• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Editorial 27 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball ririmo gukinwa ku ncuro ya 30, rikaba ririmo kubera mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya Kigali Arena, u Rwanda ubwo rwakinaga umukino wa kabiri na Angola, batsinze iyo kipe y’igihugu ku kinyuranyo cy’amanota atatu, ni umukino warangiye u Rwanda rufite amanota 71 kuri 68.

Muri uyu mukino wabaye ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 27 Kamena 2021, u Rwand anyuma yi gutsinda ikipe ya Reoubulika iharanira Demokari ya Congo rwasabwaga kuba bawutsinda mu rwego rwo kwiyongerera amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro.

Ni umukino watangiye u Rwanda rwitwara neza binyuze kuri Gasana Kenny wabanje gukora amanota umunani wenyine mu gihe Angola yo yari imaze gukora amanota 2 gusa, umutoza Dr Cheick Sarr utoza u Rwanda yakomeje kuyobora umukino kugeza ubwo agace ka mbere karagiye ari amanota 20 kuri 20 ku mpande zombi.

Agace ka kabiri kahiriwe n’ikipe ihagarariye u Rwanda rurimo kwitabira iri rushanwa ribera mu nyubako ya Kigali Arena yakira abantu 10 000 ariko kuri ubu kubera kwirinda ubwiyongere bwa Koronavirusi irakira abantu ibihumbi bitanu, imbere y’abafana bari bitabiriye uyu mukino u Rwanda rwasoje agace ka kabiri bagatsinzwe ku manota 18 kuri 15.

Uyu mukino wabaye nk’ukomerera u Rwanda mu gace ka gatatu kuko Angola yatsinzwe umukino wa mbere na Cape Verde yakoze amanota 23 kuri 20 y’u Rwanda, gusa aha byatewe n’uko bamwe mu bakinnyi bakomeye umutoza yari yabaruhukije kugira ngo baze kwitwara neza mu gace ka kane, ari nako byaje kugenda kuko u Rwanda rwakoze amanota 16 kuri 7 ya Angola.

Uyu mukino warangiye u Rwanda rwitwaye neza ku manota 71 kuri 68 ya Angola, gutsinda uyu mukino bivuze ko iyi kipe y’igihugu igize intsinzi ebyiri mu mikino ibiri bamaze gukina, ibi bituma kandi yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya 1/4 cya Afrobasketball aho basabwa gutsinda umukino wa nyuma muri iri tsinda aho bazakina na Capeverde.

Ubwo uyu mukino wari urangiye, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madame Aurore Munyangaju Mimosa yashimiye abakinnyi b’u Rwanda kubwi kwitwara neza muri uyu mukino, abinyujije kuri Twitter yagize ati ” Mwakoze cyane basore, Ibi nibyo kwimana u Rwanda ndabarahiye! Muduhaye ibyishimo! Hahiye Gahunda nta y’indi #Tubatsinde”.

Gasana Kenny niwe witwaye neza muri uyu mukino kuko yakoze amanota 18, Rebounds 3 atanga imipira 4 yabyaye amanota ndetse yambura imipira 4.

Mu yindi mikino yabaye ku munsi wa Kane, Cape-vert yatsinze Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo amanota 70 kuri 66, Guinee yatsinzwe Rebulika ya Centre Africa 60 kuri 61 naho Tunisia itsinda Misiri ku manota 87 kuri 81.

2021-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Editorial 04 Apr 2018
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Editorial 21 Nov 2021
Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Editorial 12 Apr 2016
Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 17 May 2017
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Editorial 04 Apr 2018
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Editorial 21 Nov 2021
Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Editorial 12 Apr 2016
Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 17 May 2017
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Editorial 04 Apr 2018
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Editorial 21 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru