• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 07 Apr 2018 Mu Rwanda

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, turazirikana Abanyarwanda b’inzirakarengane basaga miliyoni bishwe bazira ko ari Abatutsi, akaba ari n’umwanya wo kubunamira no kubaha icyubahiro n’agaciro bibakwiye.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), rirakangurira abayoboke baryo by’umwihariko n’Abanyarwanda n’inshuti zabo muri rusange kwitabira ibikorwa byose bigamije kwibuka, byateguwe mu gihe cyo kwibuka, harimo no kurushaho kwegera abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kubafata mu mugongo no guhangana n’ingaruka zikomoka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zirimo n’ihungabana.

Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ni n’umwanya wo kuzirikana no gushima ubutwari bw’ingabo zari iza FPR Inkotanyi zitanze zitizigama, zigahara ubuzima bwazo kugira ngo zihagarike Jenoside yakorerwaga Abatutsi. Ni nawo musingi wubakiweho iterambere, ishema n’agaciro by’Abanyarwanda.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL) rirashima rikanashimira by’umwihariko Nyakubahwa KAGAME Paul, Perezida wa Repubulika, wayoboye ingabo zabohoye Igihugu zikanahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ubu umutekano ukaba uganje mu Gihugu, Abanyarwanda bafite uburenganzira busesuye n’amahirwe angana, ubutabera kuri bose, u Rwanda rukaba rutera imbere ubutitsa.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL) rishyigikiye byimazeyo kandi rizakomeza gushishikariza abandi inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda hashimangirwa gahunda ya «Ndi Umunyarwanda», duhangana n’abahakana jenoside yakorewe Abatutsi, abayipfobya ndetse n’abafite ingengabitekerezo yayo, duharanira ko itazongera kubaho ukundi haba mu Rwanda no mu mahanga

Ishyaka PL rirakangurira Abanyarwanda gukomera ku ndangagaciro zo gukunda Igihugu, kurangwa n’ubutwari, ubupfura n’ubwangamugayo, gukora umurimo unoze no kureba kure.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), ryiyemeje kudatezuka ku ntego yo kubaka Igihugu no kugira uruhare mu miyoborere myiza, imibereho myiza y’Abanyarwanda n’iterambere rirambye rishingiye ku ntego zaryo z’Ukwishyira Ukizana, Ubutabera n’Amajyambere.

Bikorewe i Kigali, kuwa 07 Mata 2017

 

MUKABALISA Donatille

Perezida w’Ishyaka PL

 

 

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Imvururu  zishingiye  gushyiraho  Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles  Mumbere atabwa muri yombi
ITOHOZA

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Nov 2016
FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore
Amakuru

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Ubwanditsi 17 Mar 2022
Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti
Amakuru

Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Ubwanditsi 23 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru