• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»UEFA CL2016: Manchester City yabonye itike mu mukino warangiye harimo abakinnyi 20

UEFA CL2016: Manchester City yabonye itike mu mukino warangiye harimo abakinnyi 20

Editorial 24 Nov 2016 IMIKINO

Ikipe ya Manchester City mu cyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bwongereza yabonye itike ya 1/8 cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions League nyuma yo kubona itike bigoranye mu mukino yanganyijemo na Borussia Monchengladbach igitego 1-1.

Ni umukino waberaga kuri Borussia Park sitade ya Borussia Monchengladbach ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu aho iyi kipe yo mu Budage yafunguye amazamu ku munota wa 23’ w’umukino biciye kuri Raffael.

-4792.jpg

Fernandinho amaze guhabwa umutuku yahise acika ururondogoro

-4793.jpg

Igice cya mbere cyenda kurangira Mochengladbach yishyuwe igitego ku munota wa 45’, igitego cyatsinzwe na David Silva, nyuma yuko Fernandinho yari amaze guhabwa ikarita y’umuhondo.

Gusa mbere yuko Monchen ibona igitego, umukinnyi wayo Lars Stindl yari yahawe ikarita y’umuhondo ku munota wa 20’. Ku munota wa 49’, Mahmoud Dahoud wa Monchen nawe yahawe ikarita y’umuhondo.

Bigendanye n’igitutu abakinnyi bari bafite, ku munota wa 51’ w’umukino, Lars Stindl yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo yahise imuviramo ikarita itukura ahita ava mu kibuga, biba bibaye ngombwa ko basigara ari abakinnyi 10 imbere ya Manchester City.

-4794.jpg

Fernandinho akora ikosa rya mbere ryamuviriyemo ikarita y’umuhondo

Nyuma y’iminota 12’, Fernandinho yongewe ikarita y’umuhondo yahise imuviramo ikarita itukura ahita asohoka mu kibuga bihita biba ngombwa ko Manchester City nayo isigarana abakinnyi 10 mu kibuga, bityo ikibuga gisigaramo abakinnyi 20 mu gihe mu busanzwe umukino utangira harimo abakinnyi 22.

Tonny Jantschke na Rafael nabo bahawe amakarita y’imihondo bituma umukino wose muri rusange ubonekamo amakarita arindwi y’imihondo ndetse n’amakarita abiri atukura. Imaze kunganya uyu mukino, Manchester City yahise ibona itike ya 1/8 cy’irangiza kuko yahise yuzuza amanota 8 inyuma ya FC Barcelona ifite amanota 12 mu gihe Monchengladbach iri ku mwanya wa 3 n’amanota 5.

Ku mukino w’umunsi wa nyuma uzakinwa kuwa 6 Ukuboza 2016, Manchester City izakira Celtic mu gihe Borussia Monchengladbach izaba yisobanura na FC Barcelona.

-4791.jpg

2016-11-24
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Editorial 28 Jan 2024
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Editorial 06 Sep 2023
Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda

Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda

Editorial 27 Feb 2020
Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Editorial 29 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Editorial 19 Apr 2017
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo
Amakuru

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Editorial 22 Nov 2024
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$
UBUKUNGU

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Editorial 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru