• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal yirukanye Unai Emery

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019 IMIKINO

Ubuyobozi bw’ikipe ya Arsenal yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza, bwafashe icyemezo cyo gutandukana n’uwari umutoza wayo Unai Emery nyuma y’uko igize intangiriro mbi za shampiyona bwa mbere kuva mu 1992.

Arsenal yirukanye uyu mutoza nyuma yo kumara imikino irindwi yikurikiranya itabona intsinzi, ibintu byaherukaga muri Gashyantare 1992.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama yahuje abayobozi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ni nyuma y’amasaha make Arsenal itsinzwe na Eintracht Frankfurt ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo mu itsinda F rya Europa League.

Mu izina ry’inama y’Ubuyobozi ya Arsenal, Josh Kraonke yagize ati’’ Turashimira Unai na bagenzi be bakoze ibishoboka byose kugira ngo ikipe igaruke ku rwego rwo guhangana twashakaga kandi twasabaga. Turifuriza Unai n’abo bakoranaga amahirwe ahazaza.’’

Arsenal yemeje ko Freddie Ljungberg asigarana ikipe nk’umutoza w’agateganyo kandi ubuyobozi bwizeye ko azabikora neza.

Arsenal yitegura umukino wa Shampiyona izakirwamo na Norwich City ku Cyumweru, yatangaje ko umutoza mushya azatangazwa mu gihe cya vuba.

Umunya-Espagne Unai Emery w’imyaka 48, yari umutoza wa Arsenal guhera mu mwaka ushize w’imikino, aho yayifashije gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatanu no kugera ku mukino wa nyuma wa Europa League, igatsindwa na Chelsea.

Kuri ubu ayisize iri ku mwanya wa munani muri Shampiyona ndetse itarizera gukomeza muri 1/16 cya Europa League.

Src: IGIHE

2019-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar

REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar

Ubwanditsi 01 Nov 2024
U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024

U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024

Ubwanditsi 03 Feb 2024
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026

Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026

RUSHYASHYA 13 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda
Mu Mahanga

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida

Ubwanditsi 21 Sep 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru