• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Editorial 14 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rev. Pasitoro Singirankabo Jean de Dieu, wari umuvugabutumwa mu itorero ADEPR/PCIU, (Ishami ry’itorero ADEPR muri Uganda), yagiye muri Uganda muri 2006 agiye kwiga no gukomereza umurimo w’ivugabutumwa muri ADEPR.

Ni umwe mu Banyarwanda 20 bagejejwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 12 Kamena 2019, nyuma y’igihe kirekire bafungiye muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda.

Bose uko ari 20, ubarebye mu maso bafite integer nke z’umubiri, ndetse iyo bahagaze bamwe muri bo baba bahondobera.

Mu kiganiro kirambuye Singirankabo yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kuva yagera mu gihugu cya Uganda nta kibazo yigeze ahura nacyo ku giti cye, cyangwa se itorero ADEPR yakoreragamo ubutumwa muri Uganda.

Iryo torero ryari rimaze kwaguka muri icyo gihugu, kuburyo ubu ryari rimaze gufungura amashami mu turere 48, rihafite ibiro, abakozi, ndetse n’imitungo.

Ibibazo byo gufungwa ku Banyarwanda baba muri Uganda muri rusange byatangiye mu mwaka wa 2017, ariko ku bayoboke cyangwa abayobozi mu itorero rya ADEPR/Uganda, byatangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2019.

Agira ati “Kuva mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka hatangiye kuba ibibazo byinshi, bagafata abanyarwanda bakabafunga, ariko byagera ku itorero ukabona byafashe indi sura. Mu kwezi kwa Werurwe abashumba benshi batangiye kugaruka mu Rwanda, abandi barahunga”.

Pasitoro Singirankabo avuga ko icyo gihe babwirwaga ko abayoboke, abakozi ndetse n’abashumba bo mu itorero rya ADEPR/Uganda, ari intasi za Leta y’u Rwanda biyitirira itorero bakajya kuneka igihugu cya Uganda.

Ati “Baratubwiye ngo iri torero niryo intasi za Kagame zinyuramo zije gutata Uganda. Tubabwira ko twe turi abapasitoro ntaho duhuriye na politiki, ariko bo bakavuga ko nta makuru dufite, ko ikigamijwe ari ugusenya ADEPR bagahiga umunyarwanda wese”.

Ku giti cye, Pasitiro Singirankabo yafashwe tariki ya 21 Gicurasi 2019, hamwe n’abandi bavugabutumwa batatu.

Kuva ubwo bafungiwe muri gereza z’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza muri Uganda (CMI), ahitwa Mbuya, na Kireka.

Iminsi yose bamaze bafunzwe bakorewe iyicarubozo ku buryo butandukanye harimo gukubitwa, kwicishwa inzara, n’ibindi.

Ni nako kandi bakomezaga kubazwa n’urwego rwa CMI, bahatirwa kwemera ko ari abasirikare cyangwa se abapolisi b’u Rwanda.

Singirankabo n’ikiniga ati “Jye baramvunaguye, barankubise umubiri wose mfite inkoni, mu mugongo, ku kibuno ndetse no hejuru y’ubugabo,…Gusa ubu twageze mu Rwanda turi guhabwa imiti nta kibazo”.

Uwitwa Hategekimana Silas nawe uri mu banyarwanda bari bafungiye muri Uganda, avuga ko bishimiye ko bageze mu Rwanda, kandi ko ubu umutekano wabo wongeye kuba mwiza.

Hategekimana ariko avuga ko bahangayikishijwe n’imiryango yabo yasigaye muri Uganda ishobora gufungwa ishinjwa kuba maneko, nyamara ari abaturage bagiye gushaka ubuzima.

Hategekimana Silas nawe amaze igihe afungiye muri Uganda
Hategekimana Silas nawe amaze igihe afungiye muri Uganda

Ati “Dufite akababaro n’intimba ku miryango yacu iri hariya, iri guhigwa kandi itazi icyo izira. Abenshi bagiye bagiye kwishakira imibereho”.

Aba banyarwanda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu, bavuga ko abafatwa bagafungwa ari abanga kwifatanya n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyo mitwe ifite abayoboke bayo muri Uganda barimo n’Abanyarwanda.

Abanyarwanda 20 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu
Abanyarwanda 20 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu

Ubwo bagezwaga mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa gatatu, tariki 12 Kamena 2019, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ufite mu nshingano ze, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yihanganishije abo Banyarwanda n’imiryango yabo kubera akaga bahuriye na ko muri Uganda.

Yagize ati “Uko gufungwa mu buryo budakurikije amategeko, uko gufatwa nabi ndetse no kwirukanwa, ni zo mpamvu Guverinoma y’u Rwanda ishingiraho igira abaturage bacu inama yo kwirinda kujya muri Uganda.”

Ambasaderi Nduhungirehe yasabye Igihugu cya Uganda guhagarika imikoranire yacyo n’imitwe y’iterabwoba irimo na RNC, igira uruhare mu gufunga mu buryo butemewe Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo.

Src : KT

2019-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Editorial 19 Nov 2020
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Editorial 15 Dec 2017
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Editorial 02 Oct 2020
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Editorial 17 Mar 2024
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Editorial 19 Nov 2020
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Editorial 15 Dec 2017
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Editorial 02 Oct 2020
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Editorial 17 Mar 2024
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Editorial 19 Nov 2020
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Editorial 15 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru