• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Editorial 30 May 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Biratangaje kubona inzego z’umutekano muri Uganda[ CMI ] sizigaye zihohotera n’abacongomani zibitiranya n’abanyarwanda. Umuturage wa RDC, Steven Moïse w’imyaka 27 yahohotewe n’inzego z’umutekano muri Uganda, zimwitiranya n’Abanyarwanda. Aho gusubizwa muri Kongo, Uganda yamwohereje mu Rwanda, akaba kuri uyu wa Gatatu yashyikirijwe igihugu cye.

Ibi biraba mugihe Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwandikira Uganda isaba ibisobanuro ku baturage bayo bafungiwe muri icyo gihugu cy’abaturanyi, nyuma y’abandi babiri bo mu Karere ka Nyagatare bafatiwe muri Uganda mu cyumweru gishize.

Mu Cyumweru gishize nibwo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25, batuye mu Mudugudu wa Gahamba mu Kagali ka Tabagwe mu Murenge wa Tabagwe ho mu Karere ka Nyagatare, bafatiwe mu karere ka Rukiga muri Uganda batashye ibirori by’inshuti yabo, bafatirwa mu kiliziya n’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare rw’icyo gihugu, CMI.

Bashinjwe ko binjiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko nk’intasi za leta y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yandikiye Uganda ishaka kumenya irengero ry’abaturage bayo, kugira ngo bahabwe ubufasha mu kubunganira aho bishoboka.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yabwiye Itangazamakuru ati “Turabikora buri gihe, n’ubu twarabikoze. Turababaza ngo batubwire aho bari kandi batwemerere kubasura no gukurikirana ibyabo.”

Ambasaderi Mugambage avuga ko kugeza ubu hari abanyarwanda amagana bafungiwe muri Uganda, bamwe bari muri kasho za CMI abandi bafungiwe mu bice bitandukanye by’icyo gihugu, utabariyemo abirukanwe muri icyo gihugu kuko basaga igihumbi.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rumaze kwandika inshuro nyinshi rusaba ibisobanuro ku bijyanye n’ifatwa ry’abaturage barwo ariko ko nta gisubizo rwigeze ruhabwa.

Nyuma y’ifatwa ry’aba banyarwanda baheruka, Uganda yabanje gutangaza binyuze mu binyamakuru ko “bikekwa ko ari abasirikare”, mu gihe abaturanyi babo mu karere ka Nyagatare bahamya ko ari abasivili basanzwe, bagiye muri Uganda gutaha ibirori bya munywanyi wabo.

Kugeza ubu Uganda ntacyo iratangaza ku irengero ryabo, gusa hari n’amakuru ko bagiye gufungirwa i Kampala.

Samvura na Habiyaremye bashimutiwe ahitwa Gasheke, mu kilometero 1.5 winjiye ku butaka bwa Uganda. Abaturanyi babo barimo uwitwa Batamuriza Aline wo mu mudugudu wa Tabagwe, Akagari ka Tabagwe mu murenge wa Tabagwe, avuga ko abafashwe bari abaturanyi ntaho bahuriye no kuba ba maneko.

Ati “Uwo mugabo ngo ni Samvura ndamuzi neza asanzwe ari umuturanyi wanjye, yagiye hakurya mu Bugande atashye ubukwe bwa Silver […] Agezeyo rero hahise haza igisirikare cya Uganda kimusohora mu Kiliziya we n’undi bita Fils bahita babajyana mu modoka za Polisi barabatwara.”

Ku wa Mbere ubwo Uganda yashyikirizaga u Rwanda umurambo w’umuturage warwo uherutse kurasirwa mu Murenge Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, umuyobozi w’ako karere, Mushabe David Claudien, yavuze ko nubwo Uganda igaruye uwapfuye, bikwiye ko n’abafungiwe akamama muri icyo gihugu nabo barekurwa.

Yakomeje agira ati “Ni byiza kuba mwazanye umunyarwanda wacu ariko nanone byaba byiza muzanye abandi benshi bari mu gihugu cyanyu ni benshi, n’ejobundi mwafashe abandi babiri bari muri Uganda, uburyo mutuzaniye uyu wapfuye ni byiza ko mwanatuzanira abo bakiriyo ndatekereza ko ibyo bikozwe byadushimisha cyane.”

Muri Werurwe nibwo Guverinoma y’u Rwanda yasabye abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo, nyuma y’ubuhamya bw’abarengaga 800 bari bamaze iminsi birukanwa ku butaka bw’icyo gihugu bagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

2019-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Editorial 18 Nov 2017
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Editorial 01 Mar 2022
Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Editorial 16 Sep 2016
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Editorial 03 Oct 2016
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Editorial 18 Nov 2017
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Editorial 01 Mar 2022
Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Editorial 16 Sep 2016
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Editorial 03 Oct 2016
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Editorial 18 Nov 2017
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Editorial 01 Mar 2022
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 3, 20199:52 am -

    Niba Uganda yahohoteye umuturage wa Congo nimureke Congo abe ariyo ibyamagana. Mwe mutabarize abanyarwanda gusa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru