• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Editorial 04 Aug 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu Karere ka Rusizi barasabwa guteza imbere umuco wihariye bafite ukomoka ku batuye Nkombo, udashobora kuboneka ahandi mu Rwanda.

Ibi babisabwe n’Umuyobozi ushinzwe Igenamigambi n’Ikurikiranabikorwa muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Uwiringiyimana Callixte. Hari ku wa 3 Kanama 2016, mu birori by’Iserukiramucyo Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) byabereye mu Karere ka Rusizi.

Uwiringiyimana yasobanuye ko mu Rwanda hari abahanzi batandukanye ariko ubuhanzi bwabo bukaba bushingiye mu kwigana iby’abandi, nyamara i Rusizi ngo haboneka imbyino n’indirimbo z’umwihariko zabateza imbere baramutse babikoze neza bitari mu kajagari, akaba yabasabye kubikora kinyamwuga.

Yagize ati “Uyu munsi hari abacuranzi batandukanye ariko bashingiye ku gukopera iby’abandi. Rusizi yo ifite umwihariko: twavuga nk’impano zo ku Nkombo zihariye mu gihugu hose, ntekereza ko bazikoresheje neza nta kajagari, byabafasha mu iterambere rishingiye ku muco.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, na we yashimangiye ko aka karere karimo umuco ushobora kuba ishingiro ry’iterambere ry’abaturage bahereye ku “Basamyi” ba Nkombo bigatuma akarere kaba nyabagendwa kurushaho mu bijyanye n’ubukerarugendo.

Harerimana akomeza avuga ko ibyo bishoboka kuko hari umuhanzi Marchale watangiye guteza imbere umuco w’Abanyenkombo, ubu akaba arimo kuwugaragaza hirya no hino mu gihugu ndetse no hanze yacyo, agahera aho akangurira urubyiruko kubyutsa impano ibarimo.

Yagize ati “Abari hano mwabonye ko hari umuco ushobora kuba ishingiro ry’iterambere ryacu bigatuma akarere kaba nyabagendwa duhereye ku Basamyi ba Nkombo. Ni umwihariko w’akarere kacu mu gihugu, imbyino zabo n’ibihangano tugomba kubikoresha mu iterambere, mu bukerarugendo n’ahandi.”

Bamwe mu batuye ikirwa cya Nkombo bavuga ko bahuriye ku muco wabo wihariye ariko ngo ntubyazwa umusaruro kuko bategerwa kugira ngo babashe gukomeza kuvumbura ubuhanzi bubarimo. Basaba ko ubuyobozi bwabafasha kugira ngo bagire imikorere myiza bave mu kajagari.

Abitabiriye FESPAD bishimiye ibyo birori kuko baboneyemo imico itandukanye batari bazi.

-3501.jpg

Bafite umwihariko wo gucinya akadiho

-3502.jpg

Bamwe mu bitabiriye FESPAD mu karere ka Rusizi, harimo Abasamyi ba Nkombo, Itorero Amasata, umuhanzi Marchale, Itorero ry’Igihugu Urukerereza, Amis de Jeune n’abandi.

KT

2016-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Editorial 28 Oct 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Editorial 24 Jun 2025
Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Editorial 20 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC
IMIKINO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Editorial 28 Jan 2016
Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye
ITOHOZA

Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye

Editorial 16 Mar 2017
Monaco cafe na Monaco Cosmetics bagabanyirije ibiciro 10% kubakundana kubera Saint Valentin
HIRYA NO HINO

Monaco cafe na Monaco Cosmetics bagabanyirije ibiciro 10% kubakundana kubera Saint Valentin

Editorial 12 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru