• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Editorial 21 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Mu magambo adatunguranye, Ingabire Victoire yumvikanye ashimagiza umutwe wa Wazalendo wo mu gihugu cya Congo-Kinshasa uri inyuma y’ibikorwa byo guhohotera Abatutsi b’abakongomani.

Ingabire Victoire ni umugore warekuwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2018 ariko mu mwaka wa 2019 yasanzwe ariho ashishikariza urubyiruko rw’abahutu batarengeje imyaka 25, akaba ari nayo myaka abavutse mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bari bafite kugirango bishyire hamwe bayoboke ishyaka rye.

Ntabwo ushobora kuvuga FDLR utavuze Ingabire Victoire kuko yabaye umukuru wa RDR (Rassemblement pour le Retour des Refugiés’,) yaje kubyara FDLR. Gushimagiza Wazalendo ni ugushimagiza FDLR ndetse no gushyigikira ibikorwa byayo byo guhungubanya umutekano w’u Rwanda ndetse no gukomeza umugambi wayo wa Jenoside. Hari hashize igihe Ingabire acecetse ariko gushimagiza FDLR anasaba ko Perezida Kagame atagomba kwiyamamaza ni ibintu bibiri bifite aho bihuriye kugirango yongere yimike ingoma ya Hutu Power. Ingabire yabigerageje kenshi.

Hari tariki ya 11 Gicurasi 2019, ubwo Ingabire yatwaraga imodoka ye yerekeza Kirehe, mu murenge wa Kigina, akagari ka Ruhanga umudugudu wa Nyakarambi ahitwa Sun City Hotel, aho yakoresheje inama y’ishyaka rye ritemewe rya FDU Inkingi aho abagera kuri 22 bitabiriye iyo nama.

Iyi ni inshuro ya kenshi Ingabire yari agerageje gushyiraho umutwe w’insoresore uhungabanya umutekano w’u Rwanda dore ko mu byo yafungiwe harimo no gushyiraho umutwe witwara gisirikari nkuko inyandiko zakuwe murugo rwe mu Buholandi zibigaragaza.

Kuba Ingabire Victoire yashyigikira umutwe wa Wazalendo wo mu gihugu cya Congo-Kinshasa, ntibitangaje kuko uwo mutwe uhuje abitwa Nyatura, Mai Mai na FDLR bose bahuje intego n’Interahamwe bakaba ingengabitekerezo yayo ari imwe niy’interahamwe akaba ari ukwirukana no kwica Abatutsi muri Kivu y’Amajyaruguru.

Uyu mutwe wa Wazalendo, Ingabire ashimagiza wakoze ibyaha bitandukanye gushyira abana mu gisirikari, gufata abagore ku ngufu, kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi n’ibindi.

Akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko, Ingabire arishimira ibikorwa bya Wazalendo akemeza no kubishyigikira kuko n’umutwe wa FDLR urimo.

Mu mwaka wa 2010 nibwo ubushinjacyaha bw’u Rwanda rwagaragaje abasirikari batatu bakuru barimo gukorana na Victoire Ingabire gushyiraho umutwe wa gisirikari abo ni Lt. Col. Mbiturende Tharcisse; Lt. Col. Habiyambere Noel and Lt. Karuta Jean-Marie. Bamwe muri aba basirikari bafatiwe mu Burundi baje gufata amafaranga

Tariki ya 14 Nzeli 2018, nibwo Perezida Kagame yababariye Ingabire Victoire wari wakatiwe imyaka 15 hizewe ko yahindutse nyuma yo gusaba imbabazi. Mu nama ye yabereye Kirehe, Ingabire yashakaga urubyiruko rwakora impinduramatwara nkiyabaye mu bihugu by’abarabu mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Ingabire yamenya ni uko atari hejuru y’amategeko, n’akomeza ibikorwa bye byo gucamo Abanyarwanda amacakubiri azagezwa imbere y’amategeko. Naho ibyo kujya mu buyobozi abyibagirwe kuko kumubabarira imyaka yari asigaje gufungwa ntabwo bimukuraho icyasha cyo gutandukanya Abanyarwanda. Bityo ntiyemerewe kwiyamamaza.

 

 

 

2023-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Editorial 16 Jan 2025
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Editorial 26 Apr 2024
Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Editorial 24 Jul 2020
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Editorial 07 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 18 Apr 2019
Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2023
Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru