• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Editorial 14 Aug 2017 Mu Rwanda

U Rwanda na Repubulika ya Congo bigiye kujya byohererezanya abakekwaho ibyaha n’abahamwe nabyo, nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje burundu amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano yashyirizweho umukono i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, ku wa 9 Ugushyingo 2013, ariko amategeko abigena agateganya ko iryo hererekanya ry’abanyabyaha ribanza kwemezwa mu nteko z’ibyo bihugu.

Nkuko The East African yabyanditse, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha.

Yagize ati “Mu myaka 10 ishize twohereje ibirego n’ubusabe bwo kutwoherereza abakekwaho ibyaha 15 muri Congo, turizera ko aya masezerano azabyihutisha.”
Akomeza avuga ko ubusabe bwose batanze ari ubw’abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yavuze ko bizafasha u Rwanda cyane cyane mu kwihutisha kuzana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bari muri Repubulika ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rufitemo inyungu cyane cyane muri aya masezerano kuko nk’uko mubizi, hari abantu tugishakisha bakoze ibyaha bya Jenoside hano mu Rwanda na n’ubu bakihishahisha hirya no hino mu bindi bihugu, muri byo harimo na Congo.”

Aya masezerano azakuraho inzitizi z’amategeko zajyaga zibaho, aho hari aho bajyaga bashaka kuzana abakekwaho ibyaha cyangwa abashaka kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda cyangwa muri Congo ariko bikabangamirwa n’uko nta masezeraho yo guhererekanya abanyabyaha ariho.

Ibihugu bitandukanye byanze kohereza mu Rwanda abakekwaho Jenoside ku mpamvu zirimo ko nta masezerano bifitanye na rwo agenga icyo gikorwa.

Imibare ya Minisiteri ishinzwe ibiza no gucyura impunzi (Midimar), igaragaza ko muri Congo habarurwa impunzi z’abanyarwanda bagera ku bihumbi 10.

Kugeza ubu Congo nta wukekwaho ibyaha bya Jenoside irohereza mu Rwanda cyangwa ngo imuburanishe, icyakora yataye muri yombi babiri bashakishwaga n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR).

Abo ni Jean-Baptiste Gatete wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Murambi mu yahoze ari Byumba na Ildephonse Hategekimana wahoze ari umusirikare mu ngabo zatsinzwe bombi bakatiwe gufungwa burundu.

Abategetsi ba Repubulika ya Congo bigeze gutangaza ko barimo gushaka Protais Mpiranya wahoze ari umuyobozi w’umutwe warindaga Habyarimana.

-7602.jpg


Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha

2017-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Editorial 21 Jul 2017
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Editorial 17 May 2017
Akanyamuneza , Amasengesho,  Gusabana no kwidagadura  mu gitaramo cya Noheri

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Editorial 25 Dec 2017
RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Editorial 04 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda
Amakuru

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Editorial 05 Oct 2021
Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150
ITOHOZA

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Editorial 06 Sep 2016
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora
Mu Rwanda

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru