• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

Editorial 15 Dec 2017 UBUKUNGU

Dr Donald Kaberuka wahoze ari Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD), yavuze ko u Rwanda mu myaka 30 ishize, rwanze kuba igihugu gisa n’igiciye bugufi imbere y’ibindi ahubwo ruhanganira kugira ngo rugere ku iterambere rwifuza.

Ibi Kaberuka yabigarutseho ubwo yari muri Kongere ya FPR Inkotanyi mu kiganiro cyatanzwe kivuga ku rugendo rw’uyu muryango mu myaka 30 n’ibibazo isi yari ifite muri icyo gihe.

Iki kiganiro cyarimo Gatare Francis uyobora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine na Peteroli; Dr Clet Niyikiza, Umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uba mu itsinda rigamije kuzamura imiryango no kuyongerera ubushobozi (Lifting and Empowering All Families -L.E.A.F.) na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo.

Dr Kaberuka yavuze ko mu myaka 30 ishize ubwo FPR Inkotanyi yatangiraga urugamba rwo kubohora igihugu, Afurika yari igeze aho abantu bavuga ngo ‘Afurika ntacyagenda’ bitandukanye no kuvuga ngo ‘Afurika ntakigenda’.

Yakomeje avuga ko hari inama yigeze kubera mu Bufaransa, ihuza Perezida wabwo n’ibihugu bya Afurika ivuga ngo ‘ariko Demokarasi Afurika yifuza ni bwoko ki?’, aho ngo nibwo hatangiye ishyirwaho ry’amashyaka menshi ku buryo hari n’ibihugu byashyizeho agera ku ijana.

Yongeyeho ati “Hari na bamwe mu nshuti zacu bavugaga ngo Afurika twayikorera iki aho kuvuga ngo Afurika twakorana iki?”

Ku munsi wa mbere ubwo Perezida Kagame yafunguraga iyi kongere, yavuze ko abayobozi badakwiye kwirata ibyo u Rwanda rugezeho basaba amahanga kuza kurwigiraho.

Dr Kaberuka yashimangiye iki kintu avuga ko ntacyo kwigamba bimara gusa yongeraho ko hari ibyo yagiye abona u Rwanda rwishimirwaho n’amahanga birimo no guhindura imvugo yari igamije gupfobya uyu mugabane.

Ati “Ikintu cya mbere cyari uguhindura iyo mvugo, kuvuga ngo dufite ibibazo nibyo ariko ntabwo dushaka kuba abantu bagirirwa impuhwe. N’ubu abanyafurika benshi iyo barebye u Rwanda ni icyo kintu cya mbere baba bashaka kuko FPR n’u Rwanda bahinduye iyo mvugo, ntidushaka kuba abantu bagirirwa impuhwe.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati. U Rwanda rwanze kuvuga ngo turi bato, dufite amateka yacu, dufite ibibazo ariko igihe Dawidi na Goliyati barwanaga, muzi uko byagenze. Abanyafurika bazi ko bafite ibibazo […] dukwiye kwanga kuba imbata y’amateka n’aho uherereye.”

Ikindi Kaberuka yagarutseho ni uburyo mu Rwanda ibintu bishyirwa mu bikorwa mu gihe mu bindi bihugu by’uyu mugabane, hashira imyaka n’imyaka imigabo n’imigambi iri mu mpapuro.

Ati “Ibihugu byinshi muri Afurika bifite imigambi ariko ihera mu mpapuro” gusa ngo ku Rwanda abantu benshi bibaza uko rwo rubasha kubishyira mu bikorwa.

Yanatanze urugero ku buryo ubwo yari Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) hari ibihugu byinshi byafashijwe gukora iyo migabo n’imigambi ariko igahera mu mpapuro.

Donald Kaberuka yavuze ko ibihugu byinshi bya Afurika bifite abayobozi badaha abaturage ibyo babagomba, banyereza amafaranga yari abagenewe. Gusa ngo icyo ni kimwe mu byo u Rwanda rutandukaniyeho n’ibindi kuko ngo mu bihugu byose yagenze yabibwiwe.

Ati “Hari ibihugu tuzi bikomeye, batoye neza mu buryo buciye muri demokarasi ariko ntibatanga serivisi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, we yavuze ko muri iki gihe isi iri guhinduka uko bwije n’uko bukeye, abaturage bakaba basa n’abahindutse abayobozi bibaza niba aribo bakorera cyangwa niba bikorera ku bwabo.

Perezida Kagame na Madamu we bakurikiye iki kiganiro

Yagarutse ku matora aherutse kuba mu bihugu bimwe na bimwe nk’aho Chancelière w’u Budage, Angela Merkel, yatowe ariko akananirwa kumvikana n’amashyaka bahanganye ku ishyirwaho rya Guverinoma. Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump agatorwa mu buryo butunguranye ku buryo ‘nawe bishobora kuba byaramutunguye ko yatowe’, mu Bufaransa naho abaturage bagatora Macron nk’aho nta yandi mahitamo bari bafite kuko bari barambiwe abandi.

Dr Clet Niyikiza, washinze Leaf Pharmaceuticals, ikora imiti yifashishwa mu kuvura indwara zitandukanye, yavuze ko u Rwanda rukwiye gukomeza gushyira imbaraga mu guhanga udushya n’ikoranabuhanga kandi ubumenyi butangwa mu mashuri bukita ku gukemura ibibazo byugarije benshi.

Yagize ati “Hari aho bakwigisha ubumenyi bakakurekura […] ariko abandi bigisha bagira ngo umuntu akemure ikibazo cyugarije rubanda nyamwinshi. Ibi nibyo twari dukwiye kwitaho.”

Naho Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye na Peteroli, Gatare Francis, yavuze ko mu myaka 30 ishize FPR-Inkotanyi yibanze ku kwishakamo ibisubizo idashingiye ku mbaraga z’abakomeye kandi ikora amahitamo ashingiye ku mwihariko w’ibibazo bikwiye gukemuka mu gihugu.

Yagize ati “RPF yaranzwe no gushaka umwihariko wo gukemura ibibazo by’Abanyarwanda nubwo haba hari izindi mbaraga ku isi zigena ibindi.”

Source : IGIHE

2017-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Editorial 13 Dec 2018
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Editorial 23 Jul 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Editorial 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Editorial 03 May 2021
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.
Amakuru

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2023
Umunyarwanda wari mu mikino ya Commonwealth yabeshye ko agiye kwihagarika aratoroka
IMIKINO

Umunyarwanda wari mu mikino ya Commonwealth yabeshye ko agiye kwihagarika aratoroka

Editorial 14 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru