• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Editorial 26 Sep 2017 ITOHOZA

Kuri iki Cyumweru nibwo byemejwe ko Angela Merkel yatorewe manda ya kane ngo akomeze kuyobora u Budage mu yindi myaka ine iri imbere, nubwo ishyaka rye CDU/CSU ryagize amanota mabi mu myaka 70 ishize angana na 33% ariko rigumana ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Umubiligi Alain Billen w’imyaka 64 ukurikirana politiki avuga ko nta jwi ryigeze rizamuza rinenga imyaka Merkel amaze ayobora u Budage, cyangwa se ngo hagire umunenga avuga ko ashaka kuba Chancelière “ubuzima bwe bwose.”

Byatumye yibaza aho abayobozi n’ibinyamakuru banenze umwanzuro w’Abanyarwanda ubwo Perezida Paul Kagame yari agiye kwiyamamariza manda ya gatatu, akaza no gutorwa ku majwi 97.79, bari.

Abayobozi bo mu burengezuba bavuga ibintu uko babishatse

Billen avuga ko abayobozi bo mu burengerazuba bw’Isi bashobora guha ikintu igisobanuro bitewe n’uwo bashaka kukivugaho cyangwa izindi nyungu, ibyo yise «deux poids, deux mesures ».

Yagize ati “Nyuma yo kunenga Paul Kagame kubera kwiyamamariza manda ya gatatu, Angela Merkel we ntawe umuvuga mu binyamakuru byo mu burengerazuba bw’Isi, nta n’umunyamakuru ushaka kuvuga ku myaka amaze ku butegetsi.”

Yakomoje kuri Barack Obama ubwo yari akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanenze umwanzuro wa Perezida Paul Kagame wari ugiye kwiyamamariza manda ya gatatu arangije ashimira Angela Merkel wari ugiye kwiyamamariza iya kane.

Billen yakomeje agira ati “Ku bwanjye ntekereza ko niba manda ya gatatu yari mbi, iya kane yo yagombaga kuba ari amahano masa. Ariko oya, imvugo yarahindutse, icyiswe kibi kuri umwe kiba akataraboneka ku wundi.”

Billen avuga ko aho ibintu bigeze u Rwanda rutakiri igihugu kiri cyonyine kuko cyamaze kwihuza n’amahanga binyuze mu ikoranabuhanga riganje mu gihugu na internet ya 4G igezweho, ndetse Abanyarwanda ibageraho nk’uko bimeze ku burengerazuba bw’Isi, nta makuru n’amwe abacika.

Yibaza niba ibyo byaba biri mu bizamura imbwirwaruhame za bamwe ziyobowe na politiki, zidapfa kumvwa n’udasobanukiwe umukino wa politiki mpuzamahanga.

Perezida Obama yaba yararwaye kwibagirwa?

Billen yibaza niba ubwo Perezida Obama yashyigikiraga manda ya kane ya Angela Merkel yari afite indwara ya Alzheimer, yangiza ubushobozi bwo kwibuka n’imikorere y’ubwonko muri rusange.

Yakomoje ku buryo mu mezi make ashize Leta Zunze ubumwe za Amerika zatangaje ko “zitemeranya na manda ya gatatu ishoboka kuri Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, nyuma ya manda ye izarangira muri 2017” nk’uko umwe mu badipolomate ba Amerika yabibwiye AFP, ko “igikenewe ari inzego zikomeye atari abantu bakomeye.”

Mu mezi yakurikiye ngo imvugo yahise ihinduka kubera Angela Merkel wari ugiye kwiyamamariza manda ya kane.

Billen avuga ko icyo gihe Obama yashingiye ku ihame ryagombaga no kubahirizwa kuri Paul Kagame, ati “Ngerageza kugendera ku ihame ryo kutivanga muri politiki z’abandi, icyo navuga ni uko Chancelière Merkel yabaye umufatanyabikorwa udasanzwe.”

Obama yakomeje amagambo ye yo guha rugari Merkel, ati “Ni ubushake bwe bwo kwiyamamariza indi ntambwe nshya. […] Iyo mba ndi hano, iyo mba ndi umudage n’iyo mba ntora, namushyigikira.”

Niho Billen ahita yibaza aho interuro ko igihugu gikeneye “inzego zikomeye aho kuba abantu bakomeye!” yarengeye.

Avuga ko akeneye gusobanukirwa ukuntu umwanzuro wafashwe nk’udakwiye kuri Perezida Kagame, ukaza kwishimirwa cyane n’abayobozi n’ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi kuri Angela Merkel.

Yagize ati “Nta n’ubwo ari ukubihuza n’imiyoborere mibi y’igihugu, Paul Kagame azwi haba muri Afurika n’ahandi nk’umuyobozi w’intangarugero, wemerwa na bose, binyuze no mu nyigo zitandukanye, ku rwego abayobozi benshi bo mu burengerazuba bakwifuza.’

“Ahari byaba ari ukubera ibara ry’uruhu cyangwa se kubera ko ari umunyafurika…ariko na none ibyo ntitwabiha agaciro kubera ko twabonye “Paris” ishimishwa cyane no kongera gutorwa kwa Perezida wa Congo Brazaville uyoboye igihe kirekire kurusha Paul Kagame kandi udafite imiyoborere ihambaye.”

Alain Billen avuga ko amagambo abayobozi b’ibihugu bikomeye bavuga baterwa n’ubuyobozi bwiza u Rwanda rufite, ari uko bashaka kugira impinduka barushyiraho ariko Abanyarwanda ntibabemerere.

Akomeza agira ati “Ese iyo niyo demokarasi… kwemera gukurikiza amabwiriza aturuka hanze?”

Akomeza agaragaza inenge ahubwo iri mu bayobozi b’i Burayi bamaze igihe bikubiye ubutegetsi, atanga urugero ku Bubiligi akomokamo, igihugu yavuyemo mu myaka makumyabiri ishize ariko agarutse asanga “nta cyahindutse!”

Yakomeje agira ati “Amazina y’abanyepolitiki bari ku butegetsi aracyari yayandi, rimwe na rimwe izina rimwe rigahinduka bitewe n’uko se yasigiye umuhungu cyangwa umukobwa we, ariko ababiligi bayoborwa mu myaka myinshi n’uruhererekane rw’imiryango imwe.”

Nyamara ngo hari ibibazo bikomeye byashegeshe ubwami bw’u Bubiligi bitewe n’abayobozi bamwe birimo ruswa ndetse byanageze mu bitangazamakuru, rimwe na rimwe hakabaho no kurigisa ibigenewe abatishoboye.

-8131.jpg

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela

Source : IGIHE

2017-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Editorial 20 Oct 2017
Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Editorial 02 Aug 2019
Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Editorial 08 Feb 2016
Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Editorial 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Editorial 12 Mar 2025
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Editorial 28 Feb 2016
CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4
IMIKINO

CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

Editorial 22 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru