• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Editorial 27 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nubwo umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi hari icyizere ko ibiganiro biba hagati y’impande zombi bizageza ku muti w’ikibazo.

Hashize iminsi havugwa ihohoterwa ry’Abanyarwanda bakorera cyangwa bajya muri Uganda, bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo, ku buryo Abanyarwanda bakorera ingendo muri icyo gihugu bahoranaga ubwoba.

Ibyo byaje kwiyongeraho ibimenyetso bihamya ko Uganda hahaye icyuho abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari kuhacurira imigambi yo kuruhungabanyiriza umutekano, binjiza impunzi mu mutwe w’abarwanya ubutegetsi bwarwo wa RNC.

Mu kiganiro Infocus cyatambutse kuri Televiziyo y’u Rwanda ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2018, Minisitiri Nduhungirehe yahamije ko hari icyizere mu mubano w’ibihugu byombi. Ni ikiganiro yatanzemo umusanzu ari i Gabiro mu karere ka Gatsibo ahateraniye umwiherero wa 15 w’abayobozi.

Muri uwo mwiherero binitezwe ko hagomba gutangirwa ikiganiro kireba u Rwanda muri Afurika no mu ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu minsi ishize habayeho umubano utari mwiza, wavuze [umunyamakuru] ku Banyarwanda bagiye bafungirwa muri Uganda, tumaze igihe dukorana na guverinoma ya Uganda mu kugerageza gukemura ibyo bibazo kandi abakuru b’ibihugu byombi bahuye kabiri i Addis Ababa ubwo bari bitabiriye inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kandi turizera ko ibintu bizagenda neza.”

Umubano w’ibihugu byombi uvugwa harebwe ku mishinga y’ibikorwaremezo yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda binyuze mu Muhora wa Ruguru irimo iy’amashanyarazi n’umuhanda wa gari ya moshi ariko Uganda yahisemo gushyira ingufu ku gice kiyihuza na Sudani y’Epfo kurusha n’u Rwanda.

Amb Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda na Uganda ari abaturanyi kandi bahurira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi imishinga izatuma akarere kihuza irimo iy’ibikorwaremezo nk’ umuhanda wa gari ya moshi uzahuza Mombasa na Kigali uciye Nairobi na Kampala.

Yakomeje agira ati “Dufite imwe muri iyo mishinga yagiye ihura n’ibibazo ariko turakomeza binyuze muri EAC no hagati y’ibihugu byacu, kugerageza gukemura ibyo bibazo kuko ni ngombwa ko niba duhuriye mu muryango nka EAC, duteza imbere iyo mishinga. Ntabwo twakwihuza nk’ibihugu tudafite iyo mishinga y’ibikorwaremezo.”

Yanavuze ko mu minsi ishize habaye inama ya EAC i Kampala yagendanye umwiherero w’abakuru b’ibihugu by’aka karere ku guteza imbere ibikorwaremezo n’urwego rw’buzima, ubwo bemezaga ko hakenewe miliyari 78 $ mu myaka 10 iri imbere, yo gushora mu mishinga igera kuri 200 y’ibikorwaremezo mu karere.

Yakomeje agira ati “Turacyari abafatanyabikorwa, hari ingorane duhura nazo mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye ariko ntekereza ko tuzakomeza guhangana nazo iyo mishinga ikorwe kuko ni y’ingenzi ku karere.”

Zimwe muri izo ngorane ni uko ibihugu bitumva kimwe imishinga iba igomba gukorwa, ku buryo biri ku ntambwe zitandukanye mu kuyishyira mu bikorwa.

Urugero ni nko ku mushinga wo kwishyira hamwe wa EAC ufite intego enye zirimo Ihuzwa rya za gasutamo, Isoko Rusange, Ifaranga rimwe n’Ukwishyira hamwe mu bya politiki. Ubu ibihugu biri ku ntego y’isoko rusange ijyana n’urujya n’uruza rw’abantu, ibicuruzwa n’imari ariko nk’umushinga wo guhuza ibiciro byo guhamagara ushyirwa mu bikorwa n’u Rwanda, Uganda na Kenya gusa mu muryango w’ibihugu bitandatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier


2018-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Editorial 22 Aug 2019
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Editorial 22 Aug 2019
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Editorial 22 Aug 2019
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru