• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Editorial 01 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda kiravuga ko cyataye muri yombi abantu bakekwaho kwica mwishywa wa Perezida Museveni, Joshua Nteireho wicanwe n’umugore witwa Merina Tumukunde mu kwezi gushize.

Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga ntiyavuze amazina y’abakekwaho ubwo bwicanyi bafashwe n’uko bangana, ariko amakuru ava mu gipolisi aravuga ko ari abantu bane bafatiwe muri Kampala.

Enanga yavuze ko abashinzwe iperereza bakiriye amakuru yizewe abatawe muri yombi bafite aho bahuriye n’ubu bwicanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

“Batawe muri yombi muri weekend. Ibazwa ryabo riracyakomeje,” uyu ni Fred Enanga kuri uyu wa Mbere.

Nteireho yarashwe mu mutwe arapfa arasiwe hafi y’imodoka ye yari atwaye ari kumwe n’umugore witwa Tumukunde warasiwe mu modoka hagati ya saa 10:30 z’ijoro na Saa tanu hafi y’Ikiraro cya Nambigirwa Bridge ku itariki 05 Nzeri.

Abapolisi kuri ubu bari gushakisha Toyota Harrier bivugwa ko abafashwe bakoreshaje ubwo bakoraga ubwicanyi.

Abakekwa kandi ngo bafashwe amashusho na camera za CCTV zo kuri ‘supermarket’ iri ahitwa Zana, ku Muhanda wa Entebbe, ariko ngo amasura yabo ntagaragara neza.

Amashusho agaragaza abakekwa basuhuza ba nyakwigendera ndetse binjira muri resitora baraganira. Nteireho ngo ubwo yinjiye mu modoka yari yakodesheje, naho abakekwa binjira muri Toyota Harrier baramukurikira nyuma Nteireho na Tumukunde basangwa biciwe ku muhanda.

Kuva ibyo bibaye, abari muri Toyota Herrier ntibigeze bigaragaza ngo batangaze ibyo baganiriye na ba nyakwigendera ubwo bavuganaga muri resitora.

Abakekwa bakaba baratawe muri yombi nyuma y’aho itsinda rishinzwe iperereza rigenzuriye abantu bavuganye kuri telephone na Nteireho, telephone zabo zirakurikiranwa aho nyakwigendera yagiye aca, babasha kumenya abakekwa.

Enanga akaba yavuze ko abashinzwe iperereza bari bahawe mbere amakuru yizewe ku bakekwa ariko ntibabata muri yombi kugeza bamenye neza ko bagiye gufata abantu ba nyabo.

Igipolisi kikaba cyari cyarabanje guta muri yombi umupolisi imbunda ye yasanzwe ahakorewe ubwicanyi. Uyu mupolisi akaba yaravuze ko yasize imbunda ye mu modoka ya nyakwigendera agiye kwihagarika yagaruka agasanga bamusize.

Iperereza no gusesengura amashusho ya CCTV zo ku Muhanda wa Entebbe bikaba byarashimangiye ibyo uyu yatangaje bituma igipolisi gishakira ahandi ababa bari inyuma y’ubwo bwicanyi.

2019-10-01
Editorial

IZINDI NKURU

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Editorial 07 May 2018
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Editorial 28 Jul 2023
Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Editorial 02 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Museveni
    October 2, 20194:09 am -

    Hahahahhhh!! Umupolisi ajya kwihagarika agasiga imbunda imodoka ikayijyana! Ubwo se bari kongera guhurira he? Yari yizeye abo bantu gute? Ariko abarashwe ubanza bari mu bikorwa byo guca inyuma uwo mwashakanye!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix
Amakuru

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida
POLITIKI

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Editorial 28 Dec 2017
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!
Amakuru

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru