• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Editorial 11 Sep 2016 Mu Mahanga

Abatunze ibinyabiziga bo mu karere ka Rubavu n’abatuye mu nkengero zako, ibinyabiziga byabo bizasuzumwa imiterere yabyo mu minsi mike iri imbere, kuko imodoka ya Polisi y’u Rwanda isanzwe irimo ibikoresho byose bipima imiterere y’ibinyabiziga izaba iri muri aka karere mu gihe cy’imisi icumi.

Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda uyobora Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gupima imiterere y’ibinyabiziga, yavuze ko iyi modoka irimo ibikoresho byose bipima imiterere y’ibinyabiziga, igenda yoherezwa muri buri Ntara, ikaba yarashyizweho muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yiyemeje kwegereza no guha serivisi nziza abaturage.

Yagize ati:” ku itariki ya 14 Nzeri nibwo iyi modoka izatangira gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga mu Ntara y’I Burengerazuba n’abegeranye naho. Izaba iri mu karere ka Rubavu. Turasaba abatunze ibinyabiziga bo muri iyi Ntara gukoresha neza aya mahirwe babonye bakaza gusuzumisha ibinyabiziga byabo bakamenya imiterere yabyo”.

Iyi modoka irimo ibikoresho bipima imiterere y’ibinyabiziga, yunganira ibindi bigo bya Polisi bisanzwe bikora aka kazi. Ipima imiterere y’ibinyabiziga hirya no hino mu gihugu cyane cyane ariko igafasha abatuye kure y’Umujyi wa Kigali kuko ibasanga iwabo, bityo ikabarinda gukora urugendo rurerure bajya gupimisha imodoka zabo..

CSP Kalinda, yavuze ko iyi modoka ifite ubushobozi bwo gusumuma imodoka ijana buri munsi. Yagize ati:” Intara y’Uburengerazuba ifite imodoka nyinshi zikora ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi. Nk’uko bizwi rero, izi modoka zikorerwa isuzumwa buri mezi atandandu mu mwaka. Kuzizana i Kigali twasanze byabahenda cyane, bityo akaba ariyo mpamvu twahisemo kubegereza iyi serivisi, tujya iwabo gusuzumirayo ibinyabiziga byabo”.

Polisi y’u Rwanda yatangiye gahunda yo gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga mu mwaka w’2008, hakaba haratangiye imirongo ibiri ipima imodoka mu kigo cyayo (MIC) kiri i Remera mu karere ka Gasabo, ku buryo icyo gihe imodoka 150 zapimwaga ku munsi.

Muri iki gihe imodoka zisuzumwa imiterere yazo zariyongereye cyane, kubera ko imirongo isigaye ari itatu, iri mu kigo (MIC) kiri i Remera. Hari kandi imodoka irimo ibikoresho bipima imiterere y’ibinyabiziga ndetse n’undi murongo umwe uri mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda (PTS) riri i Gishali mu karere ka Rwamagana mu Ntara y’I Burasirazuba.

Ubu buryo bwo kwegereza no guha serivisi nziza abaturage bifuza, byagiye byongera

Umubare w’imodoka zisuzumwa. Umwaka ushize imodoka zasuzumwe imiterere yazo ziyongereyeho 27% ugereranyije n’umwaka wari wawubanjirije. Ni ukuvuga ko mu mwaka wa 2015 hasuzumwe imodoka 96, 283 mu gihe mu mwaka w’2014 hari hasuzumwe imodoka 75, 839.

Mu mezi atandatu abanza y’uyu mwaka, imodoka zimaze gukorerwa isuzumwa ry’imiterere yazo ni 152,778. Mu kwezi kw’Ugushyingo uyu mwaka, Polisi y’u Rwanda ifite gahunda yo gushyira indi mirongo ibiri mu kigo cyayo (MIC) kiri i Remera mu karere ka Gasabo, ikaba yiyongera ku yindi isanzwe ikoreshwa. Ibi bikaba byerekana ko umubare w’imodoka zikorerwa isuzumwa uziyongera cyane.

-4022.jpg

2016-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Apr 2016
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Editorial 06 Feb 2016
BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

Editorial 04 May 2016
Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Editorial 10 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 29 Dec 2016
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri
Mu Rwanda

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba
ITOHOZA

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Editorial 17 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru