• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Ubwanditsi 16 Feb 2016 Mu Mahanga

Polisi ikorera mu karere ka Karongi iragira inama abaturage cyane abakora ubucuruzi bw’ibyuma kujya babyitondera kuko bimwe muri byo bishobora kuba hari aho bihuriye n’ibiturika, bakaba basabwa kureka gukoresha abana cyane cyane mu gushaka ibyo byuma ku misozi, mu byobo n’ahandi,… kuko binahanwa n’itegeko .

Ubu butumwa Polisi yabutangiye mu kiganiro yagiranye n’abacuruzi barenga 50 bakora ubucuruzi by’ibyuma bishaje mu mujyi wa Karongi nyuma y’aho umwana w’imyaka 15 y’amavuko bamuteshereje icyuma yari arimo guhonda ngo agurishe, nyamara cyari icyuma cy’igisasu batega mu butaka bita mine, kikaba kubw’amahirwe cyari kitaraturika.

Nk’uko bimenyerewe, abacuruzi b’ibyuma bishaje, bagerageza kubyuzuzamo umucanga ngo babone uko babigurisha biremereye, uku ni nako umwana witwa Munezero Samuel basanze arimo gupfundura mine agirango yuzuzemo umucanga abone uko ayigurisha iremereye, iki akaba ari igisasu gikunze kuboneka ahantu habereye imirwano murugamba rwo kubohora igihugu cyangwa ahari ibigo bya gisirikare,..

Abaturage bakaba basabwa ko, igihe babonye ikintu nk’iki, bakwiye kwihutira kubimenyesha Polisi ibegereye ngo hashakwe uko bakibakiza.

Aha IP J.baptiste Rutebuka, ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha mu karere ka Karongi yagize ati:”Akazi mukora gasaba ubwitonzi n’ubwo musa n’abatabihaga agaciro, ntimukwiye gufata buri cyuma cyose babazaniye mutarebye neza icyo ari cyo.”

IP Rutebuka yabasabye gukora akazi kabo mu bushishozi kandi bakamenyesha Polisi icyo badashira amakenga, aho yanahamagariye abaturage bose kutegera ikintu cyose badashira amakenga mbere y’uko bakereka abashinzwe umutekano aho yagize ati:”Ntimukajye munakegera ahubwo mujye mwihutira kucyereka abashinzwe umutekano nibo bafite ubushobozi bwo kugira icyo bagikoraho..”

IP Rutebuka atangaza ko umucuruzi witwa Jean Baptiste Ndayisenga ariwe ngo wari kugura ibyuma bya Munezero, akaba avuga ko uyu mwana atujuje imyaka yo gukoreshwa akazi ako ari ko kose, aho yagize ati:”Tugomba guca intege umuco abana badukanye umuco wo guta ishuri , ntidukwiye rero kubaha akazi cyangwa gutuma hari aho bahurira n’amafaranga kuko bibararura.”

Polisi ikaba igira inama abaturage ko utanga intwaro wese ku bushake nta gihano agenerwa, akaba ariyo mpamvu igira inama ababa bagitunze intwaro iyo ari yo yose n’ibishobora guturika cyangwa uwaba afite amakuru ku babitunze, ko babitanga cyangwa bagatanga ayo makuru ku nzego z’ibaze zibegereye cyangwa izishinzwe umutekano.

Ingingo ya 671 ivuga ko gutunga intwaro, kuyicuruza, kuyikora, guhindura ibimenyetso by‟intwaro, gukwirakwiza no kwinjiza intwaro Umuntu wese utunga intwaro, uyitiza, uyitanga, uhindura ibimenyetso byayo mu buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku mwaka umwe (1) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Naho iya 675 ivuga ko gutanga amakuru atari yo cyangwa kwanga kuyatanga ugamije kubona uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda Umuntu wese utanga amakuru atari yo cyangwa wanga gutanga amakuru agamije kubona uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku mwaka umwe (1) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi ijana(100.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RNP

2016-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Gasasira Gaspard  yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Ubwanditsi 07 Sep 2016
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020
UBUKERARUGENDO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Arsenal yirukanye Unai Emery
IMIKINO

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60
Amakuru

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru