• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Editorial 27 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball ririmo gukinwa ku ncuro ya 30, rikaba ririmo kubera mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya Kigali Arena, u Rwanda ubwo rwakinaga umukino wa kabiri na Angola, batsinze iyo kipe y’igihugu ku kinyuranyo cy’amanota atatu, ni umukino warangiye u Rwanda rufite amanota 71 kuri 68.

Muri uyu mukino wabaye ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 27 Kamena 2021, u Rwand anyuma yi gutsinda ikipe ya Reoubulika iharanira Demokari ya Congo rwasabwaga kuba bawutsinda mu rwego rwo kwiyongerera amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro.

Ni umukino watangiye u Rwanda rwitwara neza binyuze kuri Gasana Kenny wabanje gukora amanota umunani wenyine mu gihe Angola yo yari imaze gukora amanota 2 gusa, umutoza Dr Cheick Sarr utoza u Rwanda yakomeje kuyobora umukino kugeza ubwo agace ka mbere karagiye ari amanota 20 kuri 20 ku mpande zombi.

Agace ka kabiri kahiriwe n’ikipe ihagarariye u Rwanda rurimo kwitabira iri rushanwa ribera mu nyubako ya Kigali Arena yakira abantu 10 000 ariko kuri ubu kubera kwirinda ubwiyongere bwa Koronavirusi irakira abantu ibihumbi bitanu, imbere y’abafana bari bitabiriye uyu mukino u Rwanda rwasoje agace ka kabiri bagatsinzwe ku manota 18 kuri 15.

Uyu mukino wabaye nk’ukomerera u Rwanda mu gace ka gatatu kuko Angola yatsinzwe umukino wa mbere na Cape Verde yakoze amanota 23 kuri 20 y’u Rwanda, gusa aha byatewe n’uko bamwe mu bakinnyi bakomeye umutoza yari yabaruhukije kugira ngo baze kwitwara neza mu gace ka kane, ari nako byaje kugenda kuko u Rwanda rwakoze amanota 16 kuri 7 ya Angola.

Uyu mukino warangiye u Rwanda rwitwaye neza ku manota 71 kuri 68 ya Angola, gutsinda uyu mukino bivuze ko iyi kipe y’igihugu igize intsinzi ebyiri mu mikino ibiri bamaze gukina, ibi bituma kandi yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya 1/4 cya Afrobasketball aho basabwa gutsinda umukino wa nyuma muri iri tsinda aho bazakina na Capeverde.

Ubwo uyu mukino wari urangiye, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madame Aurore Munyangaju Mimosa yashimiye abakinnyi b’u Rwanda kubwi kwitwara neza muri uyu mukino, abinyujije kuri Twitter yagize ati ” Mwakoze cyane basore, Ibi nibyo kwimana u Rwanda ndabarahiye! Muduhaye ibyishimo! Hahiye Gahunda nta y’indi #Tubatsinde”.

Gasana Kenny niwe witwaye neza muri uyu mukino kuko yakoze amanota 18, Rebounds 3 atanga imipira 4 yabyaye amanota ndetse yambura imipira 4.

Mu yindi mikino yabaye ku munsi wa Kane, Cape-vert yatsinze Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo amanota 70 kuri 66, Guinee yatsinzwe Rebulika ya Centre Africa 60 kuri 61 naho Tunisia itsinda Misiri ku manota 87 kuri 81.

2021-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Editorial 09 May 2018
Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Editorial 20 Jun 2017
Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Editorial 30 Jul 2018
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura
Mu Rwanda

Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura

Editorial 17 May 2018
Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol

Editorial 27 Feb 2018
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru