• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Editorial 19 Dec 2018 ITOHOZA

Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, tariki 15 Ukuboza 2018, ku isaha ya saa 18h15, mu Murenge wa Cyitabi, Akarere ka Nyamagabe, mu ntara y’Amajyepfo, abantu bataramenyekana batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, bica abaturage babiri, bakomeretsa abandi umunani nyuma muri babiri baza gupfa.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ingabo, ivuga ko RDF yakurikiranye   abo bagizi ba nabi zikicamo batatu abandi bagahungira i Burundi.

Iri tangazo rivuga kandi ko Ingabo zarokoye abaturage bari baburiye muri kiriya gitero.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. Innocent Munyengango yagize  ati “Twarokoye abaturage abagizi ba nabi bashakaga gutwara ku ngufu, baraganirijwe mbere yo koherezwa mu ngo zabo. Twagaruye kandi ibikoresho bitandukanye byari byibwe inzirakarengane gusa byinshi muri byo byarangijwe.”

Umwe mu barokotse iki gitero witwa  Zelot Habimana kuri ubu urwariye mu bitaro bya Kaminuza i Butare yavuye imuzingo uko byagenze.

Mu kiganiro na KT Press, Habimana yavuze ko yahagurutse mu Karere ka Huye kuwa Gatandatu saa kumi z’umugoroba yerekeza  i Ruzizi aho  yari yitabiriye ubukwe bwa mwishywa we.

Uyu mugabo avuga ko yari yitwaje buri kimwe cyose gisabwa mu gikapu cye harimo  inkweto n’ibindi.

Zelot Habimana, umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi/Ifoto: KT Press

Ahagana saa kumi n’imwe, Habimana avuga ko  bari batangiye urugendo rw’amasaha abiri runyura muri Nyungwe. Avuga ko mu minota 20 ya mbere, babonaga ingabo  z’u Rwanda zicunze umutekano mu ishyamba rya Nyungwe.

Ati “ Twagiye nk’iminota 20 turenze ahari abasirikare bacunze umutekano, twabonye igiti gitambitse mu muhanda rwagati. Umushoferi yashatse uburyo yaca ku ruhande rw’icyo giti.”

Habimana avuga ko ubwo umushoferi wari ubatwaye yagabanya umuvuduko, abo bari kumwe batangiye kubona itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bava mu gashyamba kari hafi n’umuhanda.

Yagize ati “ Nari nicaye hafi n’umuryango. Nabonye itsinda ry’abantu bafite intwaro bava mu ishyamba. Begereye imodoka batangira kuturasaho. Abantu batangiye gutabaza.”

Uyu mugabo avuga ko basabwe  gusohoka kandi ko  kubera ko yari yicaye ku muryango, bamusabye ko afungura umuryango ariko arabyanga.

Bavugaga ururimi rw’Ikirundi

Akimara kwanga gufungura umuryango ( umwango), umwe mu bari bitwaje intwaro yahise arasa ku muryango, anjugunya hanze, atangira kumbaza niba ndi Umunyarwanda. Sinamwumvaga neza kuko yavugaga Ikirundi cy’umwimerere. Yankubise mu mugongo, ankata n’icyuma gityaye ku kuboko kw’iburyo  mbere yo kwitura hasi.

Uyu avuga ko yakuwe umutima no kubona umugenzi bari kumwe yaguye hasi iruhande rw’umuhanda yamaze kwicwa.

Nabonye barimo kurasa ku modoka ya Kompanyi Alpha n’indi modoka nto  yari ivuye i Rusizi. Ibi byabaye nko mu minota itarenze icumi.

Uburyo aba bagenzi batabawe

Uko aba bari bitwaje intwaro bakomeje kurasa kuri izi modoka itatu, haje imodoka ya CIMERWA igiye i Rusizi itwaye umusirikari wa RDF, yarahagaze, uyu musirikari atangira kurasana nabo. Abitwaje intwaro babonye ingabo za RDF zije bahita birukankira mu ishyamba.

Abasirikare ba RDF bahumurije abaturage bari bagize ubwoba bavuza induru batujyana ku bitaro bya Kigeme.

Uyu Habimana yaje kuva ku bitaro bya Kigeme kuri ubu aravurirwa ku bitaro bya CHUB.

2018-12-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Editorial 19 Feb 2018
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Editorial 12 Oct 2017
Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Editorial 10 Jan 2017
Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi

Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi

Editorial 01 Nov 2016
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Editorial 19 Feb 2018
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Editorial 12 Oct 2017
Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Editorial 10 Jan 2017
Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi

Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi

Editorial 01 Nov 2016
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Editorial 19 Feb 2018
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Editorial 12 Oct 2017
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    December 19, 20186:46 pm -

    UBUHAMYA YATANZE NTIBUSOBANUTSE!!!
    NGO UWAMUTEMYE YAVUGAGA IKIRUNDI CYUMWIMERERE??
    HARIHO IKIRUNDI GITANDUKANYE I BURUNDI/??????
    ATI RWARA UKIRA !!!!NIBA ATIRI BYO MWAMANDIKIYE ATAVUZE!!!!
    KUKO RUSHYASHYA NTABUNYAMWUGA MUJYIRA!!!!NAMATIKU MWANDIKA!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru