• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 02 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika y’Iterambere (BAD) yemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni $266, akabakaba miliyari 235 Frw, azarufasha mu cyerekezo cyo kugeza amashanyarazi mu gihugu hose.

Iyi nguzanyo yemerejwe mu Nama y’Ubuyobozi ya BAD ku wa 27 Nzeri 2018. Iri muri gahunda ya BAD y’imyaka icumi (2013 – 2022). Izakoreshwa mu mushinga ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda uzwi nka SEAP II.

U Rwanda rwari rwarahawe miliyoni $46 mu 2013 mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga ugeze ku gipimo cya 90%.

Urubuga rwa BAD rugaragaza ko iyi banki izatanga miliyoni $192 mu gihe miliyoni $74 zizanyuzwa mu Kigega cy’Iterambere rya Afurika.

Iyi nguzanyo ingana na 8% y’ingengo y’imari ya miliyari $3.3 u Rwanda rwashoye mu rwego rw’ingufu, izakoreshwa mu myaka itatu kugeza mu 2021/22.

U Rwanda ruzayikoresha mu kubaka imiyoboro migari (Medium Voltage) ireshya n’ibilometero 795 n’imito (Low Voltage lines) y’ibilometero 7,317 mu kongera umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi mu gihugu.

Ingano y’amashanyarazi akoreshwa mu gihugu yariyongereye mu myaka irindwi ishize, iva kuri 18% igera kuri 44% muri Kamena 2018.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi 2017-2024, u Rwanda rwihaye intego ko Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi mu 2024.

Izagerwaho hanifashishijwe umuriro udafatiye ku muyoboro mugari (off-grid) nk’imirasire y’izuba bitewe n’imiterere y’igihugu n’imiturire ndetse n’ingo nyinshi zikoresha umuriro muke.

Visi Perezida wa BAD ushinzwe Ingufu n’ibijyanye n’Imihindagurikire y’Ibihe, Amadou Hott yavuze ko “Uyu mushinga uzafasha u Rwanda kunguka imiyoboro y’amashanyarazi irenga 193,000 n’isaga 124,000 idafatiye ku miyoboro migari.”

Amashanyarazi azasakazwa muri uyu mushinga azafasha abaturage mu ngo zabo, ibikorwa by’ubucuruzi no kongera ubushobozi bw’ukoreshwa n’ibigo binini.

Inguzanyo izakoreshwa n’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Umuriro w’Amashanyarazi (EUCL) n’icyo guteza imbere Ingufu (EDCL).

Abarenga 4,000 barimo abagore 30% bazahabwa amahugurwa ajyanye n’ibya tekiniki, kwicungira umutungo n’ubwirinzi.

Inguzanyo BAD iha u Rwanda mu guteza imbere ingufu yavuye kuri miliyoni $184 igera kuri miliyoni $450. Ishyigikira imishinga umunani irimo itatu ihurirwaho n’ibihugu by’ibituranyi.

2018-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Editorial 26 Jul 2018
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu
Amakuru

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Editorial 25 May 2025
Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Editorial 29 Nov 2017
Manchester United na basore bato batsinze Arsenal
IMIKINO

Manchester United na basore bato batsinze Arsenal

Editorial 29 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru