• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Editorial 01 Nov 2018 UBUKERARUGENDO

Ibicuruzwa by’abanyarwanda bizajya bigurishwa mu Bushinwa ndetse n’Abashinwa boroherezwe kubona ibyiza nyaburanga by’u Rwanda no kurusura binyuze ku isoko ryo kuri internet rya Alibaba Group.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu u Rwanda na Alibaba Group, basinyanye amasezerano y’ubufatanye atatu yo gutangiza urubuga eWTP (electronic World Trade Platform), rufasha ibigo bito n’ibiciriritse gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka binyuze mu ikoranabuhanga.

Aya masezerano agamije gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu bijyanye no guteza imbere gahunda yo guhanga udushya, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, aho ibicuruzwa by’u Rwanda bizajya bigurwa mu Bushinwa binyuze kuri Alibaba.

Agamije korohereza Abashinwa kubona ibyiza bitatse u Rwanda no kurusura, aho bazajya bashobora gufata itike z’indege mbere no gufata amahoteli mbere, byose bikazajya bikorwa ku rubuga rwa Alibaba rwitwa Fliggy.

Muri aya masezerano kandi harimo no kubaka ubushobozi bw’Abanyarwanda mu bijyanye no kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Ibi birimo nko kubahugura ku bijyanye no kwishyurana mu ikoranabuhanga n’ibindi.

RDB izakorana na Alibaba mu gufasha abanyarwanda bafite ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs), kugurisha ibicuruzwa byabo nk’ikawa, ibikomoka mu bukorikori mu Bushinwa binyuze ku ipaji y’urubuga rwa Alibaba yitwa ’Tmall Global’.

Alibaba ifite abakiriya barenga miliyoni 500 ku Isi yose, ni cyo kigo gikomeye ku Isi gifite isoko ryo kuri internet riruta andi, akaba n’aho Abashinwa bakura ibicuruzwa byiza biturutse ku Isi yose.

Umuyobozi wa Alibaba Group ari nawe wayishinze Jack Ma, yavuze ko yishimiye ko u Rwanda rubaye igihugu cya mbere gitangirijwemo eWTP muri Afurika, kandi yiteguye iterambere ryo guhanga udushya tuganisha mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Yavuze ko icyatumye atoranye kugirana ubu bufatanye n’u Rwanda mbere y’ibindi bihugu muri Afurika ari ‘igihugu gikomeye, gifite umutekano, isuku n’imbaraga zidasanzwe ziharanira impinduka.

Ati “Mfite icyizere ko eWTP izabasha gufasha ibigo bito n’ibiciriritse, abakiri bato, abagore hano no muri Afurika kugurisha ibicuruzwa byabo ku rwego rw’Isi.”

Nyuma yo gusinya amasezerano Perezida Kagame yavuze ko urubuga rw’ubucuruzi (eWTP) rufunguye imipaka mishya mu bucuruzi bwo kuri internet, ubukerarugendo bw’u Rwanda kandi ruzongera urwego rwo guhangana ku masoko mpuzamahanga kwa ba rwiyemezamirimo.

Yakomeje avuga ko ruzafasha abacuruzi kugurisha ibicuruzwa ku bakiriya benshi, kandi bakunguka cyane. Gusa yabasabye gukora ibicuruzwa byinshi kandi byiza.

Ati “Ndashaka gusaba ibigo by’abanyarwanda n’urubyiruko kubyaza umusaruro aya mahirwe y’iri koranabuhanga, bakita ku by’ingenzi. Ni aha buri kigo gukora ibicuruzwa byiza abakiriya bifuza kugura kandi bagahora babibona kuri uru rubuga.”

Yijeje ko u Rwanda ruzakomeza gukora ishoramari rikomeye mu burezi, mu kubaka ibikorwa remezo bya internet kugira ngo rwihutishe iterambere ry’urwego rw’ikoranabuhanga

Rebero John ucuruza ikawa yitwa Igihango Women’s Coffee, ni umwe mu bari baragejeje ikawa yabo kuri Alibaba mu cyiciro cy’igerageza, yashimangiye ko aya masezerano agiye kugeza abacuruzi bo mu Rwanda ku isoko rinini.

Ati “Ikawa yacu twashoboye kuyigeza kuri Alibaba, bigiye kutugeza ku isoko rinini binongera agaciro k’ikawa. Ubusanzwe ikawa isanzwe yagurwaga amadolari umunani igeze ku isoko mpuzamahanga muri Amerika, mu Bushinwa cyangwa mu Burayi. Ubu barayifatira ku madolari hafi 16 ku kiro”.

Avuga ko biteguye kuzamura ubwinshi, gukomeza gutanga ubwiza batanze no gushaka uko igihe cyose ikenewe bayigezayo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yavuze ko uru rubuga ari ingirakamaro kuko rutumye abacuruzi b’abanyarwanda bibona mu bucuruzi bw’u Bushinwa n’Isi muri rusange.

Ati “Uru rubuga rugamije kugabanya inzitizi mu bucuruzi, kongera urwego rwo kugera ku masoko no korohereza ibigo by’abanyarwanda n’iby’abanyafurika kwagura ubucuruzi bwabyo ku rwego rw’Isi.”

Yavuze ko ari amahirwe akomeye ku ikawa y’u Rwanda kuko abayinywa mu Bushinwa biyongeraho 15% ku mwaka.

Abashinwa b’abakerarugendo bakoresheje miliyari 300 z’amadolari mu bukerarugendo mu 2017, nibo bakoresheje menshi ku Isi. Akamanzi avuga ko ari amahirwe yo gukurura abasura u Rwanda kuko nk’umwaka ushize rwakiriye 5000 bo mu Bushinwa.

Mu igerageza kandi ba rwiyemezamirimo batanu b’abanyarwanda n’abanyeshuri 38 bo muri Kaminuza icyenda bahuguwe ku bucuruzi bwo mu ikoranabuhanga, 13 muri bo babonye impamyabushobozi.

Perezida Kagame na Jack Ma basura ikawa y’u Rwanda yamaze kugezwa ku rubuga rwa Alibaba

 

2018-11-01
Editorial

IZINDI NKURU

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023
Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Editorial 15 Dec 2023
COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

Editorial 21 Mar 2020
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023
Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Editorial 15 Dec 2023
COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

Editorial 21 Mar 2020
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru