• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Editorial 12 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, ACP Hatari Emmanuel bashyikirije abayobozi ba Uganda imirambo y’abaturage babiri barasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza magendu bahagarikwa na Polisi bagashaka kuyirwanya.

Umuhango wo guha Uganda iyi mirambo wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019, witabirwa na Komiseri w’Akarere ka Rukiga akanaba n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano muri ako gace, Muhindo Pulkeria n’Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rukiga, Sselunjoji Edda.

Byari biteganyijwe ko uyu muhango utangira saa Yine z’amanywa ariko watangiye saa Tanu zirenga kuko habanje kurebwa niba koko iyo mirambo ari iya Job Ebyayishanga w’imyaka 32 na Bosco Tuheirwe w’imyaka 35 bombi bafite ubwenegihugu bwa Uganda.

Nyuma habayeho impaka ku rupapuro rw’ihererekanwa ry’imirambo Uganda ivuga ko ishaka urupapuro rwa Polisi rwerekana ko abo baturage barasiwe mu Rwanda nyuma y’isaha urwo rupapuro rwabonetse impande zombi zirusinyaho ubundi Uganda itwara imirambo y’abaturage bayo.

Tariki ya 9 mu rukerera rushyira iya 10 Ugushyingo 2019 nibwo abapolisi b’u Rwanda ubwo bari ku burinzi ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda mu Murenge wa Tabagwe muri Nyagatare, barashe bica abagabo babiri bashatse kurwanya inzego z’umutekano ubwo bageragezaga kwinjira mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe, bigakekwa ko bafite magendu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yabanje guhagarika abo baturage bari bazanye magendu mu Rwanda banayicishije mu nzira zitemewe ngo bashaka kuyirwanya mu rwego rwo kwitabara irarasa hapfamo babiri abandi basubira inyuma ku butaka bwa Uganda.

Yakomeje avuga ko ibyabaye byasigiye impande zombi amasomo.

Ati “Kuri njye navuga ko ibyabaye hari isomo twabyigiyemo abaturage bacu yaba abo mu Rwanda na Uganda, dufite inzira zemewe n’amategeko bakwiye gucamo ariko hari bamwe batabyubahiriza dukwiye kubashishikariza kuzikoresha.”

Yasabye abayobozi ba Uganda gukomeza kugira inama abaturage babo yo gukoresha inzira zemewe n’amategeko.

Umuyobozi wari uhagarariye Akarere ka Rukiga, Muhindo Pulkeria, yashimiye Leta y’u Rwanda ku bwo kubaha imirambo y’abaturage babo.

Yagize ati “Mbere na mbere twihanganishije abaturage ba Uganda n’abaturage ba Kamwezi ku bwo kubura abahungu babo gusa turashimira Leta y’u Rwanda yaduhaye imirambo yabo mu buryo bwiza tukaba twayakiriye mu buryo buzwi, gusa ntabwo kubica wari wo mwanzuro mwiza bari gufatwa bagafungwa.”

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi bikwiye gukomeza gushyira imbere umubano mwiza nk’ibituranyi no gushishikariza abaturage babyo guhagarika ibikorwa bya magendu.

Si ubwa mbere inzego z’umutekano zirasa abantu bakekwaho kwambukana magendu bashaka kuyinjiza mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gushaka kuzirwanya, kuko no muri Gicurasi hari abandi babiri barimo Umunyarwanda n’Umugande barasiwe Tabagwe bashaka kurwanya abashinzwe umutekano ubwo babahagarikaga batwaye magendu.

Ubwo Uganda yashyikirizwaga imirambo y’abaturage bayo barashwe bagerageza kurwanya inzego z’umutekano

Ubwo abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda basinyaga ku rupapuro rwemeza ko abo baturage barasiwe mu Rwanda

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda ubwo basinyaga ko bakiriye imirambo y’abaturage babo barashwe bashaka kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ahatemewe

Nyuma yo guhabwa imirambo y’abaturage barasiwe mu Rwanda bashaka kwinjira binyuranyije n’amategeko, abahagarariye Uganda bahise basubira mu gihugu cyabo.
Src: igihe

2019-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Editorial 08 May 2017
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Editorial 23 Sep 2024
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Editorial 21 Nov 2017
Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Editorial 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe
Amakuru

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Editorial 01 Sep 2021
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.
Amakuru

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Editorial 01 May 2021
DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo  FAS (Forces Armees Secesionistes )
ITOHOZA

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Editorial 03 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru