• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Editorial 26 Aug 2016 Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwakozwe ku bufatanye n’Umuryango Never Again Rwanda na Interpeace, bwagaragaje ko abaturage batagira uruhare rufatika mu mihigo kandi ko abashingamategeko n’abajyanama mu nzego z’ibanze bashyira mu bikorwa ibitekerezo batahawe n’abaturage.

Ubu bushakashatsi burashimangira ubwa RGB, bugaragaza uko abaturage babona ibibakorerwa ( Citizen Report card 2015 ) nayo yari yagaragaje iki kibazo.

Ibipimo by’ubushakashatsi bwa RGB

-3842.jpg

Ubushakashatsi bwerekana ko: 1. Gutegura imihigo yakarere 59% yagaragaje ko batabigiramo uruhare.

Gutegura ingengo yimari yakerere: 67.5% bavuze ko idategurwa neza kuko batabigiramo uruhare.

Gutegura igena migambi byibikorwa byakarere. 66.6% bagaragaje ko babyishimiye uburyo bikorwa kuko batabigiramo uruhare.

Irange ryumutuku rivuze abagaya naho ubururu rikavuga abashima.

Ubu bushakashatsi bwa RGB, bugize 10% ryamanota y’imihigo yuturere.

Inyandiko yuvuye y’ububushakashatsi yitwa: ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibanze.

Inyandiko wayisanga kurubuga rwa RGB. Ahanditse publications ugakanda ahanditse citizen report card hari versions ikinyarwanda n’icyongereza.

Never again ibyobyabonye byuzuzanya nibyo RGB yabonye! Nta gu tekinika byigeze biba kuko RGB ntiba mu nzego zibanze ahumbwo ubushakashatsi bugenzura imikorere yizo nzego.

-3843.jpg

Prof.Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

Mu bushakashatsi bwa Never Again Rwanda na Interpeace ,abaturage bashinja abajyanama b’inzego z’ibanze z’utugari, imirenge n’uturere kutabegera ngo babahe ibitekerezo bifuza ko byigwa mu nama za buri kwezi bagira, ahubwo bakitangira ibitekerezo byabo bwite.

Mu baturage 616 babajijwe muri ubu bushakashatsi, bagaragaje ko imihigo igenwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bagasabwa kuyesa batigeze bagira uruhare mu kuyishyiraho.

Bati “ Ni gute twafatanya n’ubuyobozi kwesa imihigo tutigeze tugira uruhare rwo kuyigena? Ubuyobozi bukwiye kujya butwegera tugafatanyiriza hamwe kugena iyo mihigo bityo tukazanafatanya mu isuzumwa ryayo no mu gihe cyo kuyesa, aho kuyiduturaho gusa tutazi aho yakorewe.”

Abaturage bemeza ko gahunda za Leta ari nziza kandi abazitekereza baba babifuriza iterambere, gusa bakanenga uburyo zishyirwa mu bikorwa.

-3810.jpg

Prof. Shyaka Anastase na Minisitiri Francis Kaboneka

Bahamya ko gahunda nyinshi zibituraho batari bazizi, abayobozi ntibanabegere ngo babasobanurire uko bimeze, ahubwo bakaza bababwira ziturutse hejuru zigomba gushyirwa mu bikorwa mu buryo bwihuse.

Abajyanama nta ruhare bagira mu mihigo, nabo bayiturwaho

Abajyanama mu nzego z’ibanze nabo bavuga ko batajya bagira uruhare mu mihigo, ko ahubwo abitwa abatekinisiye nka ba Gitifu, ba Meya na ba Visi Meya aribo bagira uruhare mu igenwa ryayo, bakayibazanira ngo bayisinye, babwirwa ko byihutirwa, nabo ngo bagasinya.

Abajyanama basobanura ko bategera abaturage nk’uko kuko badahabwa uburyo bwo kumanuka ngo basange abaturage babasabe ibitekerezo bazajyana mu nama njyanama.

Bavuga kandi ko batabona umwanya uhagije wo kwegera abaturage kubera imirimo ya buri munsi ibatunga baba bahugiyemo, dore ko uyu mwanya w’ubujyanama batawuhemberwa.

Inteko ikora amategeko idashingiye ku byifuzo by’abaturage

-3811.jpg

Abadepite baratungwa agatoki

Muri ubu bushakashatsi abaturage kandi bashinja abagize Inteko ishingamategeko imitwe yombi gukora amategeko badashingiye ku bitekerezo by’abaturage.

Bongeraho ko izi ntumwa za rubanda usanga baziheruka zije kubasaba amajwi, zamara kuyabona ntibongere kuzica iryera.

Itangazamakuru riha abaturage urubuga rwo kugaragaza ibyifuzo byabo

-3812.jpg

Muri ubu bushakashatsi, itangazamakuru ryashimiwe kuba urutindo ruhuza abayoborwa n’abayobora, rigaha abaturage urubuga bakagaragaza ibyo bishimira byaba ngombwa bakananenga ibikorwa nabi.

Bamwe mu banyamakuru babajijwe bagaragaje ko hari ibyemezo biturwa ku baturage batabigizemo uruhare ndetse batanabisobanuriwe, hakaba bimwe mu bikorwa bigenwa mu by’ukuri atari byo abaturage bakeneye.

Ange Subirous Tambineza, avuga ko ibikorwa bimwe na bimwe biturwa ku baturage batabizi, bigaragara ko batagira uruhare mu bibakorerwa, ahubwo hari abashinzwe kubatekerereza.

Aha uyu munyamakuru kimwe n’abaturage, asanga mbere y’uko ubuyobozi bugira icyo bukora bwari bukwiye kubanza kwicarana n’abaturage bakabubwira uko babyumva, ibyihutirwa hakurikije ibyifuzo by’abaturage.

Ntibibuza imiyoborere myiza gutera imbere

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent avuga ko imiyoborere myiza mu gihugu igenda itera intambwe, amakosa akorwa akaba agenda akosorwa uko iminsi igenda ihita.

-3813.jpg

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent

Yashimye ubu bushakashatsi bwakozwe, yibutsa ko imiyoborere myiza igendana n’ibyifuzo by’abaturage kandi ko Leta y’u Rwanda yishimira ko abaturage bagira ijambo mu bibakorerwa.

Ati “ Abaturage nibo musingi w’iterambere n’imiyoborere myiza, Guverinoma yacu yashyizeho inzego zituma abaturage bagira uruhare mu miyoborere yabo, bagomba kugira uruhare mu bibakorerwa byose, imihigo n’ingengo y’imari.”

Munyeshyaka akomeza asaba imiryango ya sosiyete sivili n’itangazamakuru gufatanya mu gufasha abaturage kugaragariza ubuyobozi ibyifuzo byabo, ibyo bishimiye n’ibyo banenga.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 616 barimo abagize inteko ishingamategeko, abayobozi b’uturere, abagize Inama Njyanama, abanyamakuru n’abaturage bo mu turere twa Nyabihu, Gasabo, Bugesera, Musanze, Nyarugenge, Rwamagana na Gicumbi.

-3809.jpg

Impuguke zasohoye raporo

2016-08-26
Editorial

IZINDI NKURU

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama  za Yesu Kristo.

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama za Yesu Kristo.

Editorial 26 May 2021
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Editorial 02 Aug 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Editorial 13 Oct 2016
Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Editorial 22 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria
ITOHOZA

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Editorial 26 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Editorial 10 Jun 2016
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi
INKURU NYAMUKURU

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Editorial 11 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru