• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Editorial 01 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na Alibaba Group basinyanye amasezerano atatu y’ubufatanye yo gutangiza urubuga eWTP (electronic World Trade Platform), rufasha ibigo bito n’ibiciriritse gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka binyuze mu ikoranabuhanga.

Uyu muhango wabereye i Kigali ku wa 31 Ukwakira 2018. Witabiriwe na Perezida Paul Kagame; Jack Ma washinze akaba anayobora Alibaba Group; Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’abandi.

Aya masezerano azateza imbere gahunda yo guhanga udushya, ubucuruzi ndengamipaka, aho ibicuruzwa by’u Rwanda bizajya bigurwa mu Bushinwa binyuze ku isoko ryo kuri internet rya Alibaba Group.

Abashinwa na bo bazoroherezwa kubona ibyiza nyaburanga by’u Rwanda no kurusura banyuze ku rubuga rwa Fliggy bashobora gufatiraho itike z’indege n’amahoteli mbere.

Umuyobozi wa Alibaba Group, Jack Ma, yavuze ko ari iby’agaciro gukorana n’u Rwanda rwatangirijwemo eWTP muri Afurika.

Yagize ati “Nizeye ko kuva uyu munsi eWTP mu Rwanda ishobora gufasha imishinga mito, urubyiruko n’abagore hano gucuruza ibyo bakora muri Afurika n’ahandi ku Isi. Mu myaka 10 ishize ubwo natangiraga Alibaba nizeraga ko internet izahindura Isi, ko ubucuruzi bunyuze mu ikoranabuhanga bwazamura ishoramari.”

Mu mezi 12, Jack Ma amaze kugirira ingendo ebyiri mu Rwanda.

Yagize ati “Barambajije bati ‘Hari ibihugu byinshi muri Afurika, kandi dufite byinshi tugenderaho mu gutoranya igihugu kizakorana na eWTP. Kuki u Rwanda?’ Igisubizo cyanjye ni ‘Kuki atari u Rwanda?’’

Yavuze ko ‘‘U Rwanda ni igihugu cyagutse. Nakigezemo bwa mbere nizihirwa n’umutekano wacyo, isuku n’imbaraga zidasanzwe zo guharanira impinduka.’’

Jack Ma yavuze ko mu 2017, aza bwa mbere muri Afurika yari azi ko ari umubagane ukennye, wuzuye ibyorezo n’ibindi bibi.

Ati ‘‘Nageze hano mpindura imyumvire yanjye. Biratandukanye n’ibyo natekerezaga. Nabwiye bagenzi banjye ko buri gihugu cya Afurika kimeze nk’u Rwanda waba ari umugabane udasanzwe. Nasanze ntari nzi neza Afurika.’’

Uyu muherwe w’imyaka 54 avuga ko ‘‘U Rwanda ruri mu bihugu bike byaciye ikoreshwa ry’amashashi. Nasuye urwibutso, igihugu cyanyu cyanyuze mu bihe bikomeye ariko mu gihe gito cyariyubatse. Mufite umuyobozi udasanzwe. Simbivuze kuko ndi imbere ye, mbivugira no muri bagenzi banjye . Ni iby’agaciro kuri njye kuba muzi’’.

‘‘Ubu ni inshuro ya kane duhuye tukaganira, buri gihe nishimira umuhate we. Abayobozi benshi bavuga gushyigikira imishinga mito n’urubyiruko ariko ntibabikora. We narabimuganirije arambwira ati ‘Jack reka tubikore.’’

Jack Ma yabajijwe uko u Rwanda rwahabwa kwakira eWTP rudafite ibikorwa remezo bihagije.

Yasubije ko ‘‘Ni yo mpamvu twaje hano. Ntangira Alibaba mu Bushinwa, nta wizeraga ko ubucuruzi bwo kuri internet buzashinga imizi.’’

U Rwanda ruzungukira muri ubu bucuruzi kuko abanywa ikawa rwohereza mu Bushinwa biyongeraho 15% ku mwaka.

Umuhinzi w’ikawa yoherezwa muri Amerika abona $8, iki gihugu kikayigurisha $16; binyuze muri eWTP, umuhinzi akabona $12.

Mu gihe gito Alibaba yacururijweho amapaki arenga 1000 y’ikawa y’u Rwanda.

Jack Ma yavuze ko ‘‘Gukorana n’u Rwanda bidashingiye ku bwiza bw’ikawa y’u Rwanda iza ku isonga ku Isi ahubwo ni imikorere myiza ya Guverinoma. Uburyo bagenzi banjye bakiriwe kuva ku kibuga cy’indege twaravuze tuti dukwiye kuzana Guverinoma y’u Bushinwa n’iz’ahandi hano kwiga.’’

Abashinwa b’abakerarugendo bakoresheje miliyari 300 z’amadolari mu bukerarugendo mu 2017, ni bo bakoresheje menshi ku Isi. Abaje mu Rwanda bagera ku 5000.

2018-11-01
Editorial

IZINDI NKURU

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Editorial 18 Jul 2018
Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018
Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Editorial 18 Apr 2018
Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Editorial 20 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze
Amakuru

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Editorial 14 Mar 2021
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi
UBUKUNGU

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Editorial 17 Aug 2018
Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17
IMIKINO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Editorial 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru