• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Editorial 14 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Nyuma yaho ku munsi w’ejo abantu batandatu bafashwe na RIB ku bufatanye n’inzego z’umutekano, muri abo hakaba harimo Nsengimana Theoneste ufite Televiziyo kuri murandasi yitwa Umubavu, umudepite wo mu gihugu cy’Ubufaransa Sebastien NADOT akaba n’inshuti y’abiyita ko batavuga rumwe na Leta ya Kigali, yashyize itangazo hanze yamagana ifatwa ryabo ariko avugisha ukuri avuga ko ari abakorana bya hafi na Ingabire Victoire.

Sebastien NADOT

Ibi rero bitandukanye n’ibyo Theoneste Nsengimana na bagenzi be aribo biyita, aho bihisha inyuma y’umwuga w’itangazamkuru bagakwirakwiza ubutumwa bw’abanzi b’igihugu baba ababa mu gihugu imbere ndetse n’ababa hanze yacyo mu rwego rwo guhungabanya umudendezo w’igihugu no gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha ubutegetsi buriho abaturage.

Mu bafatanywe na Nsengimana harimo Sylvain Sibomana, Alphonse Mutabazi, Alexis Rucubanganya na Utuje Joyeuse. Aba bose bari bari gutegura umunsi Interahamwe n’abasabitswe n’ingengabitekerezo bizihiza wiswe “Ingabire Day”

Iyi ntumwa ya rubanda rw’Ubufaransa itweretse isura nyayo ya Theoneste Nsengimana, nubwo iziko iri kumutabariza. Yaba Theoneste na bagenzi be bamaganwe kenshi basabwa gukurikiza amahame y’itangazamakuru ariko bakavunira ibiti mu matwi bagatangaza ibihuha kugirango imbuga zabo zisurwe kandi abo hanze baboherereze amafaranga.

Bagakwiye kumenya ko Iso ukwanga akuraga urubanza rwamunaniye. Abo babatuma bari mu gisirikari cya FAR abandi mu butegetsi ariko bayabangiye ingata bahungira iburayi.

Kubera kudashaka kugendera ku mahame y’itangazamakuru, bamwe barimo Agnes Uwimana uzwi ku kazina ka “Valerie Bemeriki” mushyashya, basubije amakarita yabo urwego rwigenzura rw’abanyamakuru RMC ngo bagiye gukora itangazamakuru ryigenga.

Uyu munsi kandi , RMC, yatangaje ko Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan, atari umunyamakuru w’umwuga nk’uko akunda kubivuga.

Uyu musore afite umuyoboro wa YouTube witwa Ishema TV, utambutswaho ibiganiro bibiba amacakubiri mu baturarwanda.

Itangazo RMC yashyize hanze, rivuga ko uyu yiyitirira kuba umunyamakuru, yibutsa n’abandi bafite imiyoboro ya YouTube kwirinda kubigenza batyo.

Iryo tangazo rigira riti “ Umuntu uwo ariwe wese afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo bye yifashishije murandasi ariko ntibimugira umunyamakuru.”

Mu gihe yiyitiriye umwuga agakora amakosa, RMC ivuga ko akurikiranwa n’inzego zibifitiye ububasha zitari iz’itangazamakuru.

Uyu musore aherutse kurekurwa n’urukiko nyuma y’aho rumugize umwere ku cyaha yo gukora no gukoresha impapuro mpimbano, kwiyitirira umwuga w’itangamakuru no gutambamira ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo byategetswe.

Yari yatawe muri yombi muri Mata 2020 arekurwa nyuma y’umwaka mu 2021.

2021-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Editorial 18 Mar 2017
FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

Editorial 29 Jan 2019
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda
ITOHOZA

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Editorial 01 Aug 2018
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize
Amakuru

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Editorial 29 Oct 2021
Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi
ITOHOZA

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Editorial 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru