo mu Bushinwa yabujije kwakira no gucumbikira abashyitsi baturutse muri Uganda, Nigeria na Kenya.

Mu kiganiro yagiranye na BBC akigera muri Uganda, Juliet Hatanga yasobanuye ko akigera aho bakirira abashyitsi muri iyi hoteli, bamubajije ibyangombwa basanga ari Umunya-Uganda, bakanga kumuha icumbi kandi yari yararisabye mbere baranarimwemereye.

Ati “Narahageze baramfungurira mbabwira amazina yanjye barareba babona ko nari nafashe icyumba, bambaza pasiporo yanjye barambwira ngo mbababarire ntabwo banyakira, mbajije impamvu bambwira ko bafite ibwiriza bahawe na polisi batagomba kwakira umuntu uturutse Uganda.”

Yakomeje avuga ko yabatakambiye akababaza niba nta handi bamushyira akabona aho arara, ngo bahise bamwereka ku ikarita igaragaza amahoteli ari muri Guangzhou bamurangira mu birometero 50, aho ashobora kubona indi hoteli idaha akato abaturutse muri ibi bihugu.

Muri izi hoteli ariko ngo iyo umuntu ari umwirabura ufite ubwengegihugu bwa Amerika na pasiporo yabo ntabwo ahabwa akato.

Juliet avuga kandi ko bishoboka ko hari umuntu uturuka muri ibi bihugu wakoze ibyaha ari nayo mpamvu abandi babigenderamo.

Ati “Uko bigaragara hari umuntu ukekwaho ibyaha muri iki gihugu ashobora kuba ari Umunya-Uganda, Nigeria cyangwa Umunya-Kenya. Ibyo bihugu byose batagendeye ku kuba uri umugabo cyangwa umugore kubera ko umuntu ukukiranyweho icyaha ari uwo muri kimwe muri ibyo bihugu twese tukagerwaho n’ingaruka.”

Juliet Hatanga yavuze ko yahise ahamagara kuri ambasade ya Uganda iri muri iki gihugu bakamufasha kubona aho kurara ariko nabwo ngo byamusabye gukora urugendo no gukora ibyo atari yateguye.

Nyuma yahoo ngo hari inshuti ye yamwoherereje ifoto igaragaza urutonde rw’amahoteli muri uyu mujyi atajya yakira abirabura.

Uyu mugore yavuze ko yababajwe cyane n’uburyo yahawe akato muri iki gihugu kandi Abashinwa bari muri Uganda bakirwa neza, Perezida akaborohereza mu kwishyura imisoro bakanahabwa ubutaka n’ibindi.

Ati “Ndakeka ari irondaruhu rikomeye ntabwo nkeka ko ibihugu byakubaka umubano wabyo. Ariko mu by’ukuri ntabwo nkeka ko nazasubira muri kiriya gihugu”.

Raporo iherutse gusohorwa n’ikinyamakuru Business Wire yagaragaje ko muri 2015, u Bushinwa bwazaga ku mwanya wa kane ku Isi mu bihugu bisurwa cyane na ba mukerarugendo, aho cyakiraga abagera kuri miliyoni 56.9 ku mwaka.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Sep 2019
Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    August 8, 20188:17 am -

    Ibyo ni bike mu ngaruka muzabona zituruka kuri aba babyamahanga mukurura mukabaha avantages zose ahanini mushorewe nibifu byanyu aho kwita ku nyungu zizagera no kubuzukuru banyu. Reka binjire vabyare bororoke ubundi uzabona uko bazazengereza abuzukuru bacu. Cyane ko bafite imbaraga zamafaranga kandi zizarushaho kwiyongera ariko bubaka nubushobozi bwo kuyarinda. Gusa ntakundi twagushje ishyano kuri Africa kugira abategetsi banga bene wabo nabo batiretse. Muzabona ibimeze nka apartheid mu myaka ? iri imbere kandi biri gutegurwa nabategetsi dufite ubu. Shame on you

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo  FAS (Forces Armees Secesionistes )
ITOHOZA

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia
Amakuru

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia
IMIKINO

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru