• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze
Minisitiri Evode Uwizeyimana

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Editorial 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru kuko iyo uza gutorwa wari kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru Abadepite bawanze.

Uwo mushinga w’itegeko wagejejwe muri komisiyo y’inteko nshingamategeko ishinzwe politike n’uburinganire bw’umugore n’umugabo wateganyaga yuko wemejwe n’Abadepite gusebanya kwajya mu byaha mpanabyaha, aho kuba mu byaha mbonezamubano nk’uko bimeze mu bihugu bizwiho kutaniga itangazamakuru.

Muri uwo mushinga w’itegeko ingingo y’i 169 niyo yavugaka yavugag yuko umuntu wese usebanya y’itwaje ubwisanzure bwo kugaragaza ibitekerezo ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’itanu, n’ihazabu iri hagati y’amafaranga miliyoni eshatu n’eshanu.

Uwo mushinga w’itegeko Minisiteri y’ubutabera ikimara kuwugeza mu nteko nshingamategeko mu Kwakira abanyamakuru bahise batangira gufata ingamba zo kuwurwanya ugisuzumirwa muri komisiyo. Muri izo ngamba harimo kwandikira inteko nshingamategeko no guhura n’Abadepite bagize komisiyo ya Politike n’uburinganira babagaragariza ingaruka mbi zaterwa n’uko uwo mushinga wakwemezwa ugahinduka itegeko. Itegeko nk’iryo ryari kugaragaza u Rwanda nk’igihugu kiniga itangazamakuru, bigatuma n’abanyamakuru badakora akazi kabo neza.

Izo mbaraga Abanyamakuru bakoresheje zabyaye umusaruro kuko na mbere yuko uwo mushinga w’itegeko ugezwa mu nteko rusange wari wanzwe na komisiyo yawigagaho nk’uko Perezida wayo, Kayiranga Rwasa, ejo yabitangarije abadepite mbere yuko bafata icyemezo.

Uyu munsi tariki 29/12/2017. Iyi niyo yari inkuru nyamukuru kw’ihuriro ry’Abanyamakuru iruhande rwa stade Amahoro, babyina intsinzi !  Bakanavuga ariko yuko n’iyo abadepite baza kubatenguha bakemeza uwo mushinga  w’itegeko, ngo bari guhita bisabira Perezida Kagame kwanga kubisinya bahamya yuko bazi neza ko Perezida atari kubatenguha kuko bitari kuba bibaye ubwa mbere. Hari igihe Abanyamakuru basabye Perezida Kagame kwanga gusinya umushinga w’itegeko ryabacishaga umutwe koko yanga kuwusinya !

Casmiry Kayumba
2017-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Editorial 08 Feb 2025
Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Editorial 13 Jan 2019
Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Editorial 12 Apr 2018
Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Editorial 02 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Editorial 24 Dec 2021
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI
HIRYA NO HINO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Editorial 29 Jun 2016
Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Editorial 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru