• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Editorial 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Madiba wo mu itsinda rya Urban Boyz, yasubiye muri Canada mu buryo butamenywe na benshi ndetse nta gihindutse umugabo we azamusangayo.

Nyuma y’ibyumweru bibiri bashimangiye iby’urukundo rwabo ndetse bagahana isezerano ryo kubana nk’umugore n’umugabo, Niyonizera Judithe yamaze gusubira muri Canada aho bivugwa ko yajyanywe no gukemura ibibazo yagiranye n’umugabo witwa Rick Hilton wamushyize mu majwi avuga ko yamuhemukiye.

Mu kiganiro dukesha IGIHE yagiranye na Rick Hilton waherukaga gutangaza ko yicuza gushyira ahagaragara amafoto y’ubwambure bw’umugore wa Safi, yemeje ko na we azi neza amakuru y’uko Niyonizera yafashe indege yerekeza muri Canada.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe ku mafoto, avuga ko inkuru zose yatangaje zari ukuri kwambaye ubusa ariko ngo icyatumye ahagarika ibyo yatangazaga ku mibanire ye na Niyonizera ari igitutu yashyizweho n’abana be bakuze bamugiriye inama.

Yagize ati “Nibyo rwose njye mpagaze ku nkuru yanjye ijana ku ijana. Nahagaritse ibyo nari ndimo kubera abakobwa banjye, bari babangamiwe nabyo cyane aho dutuye. Ubu kugera muri rubanda kuri njye byabaye bihagaritswe.”

Muri ubu butumwa yohereje ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Rick yongeyeho ati “Icyakora njye n’abandi turimo gukora iperereza ku byaha avugwaho, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zimaze kwakira ibirego bitatu kuri we, amakuru angeraho kandi yemeza ko ubu yafashe indege aza inaha.”

Inzego zishinzwe umutekano ngo zamubwiye ko Niyonizera afite uburenganzira buhoraho bwo gutura muri Canada ariko kubera atari umwenegihugu akaba ashobora gukurikiranwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka. Uyu mugabo avuga ko amaze iminsi anahura n’abandi bantu bamuha amakuru ku mugore wa Safi.

Mu magambo Rick avuga yumvikanisha ko agifite akababaro yatewe na Niyonizera wasubiye muri Canada ngo bakemure ibibazo bafite hagati yabo ndetse akemeza ko ikibazo cyabo yamaze kukigeza mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ngo gikurikiranwe n’ubuyobozi.

Amakuru azwi na bake mu nshuti za hafi za Safi ni uko umugore we yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki 16 Ukwakira 2017, ndetse ko Safi yamuherekeje akamugeza i Kanombe ku kibuga cy’indege. Bivugwa ko Niyonizera atazagaruka mu Rwanda ahubwo Safi azamusangayo.

Mu ntangiriro z’umubano wa Safi na Nizonizera byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada. Mu gihe uyu mugore yamaranye na Safi bakirushinga bahise babanza kujya mu cyumweru cya buki muri Zanzibar nyuma bagaruka i Kigali aho babanaga mu nzu baguze i Kagugu.

-8424.jpg

Niyonizera Judithe warushinze na Safi Niyibikora, yasubiye muri Canada

[ video ]


2017-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Editorial 16 Jan 2016
Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Editorial 06 May 2018
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Editorial 10 Apr 2017
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Editorial 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Editorial 22 May 2021
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12
Amakuru

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Editorial 04 Mar 2022
Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi
Mu Rwanda

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Editorial 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru