• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu

Editorial 17 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ukunzwe cyane n’Abaturage be muri iki gihe kubera aho agejeje igihugu mu kwiyubaka n’iterambere rigaragarira buriwese, n’umugabo urangwa n’impuhwe nk’uko yabigaragaje ayobora urugamba rwa RPF rwaje guhagarika Jenoside, rukabohora abanyarwanda bari bamaze imyaka isaga 30 baboshye.

Kagame yagaragaje impuhwe arokora bamwe mu batutsi bahigwaga n’interahamwe n’ingabo zatsinzwe, nyuma aza no kubabarira abo bicanyi bahekuye u Rwanda, bakica inzirakarengane zisaga miliyoni, ariko bakababarirwa bakava mu mashyamba ya Congo n’ahandi bakerakeraga bagatahuka mu rwababyaye, ikirenze icyo bagasubizwa n’ibyabo byari byarabohojwe.

Umuryango udaharanira inyungu mu Rwanda wita ku iterambere rirambye, Rwanda Youth Organisation for Sustainable Development (RYOSD) muri Gashyantare 2017 wasohoye igitabo wise “Intwari Mpinduramatwara Paul Kagame”, kigaragaza ibikorwa bye by’indashyikirwa.

Igitabo kivuga ubutwari bwa Perezida Kagame

Mu Ukwakira 2017, Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, yasohoye  igitabo yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’ aho avugamo ubutwari bwaranze Perezida w’u Rwanda agaragaza ko ari intwari ya Afurika nkuko Charles de Gaulle yubahwa muri Politiki y’u Bufaransa.

Philippe Lardinois wunganira abantu mu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu kandi muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’ikirenga muri ‘philosophie’ yakuye muri Kaminuza ya Gatolika ya Louvain. Uyu mugabo yamuritse  ku mugaragaro iki gitabo cy’amapaji 144 yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’.

Muri iki gitabo, umwanditsi agaragaza ko Perezida Kagame ari de Gaulle wa Afurika, afatiye ku mibereho n’ibikorwa bya ‘General Charles de Gaulle’ uzwi cyane mu mateka y’u Bufaransa n’u Burayi, ari nawe washinze Repubulika ya gatanu y’u Bufaransa, ahangana cyane n’aba Nazi bashakaga kuyobora u Bufaransa.

Icyaje gutangaza abantu  kuri Kagame  ni uko ejo bundi yababariye abari bagambiriye ku mugirira nabi. Duhere kuri Ingabire Victoire, waregwaga ibyaha bitandatu birimo kugambanira igihugu.

1.Icyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo za 2-4 z’itegeko n°18/2008 ryo kuwa 23/07/2008 rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside.

  1. Icyaha cy’ubufatanyacyaha mu bikorwa by’iterabwoba cyateganywaga kandi kigahanishwa ingingo za 21 3°, 75 na 76 z’Itegeko n° 45/2008 ryo kuwa 09/09/2008 ryerekeye kurwanya iterabwoba ryakoreshwaga igihe icyaha cyakorwaga.
  2. Icyaha cyo gukurura amacakubiri cyateganywaga kandi kigahanishwa ingingo za 3 na 5 z’Itegeko n° 47/2001 ryo kuwa 18/12/2001 rihana icyaha cy’ivangura n’icyo gukurura amacakubiri ryakoreshwaga igihe icyaha cyakorwaga
  3. Icyaha cyo kwamamaza nkana ibihuha bigamije kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, cyateganywaga kandi kigahanishwa ingingo ya 166 y’Itegeko n° 21/77 ryo kuwa 18/08/1977 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda cyakoreshwaga igihe icyaha cyakorwaga.
  4. Icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo bagamije igitero cy’intambara, cyateganywaga kandi kigahanishwa ingingo ya 163 y’Itegeko n° 21/77 ryo kuwa 18/08/1977 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda cyakoreshwaga igihe icyaha cyakorwaga.
  5. Icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ingingo z’imena z’Itegeko-Nshinga ukoresheje iterabwoba n’intambara nkuko byateganywaga mu ngingo za 21, 22, 24 na 164.

Uyu mukuru w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremererwa gukorera mu gihugu yahamijwe ibyaha  birimo gupfobya Jenocide . Kuwa 13 Ukuboza 2013 nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwakatiye Ingabire gufungwa imyaka 15 nyuma yo kumuhamya ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Urukiko rwashingiye ku bimenyetso ubushinjacyaha bwabonye muri urwo rubanza birimo ubutumwa Ingabire yagiye yohererezanya n’abantu bo muri FDLR, izerekana amafaranga yagiye aboherereza ngo bagure intwaro n’ibindi.

Ingabire Victoire asinya mu gitabo cy’imfungwa n’abagororwa ko arekuwe

Ku wa 25 Mata 2012, ubushinjacyaha bwa Leta y’u Rwanda bwahaye urukiko rukuru (High Court) kopi y’ibaruwa Madame Victoire Ingabire Umuhoza yandikiye Perezida wa Republika ku wa 06 Ugushyingo 2011 yemera ibyaha ndetse akanabisabira imbabazi.

Ati : “Nyakubahwa muyobozi mukuru w’igihugu cyacu, ari mwe ku giti cyanyu, ari n’Umunyarwanda uwari we wese waba warakomerekejwe ku mutima n’imvugo cyangwa inyandiko zanjye, mbisabiye imbabazi. Nta na rimwe nagize icyo ntangaza ngambiriye kugira uwo nambura icyubahiro cyangwa uburenganzira bwe.

(…) Nkaba mbasaba , Nyakubahwa Muyobozi mukuru w’igihugu cyacu, ko mu bushobozi bwanyu no mu bushishozi mufite, mwagena ko nafungurwa, ngasubirana uburenganzira busesuye, ngafatanya n’abandi Banyarwanda gukomeza guteza imbere igihugu cyacu. (…)”.

Ibaruwa Madame Ingabire Victoire yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame asaba imbabazi  http://rwandarwiza.w.r.f.unblog.fr/files/2012/05/Ibaruwa-Madame-Ingabire-yandikiye-Perezida-wa-Republika1.pdf

Hashingiwe rere kuri iyi baruwa Ingabire Victoire yahawe imbabazi ku gifungo yari asigaje ku gihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yari yakatiwe n’Urukiko rw’Ikirenga.

Umuhanzi Kizito Mihigo 

Kuwa 10 Werurwe 2014, Kizito yabwiye (mu butumwa bugufi) umwe mu bayobozi ba RNC, Callixte Nsabimana bita Sankara ati “Ariko rero mon ami (nshuti yanjye), jyewe numva rwose mubonye uburyo mukuraho Rwabujindiri hatabaye intambara, byaba byiza kurushaho.”

Ibi byerekana ko Kizito Mihigo yari azi ko ubugambanyi bwo gukuraho Perezida buzakoresha intambara.

Uyu bandikiranaga witwa Sankara nawe amusubiza mu magambo y’icyongereza agira ati: “At this point, war is inevitable because he cannot agree to negotiations.”

Mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo: “Kuri uru rwego, intambara niyo yonyine ishoboka kuko adashobora kwemera ibiganiro.”

Mu biganiro na Sankara, Kizito Mihigo yongeye kohereza ubundi butumwa bugira buti: “Isn’t there a way to force him? Or why don’t we kill him (Kagame) only?”
Bishatse kuvuga ngo “Ntanzira yindi ishoboka yo kumuhata? Cyangwa kubera iki tutamwica wenyine?”

Sankara yaramushubije ati: “Tugomba kwitegura gukoresha imbaraga, tugafata Intara imwe byihuse tukereka ibihugu byo hanze, hanyuma bakaza hagati yacu bagategeka ko habaho ibiganiro.”

Kizito yarashubije ati “Numva aricyo Imana yandemeye.”

Umuhanzi Kizito Mihigo

Uyu muhanzi Kizito  Mihigo wari uzwi cyane mu ndirimbo z’Imana, izivuga urukundo, ubumwe n’ubwiyunge n’iza Politiki yahamwe n’ibyaha bine(4);
– Kurema umutwe w’abagizi ba nabi,
– Ubugambanyi bwo kugirira nabi Ubutegetsi buriho cyangwa umukuru w’igihugu,
– Ubwoshye bw’ubugambanyi bwo kugirira nabi umukuru w’igihugu
– Gucura umugambi w’ubwicanyi.Yafashwe mu mwaka wa 2014.

Kizito yahawe imbabazi ku gihano cy’igifungo cy’imyaka icumi yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru. Nyuma yo kwandikira Perezida wa Repubulika atakamba, akaza no guhagarika ubujurire bwe mu iburanisha  ryo kuwa mbere tariki ya 10 Nzeli 2018,  ubwo Kizito Mihigo hamwe na Jean Paul Dukuzumuremyi bari baje kumva Urukiko rw’ikirenga ku busabe bwabo banditse basaba ko ubujurire batanze buhagarara.

Bizimungu Pasteur 

Si ubwa mbere Perezida Kagame ababarira uwari ufite imigambi yo kumugirira nabi , uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Pasteur Bizimungu, wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 15 n’Urukiko rw’Ikirenga tariki ya 15 Gashyantare 2006, yandikiye Perezida w’u Rwanda Paul Kagame amusaba imbabazi.

Mu ibaruwa yanditse mu Kinyarwanda  ku wa 19 kugeza ku ya 26 Mata 2006, k’urupapuro rwa 3, ifite impamvu mu rurimi rw’Igifaransa n’Icyongereza igira iti « Exercice of Prerogative of Mercy (recours en grâce) art 287, 233, loi 13/204 du 17/5/2004 ».

Bizimungu atangira agira ati : « Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mu manza ndangije nayobowe n’umutimanama wanjye unyereka ko ntagambiriye gucumura, kugira nabi, kwica itegeko. »

Bizimungu akomeza avuga ati : « Kuburana byararangiye, nkaba rero mbasaba, nyakubahwa, guca inkoni izamba mukamvanaho ibihano bisigaye inkiko zampaye, nkarekurwa, nkivuza indwara zananiranye hano muri gereza, ngafatanya n’abandi kubaka u Rwanda. Biruta gukomeza kuzirikwa mu munyururu, aho ndangije igihe kirenze icyo abandi ubundi basanzwe badohorerwaho mu nyungu rusange z’igihugu. »

Bizimungu Pasteur

Bizimungu gusa usaba Perezida Kagame imbabazi ;  Charles Ntakirutinka bari  bafunganywe we yarinangiye.

Perezida Kagame usabwa imbabazi, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 30 Werurwe 2006, yari yatangaje ko atababarira umuntu utamusabye imbabazi. Uwo yavugaga ni Bizimungu yasimbuye.

Bizimungu  yasabye imbabazi kubera ko ibyemezo by’Urukiko rw’Ikirenga bitajuririrwa, imwe mu nzira zo kugira icyo byahindurwaho ikaba ari imbabazi Perezida wa Repubulika atanga akurikije ububasha ahabwa n’amategeko.

Abantu batandukanye, barimo abanyeporitiki batangarije  Rushyashya  ko Perezida Kagame ari umunyampuhwe, ko uyu mutima wa kimuntu afite ariwo watumye afata icyemezo cyo gufungura aba banyapolitiki mu byukuri bari bafite umugambi wo kumugirira nabi. Bongeraho ko ni igihe Kayumba Nyamwasa wataye umurongo yaza akicuza agasaba imbabzi Perezida Kagame ya mubabarira.

Bitandukanye rero nibyo bamwe mu banyapolitiki nka Twagiramungu Faustin n’ uwiyita umuyobozi wa FLN Nsabimana Calixte Sankara n’abandi bitwako barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda  barimo na Gen. Kayumba Nyamwasa bamaze iminsi bavugira ku ma radio akorera mu buhungiro kuri za internet  ko haba harabayeho  igitutu cy’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga,  cyane cyane ngo kutumvikana hagati y’u Rwanda na Uganda  n’u Burundi aribyo byatumye Perezida Kagame afungura izi mfungwa zaregwaga  ibyaha bikomeye birimo kugambanira igihugu.

 

2018-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Editorial 22 May 2018
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Editorial 22 May 2018
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Editorial 22 May 2018
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023
prev
next

4 Ibitekerezo

  1. INGABIRE VICTOIRE
    September 18, 20188:11 am -

    RUSHYASHYA…mureke kubeshya dore ko byabokamye. Nta mbabazi nigeze naka. Murumva ?kandi POLITICS nzayikomeza. Naka izo mbabazi se nakoze ikihe cyaha? Bazakomeza bamfungishe ijisho….ARIKO .nzageraho mfungurwe burundu cg nsubiremo …….urugamba ni urugamba. MUREKE rero kubeshya mutekinika ngo natse imbabazi. Ahubwo ngomba no kubona impozamarira kubera ko nafungiwe ubusa KANDI BIZABA

    Subiza
    • Keter
      September 20, 20185:33 am -

      ni danger. Imbabazi ziruta ibitambo Madam niko bibiriya ivuga. Niba warababariwe wabyemeye byagutwara iki? Guca bugufi nabyo ni ikimenyetso kiranga imfura.

      Subiza
  2. bigabo
    September 20, 201811:27 am -

    Umva madamu we impfizi y’inkunguzi irugata mu bugi bw’intorezo harya ngo imyaka umunani umaze ufunzwe wari mu ishuri ? ntacyo wize kuko uko wagiye ni nako wagarutse ahubwo abo akina nabo ubazi igice, kenyera rero

    Subiza
  3. niyogihozo
    September 24, 20185:51 am -

    Jye birancanze noneho. Ubu se uyu mumama afunguwe akumbuye politiki kurusha uko akumbuye abana be n’umugabo we?? Numvaga ikihutirwa ari ukubona abana be, ariko ndabona we atari ko abyumvva!!!!!!!!!!!!!!!!

    Imbabazi n’iyo baziguha utazisabye byaba birushijeho gushimisha kuko kubabarira mu buryo nk’ubwo ni ukugaragaza ishusho y’Imana umuntu yaremanywe ku ruhande rw’uwababariye. None se ubu arabinenga iki koko? Simbyumva.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru