• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 02 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika y’Iterambere (BAD) yemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni $266, akabakaba miliyari 235 Frw, azarufasha mu cyerekezo cyo kugeza amashanyarazi mu gihugu hose.

Iyi nguzanyo yemerejwe mu Nama y’Ubuyobozi ya BAD ku wa 27 Nzeri 2018. Iri muri gahunda ya BAD y’imyaka icumi (2013 – 2022). Izakoreshwa mu mushinga ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda uzwi nka SEAP II.

U Rwanda rwari rwarahawe miliyoni $46 mu 2013 mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga ugeze ku gipimo cya 90%.

Urubuga rwa BAD rugaragaza ko iyi banki izatanga miliyoni $192 mu gihe miliyoni $74 zizanyuzwa mu Kigega cy’Iterambere rya Afurika.

Iyi nguzanyo ingana na 8% y’ingengo y’imari ya miliyari $3.3 u Rwanda rwashoye mu rwego rw’ingufu, izakoreshwa mu myaka itatu kugeza mu 2021/22.

U Rwanda ruzayikoresha mu kubaka imiyoboro migari (Medium Voltage) ireshya n’ibilometero 795 n’imito (Low Voltage lines) y’ibilometero 7,317 mu kongera umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi mu gihugu.

Ingano y’amashanyarazi akoreshwa mu gihugu yariyongereye mu myaka irindwi ishize, iva kuri 18% igera kuri 44% muri Kamena 2018.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi 2017-2024, u Rwanda rwihaye intego ko Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi mu 2024.

Izagerwaho hanifashishijwe umuriro udafatiye ku muyoboro mugari (off-grid) nk’imirasire y’izuba bitewe n’imiterere y’igihugu n’imiturire ndetse n’ingo nyinshi zikoresha umuriro muke.

Visi Perezida wa BAD ushinzwe Ingufu n’ibijyanye n’Imihindagurikire y’Ibihe, Amadou Hott yavuze ko “Uyu mushinga uzafasha u Rwanda kunguka imiyoboro y’amashanyarazi irenga 193,000 n’isaga 124,000 idafatiye ku miyoboro migari.”

Amashanyarazi azasakazwa muri uyu mushinga azafasha abaturage mu ngo zabo, ibikorwa by’ubucuruzi no kongera ubushobozi bw’ukoreshwa n’ibigo binini.

Inguzanyo izakoreshwa n’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Umuriro w’Amashanyarazi (EUCL) n’icyo guteza imbere Ingufu (EDCL).

Abarenga 4,000 barimo abagore 30% bazahabwa amahugurwa ajyanye n’ibya tekiniki, kwicungira umutungo n’ubwirinzi.

Inguzanyo BAD iha u Rwanda mu guteza imbere ingufu yavuye kuri miliyoni $184 igera kuri miliyoni $450. Ishyigikira imishinga umunani irimo itatu ihurirwaho n’ibihugu by’ibituranyi.

2018-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Editorial 19 Mar 2018
Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Editorial 24 Oct 2019
Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe
ITOHOZA

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Editorial 21 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru