Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma y’u Rwanda n’ikipe ya FC Bayern Munich bongereye amasezerano y’imyaka itatu (2025–2028).
Ni amasezerano agamije guteza imbere impano nshya mu mupira w’amaguru no kurushaho gushimangira ubufatanye busanzweho hagati y’impande zombi.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Jan-Christian Dreesen, Umuyobozi Mukuru wa FC Bayern Munich, yagize ati:
“Mu biganiro byubaka twagiranye ku cyerekezo cy’ahazaza, twemeranyije ko igice cyihariye cy’ubu bufatanye ari ibikorwa byacu byo guteza imbere impano dukorera i Kigali binyuze muri FC Bayern Academy”.
Twiyemeje rero guhindura ubu bufatanye bukaba gahunda yihariye yo gushakisha no guteza imbere impano, no kwagura FC Bayern Academy i Kigali, aho ifite intego za siporo n’imibereho myiza. Ibi bikaba bihuye neza n’intego zacu zo guteza imbere impano z’abakinnyi muri Afurika.”
Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Development Board (RDB), nawe yagize ati: “Intsinzi ya FC Bayern Academy i Kigali ni urugero rufatika rw’ibishobora kugerwaho n’ubufatanye bwa siporo bushingiye ku igenamigambi.”.
“Tugiye kwinjira mu cyiciro gishya, aho tuzibanda ku gushakisha impano, gutanga amahugurwa ku batoza, no kongera ibikorwaremezo bya siporo.”
Ubu bufatanye kandi buzadufasha mu murongo w’intego zacu zo gushyira u Rwanda ku ruhando rw’isi nk’igicumbi cy’ubukerarugendo, ishoramari, na siporo yo ku rwego rwo hejuru.”
Aya masezerano mashya azibanda ku kwagura ibikorwa bya FC Bayern Youth Academy i Kigali, gushyiraho gahunda zifasha urubyiruko kubona amahirwe yo gutozwa ku rwego mpuzamahanga, no gukomeza kumenyekanisha u Rwanda nk’ahantu heza ho gukorera ibikorwa bya siporo n’ishoramari.
Mu minsi ishize, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda Ndayishimiye Barthazar na David Okocebatoranyijwe mu ikipe ya Bayern Munichen y’abari munsi y’imyaka 19 ikaba ihuza abakinnyi baturutse hirya no hino ku isi aho bafite amarerero.
Ubu bufatanye kandi buje nyima yaho u Rwanda rufitanye amasezerano y’ubufatanye n’andi makipe yo ku mugabane w’i Burayi arimo Arsenal yo mu Bwongereza, Atletico Madrid yo muri Esipanye na PSG yo mi Bufaransa.




