• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko mu bantu batatu bifuza kuzaba abakandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Kanama uyu mwaka bari gusinyisha hirya no hino mu gihugu, harimo abari kubikora mu buryo bunyuranyije n’amategeko bafatira abantu mu tubari n’amasoko ndetse abandi baha abaturage amafaranga kugira ngo babasinyire.

Igikorwa cyo gushaka imikono y’abantu 600 kuri aba bifuza kuba abakandida, cyatangiye tariki 13 Gicurasi, iminsi 30 mbere y’uko gutanga kandidatire bitangira nkuko itegeko rigenga amatora mu Rwanda ribiteganya.

Kugeza ubu, abantu batatu batangiye guharanira kuzavamo abakandida bigenga mu matora yo ku wa 3 na 4 Kanama, harimo Mpayimana Philippe waje kwiyamamaza aturutse mu Bufaransa, aho yari amaze imyaka 14; Shima Rwigara Diane na Mwenedata Gilbert wigeze no kwiyamamariza kuba umudepite ntibyamuhira.

-6647.jpg

Mpayimana Philippe

Aba bantu bose batangiye ibikorwa byo gushaka imikono nkuko babisabwa n’itegeko ariko ngo hari abatangiye kubikora mu buryo butemewe. Ubusanzwe itegeko rivuga ko ushaka iyo mikono ashobora kubikora ku giti cye cyangwa agashaka abantu bamenyeshejwe Komisiyo y’Amatora babimufashamo, ariko abo bakabikora byabanje kumenyeshwa ubuyobozi bw’akarere bagiye kubikoreramo kandi bigakorerwa ahantu hamwe hazwi nabwo.

Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2017 habaga inama ihuje inzego zinyuranye ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru ku bijyanye n’amatora, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, yavuze ko bamwe muri abo bantu bifuza kuzaba abakandida bigenga bari gushaka imikono mu buryo butemewe n’amategeko, babikorera ahantu hatemewe.

Ati “Twagiranye inama nabo ku wa Gatanu tumaze kumenya ko batangiye n’uko babyifatamo kuko hari abagenda bakabikorera mu kabari bagasengerera abantu, hari abagenda ababasinyiye bakabaha amafaranga; ibyo byose twarabimenye turababuza tubabwira ko bakwiye kunyura ku buyobozi bakimenyekanisha, ko bakwiriye kumenyekanisha aho bazabikorera.”

Yakomeje agira ati “Nka Philippe [Mpayimana], avuga ko agomba kugenda, ko afite uburenganzira, ko atagomba kujya kwiyerekana, tukamubwira tuti ‘mu Rwanda ntabwo ari uko bimeze, hari ubutegetsi, ugomba kubumenyesha icyo ugamije’. Uwo mukobwa Diane [Rwigara] we atanga amafaranga. Turamubwira tuti ‘ntabwo ukwiriye gutanga amafaranga’, ati ‘rwose abantu baransinyira nkabona ko bangiriye neza kandi ndeba bakennye nkashaka kubafasha kubakura mu bukene nkabaha amafaranga.”

-6648.jpg

Diane Rwigara

Prof Mbanda asaba abayobozi batandukanye korohereza abo bantu basinyisha, babafasha kubikora mu mutekano, bibuka ko nabo ari Abanyarwanda kimwe n’abandi kandi ko bafite uburenganzira bwo gutora no gutorwa.

Ibi kandi byashimangiwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude, wavuze ko abashaka imikono bageze no mu ntara ayoboye ndetse hagira na bamwe babikora mu nzira zitari zo.

Ati “Abakandida baraje mu ntara yacu kandi turabakira gusa nabo icyo tubasaba ni uko banyura mu nzira zemewe n’amategeko nta gusanga umuntu ajya gushaka abantu nijoro, atanga ruswa ngo bamusinyire n’ibindi bikorwa bitarimo ubunyangamugayo. Baraza ku buyobozi bakatubwira icyo bashaka, tukaborohereza kugira ngo bakore ibabazanye kandi kugeza ubu biragenda neza.”

Yakomeje agira ati “Hari abazaga bakajya kwandikira abantu mu tubari babasengerera, gusinyisha abaturage batazi impamvu bari gusinya, umuntu akaba yaza akakubwira ngo hari uburyo nshaka kuguha imfashanyo none wansinyira aha ngaha cyangwa ngo nunsinyira nzaguha ibi n’ibi. Ibyo rero nibyo twanze.”

Amategeko agenga amatora ateganya ko umuntu ushaka kwiyamamaza nk’umukandida wigenga agomba kubona imikono y’abantu 600, ndetse ntagomba kujya munsi y’abantu 12 bamusinyira muri buri karere.

Biteganyijwe ko hagati ya tariki 12 na 23 Kamena, hazakirwa kandidatire. Tariki 27 uko kwezi, Komisiyo y’Amatora izatangaza kandidatire z’agateganyo mbere y’uko hatangazwa iza burundu tariki 7 Nyakanga.

Abazaba bemejwe nk’abakandida, bazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza tariki 17 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama, bucya haba amatora ny’ir’izina.

2017-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Editorial 18 Oct 2016
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2019
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020
Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Editorial 18 Oct 2016
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2019
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020
Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Editorial 18 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru