• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda igaragaza ko amahanga akigenda biguruntege mu kuyifasha gushyikiraza ubutabera abanyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakidegembyayo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, igahitana abasaga miliyoni, bamwe mu bayikoze bahise bahungira hirya no hino ku Isi, ibihugu bimwe bibaha ubuhungiro, biba imbogamizi ku Rwanda mu kubashyikiriza ubutabera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ‘U Rwanda rwohereje mu mahanga, impapuro zisaga 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside ariko abafashwe n’ababuranishijwe babarirwa ku ntoki.’

Yabivugiye mu kiganiro yatangiye mu nama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, cyagarutse ku nsanganyamatsiko igira iti “Kuzirikana amateka ya Jenoside tubumbatira indangagaciro zacu”

Dr. Bizimana yagaragaje ko hari intambwe ikomeye amahanga yateye mu gufasha ubutabera bw’u Rwanda ku bijyanye n’icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi.

Harimo kuba Jenoside yakorewe abatutsi yaremewe ku rwego mpuzamahanga, mu muryango w’Abibumbye no mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bimwe byo ku mugabane wa Amerika n’u Burayi byashyizeho amategeko ahana kuyipfobya no kuyihakana, binatangira gucira imanza abayikoze.

Gusa ngo haracyari imbogamizi z’ibihugu bikigenda biguruntege, bigashyigikira abayihakana n’abayipfobya, ibindi bikanga gufata abayikekwaho ngo bashyikirizwe ubutabera.

Dr. Bizimana ati “Nubwo navuze ko hari intambwe yatewe mu gushyiraho amategeko ahana abapfobya n’abakoze Jenoside, ariko hari ibihugu bikigenda biguru ntege mu gukurikirana abo bantu.”

Yakomeje agira ati “Ubu ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze gutanga impapuro zirenga 900, zireba ibyaha by’abakoze Jenoside mu Rwanda ariko mwumvise imibare uko ingana. Aboherejwe mu Rwanda ni 19, abaciriwe imanza muri ibyo bihugu ni 23.”

Mu boherejwe mu Rwanda harimo nka Twagirayezu Wenceslas woherejwe na Denmark, Mbarushimana Emmanuel na we woherejwe n’icyo gihugu, akaba yarahamijwe icyaha cya Jenoside ahanishwa igifungo cya burundu n’abandi.

Yakomeje avuga ko hari intambwe ibyo bihugu bigikeneye gutera zirimo gufata ingamba ku bakekwaho ibyo byaha.

Mu zindi mbogamizi Dr. Bizimana yagaragaje mu guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi harimo ababyeyi bakibiba ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko, ihungabana, ubupfubyi, ubupfakazi n’izindi.

2018-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Editorial 15 Feb 2018
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Editorial 19 Nov 2019
Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Editorial 12 Apr 2018
Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana
Mu Mahanga

Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Editorial 16 Feb 2016
Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York
POLITIKI

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Editorial 15 May 2017
Mugenzi Thabita Gwiza, Kayumba na  Himbara mu mugambi wabo kwa Rwigara
Mu Rwanda

Mugenzi Thabita Gwiza, Kayumba na Himbara mu mugambi wabo kwa Rwigara

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru