• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Editorial 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Igihembo cy’amadolari miliyoni eshanu gitangwa na Mo Ibrahim Foundation cyabuze ucyegukana mu mwaka ushize wa 2015.

Salim Ahmed Salim ukuriye akanama gatanga icyo gihembo yatangaje muri iki cyumweru yuko nta muntu numwe wujuje ibisabwa mu mwaka ushize ngo abe yakwegukana icyo gihembo.

Icyo gihembo kitiriwe umuherwe Mo Ibrahim gihabwa umukuru w’igihugu wacyuye igihe mu gihe cya vuba akaba yararanzwe n’imikorere myiza ku gihugu cye. Uwo muntu kandi agomba kuba yaragiye ku butegetsi binyuze mu matora kandi akabuvaho atarengeje manda zemewe n’amategeko.

Umuntu wa vuba uherutse kuva ku butegetsi ni Jakaya Mrisho Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania kugera mu mpera z’umwaka ushize.

Kikwete ari hafi kuva ku butegetsi ibitangazamakuru bimwe na bimwe muri Tanzania byakomeje kuvuga yuko ashobora kuzegukana icyo gihembo gifite amafaranga atubutse kurusha ikindi icyo aricyo cyose ku isi.

-2991.jpg

Jakaya Mrisho Kikwete

Impamvu Kikwete ategukanye icyo gihembo umuntu ashobora kuzibazaho. Kikwete yagiye ku butegetsi mu buryo bwemewe n’amategeko anarangije manda ye ya kabiri abuvaho ataruhanyije.

Ariko ubutegetsi bwa Kikwete bwaranzwe n’icyo umuntu yakwita imyanda mu mitegekere, harimo Corruption na za Ruswa z’amako yose kugeza n’aho byanateye umujinya abaterankunga bagahagarika zimwe mu mfashanyo !

Ubwo butegetsi bwa Kikwete kandi bwigeze kwirukana Abanyarwanda babaga muri icyo gihugu n’abatanzania bamwe na bamwe bakabigwamo nta kuntu bitamugabanyirije amanota. Uko Kikwete kandi yagendaga akorana amanama n’abantu badashobotse nk’abo muri FDLR nabyo Mo Ibrahim Foundation ntabwo yabura kubimuhanira !

Uwatsindiye igihembo cya Mo Ibrahim Foundation ahita ahabwa miliyoni eshanu z’amadolari, akazakomeza ahabwa amadolari ibihumbi 200 buri mwaka kugeza apfuye !

-2992.jpg

Hekifepunye Pohamba

Agihembo cy’ubushize 2014 icyo gihembo kegukanywe na Hekifepunye Pohamba wahoze ari Perezida wa Namibia.

Abandi bakegukanye ni Joaquim Chissano wahoze ayoboye Mozambique (2007), Festus Mogaye wahoze ayoboye Botswana (2008) na Pedro Pires wahoze ayoboye Cabe Verde (2011).

Casmiry Kayumba

2016-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Editorial 03 Oct 2021
Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Editorial 10 Jun 2017
Uganda igiye kwakira abakuru b’ibihugu bagize umuhora wa ruguru

Uganda igiye kwakira abakuru b’ibihugu bagize umuhora wa ruguru

Editorial 18 Apr 2016
Nyabihu: Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu yasezeye

Nyabihu: Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu yasezeye

Editorial 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Editorial 21 Aug 2018
Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Editorial 02 May 2018
Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze
INKURU NYAMUKURU

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Editorial 29 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru