• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Editorial 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Madiba wo mu itsinda rya Urban Boyz, yasubiye muri Canada mu buryo butamenywe na benshi ndetse nta gihindutse umugabo we azamusangayo.

Nyuma y’ibyumweru bibiri bashimangiye iby’urukundo rwabo ndetse bagahana isezerano ryo kubana nk’umugore n’umugabo, Niyonizera Judithe yamaze gusubira muri Canada aho bivugwa ko yajyanywe no gukemura ibibazo yagiranye n’umugabo witwa Rick Hilton wamushyize mu majwi avuga ko yamuhemukiye.

Mu kiganiro dukesha IGIHE yagiranye na Rick Hilton waherukaga gutangaza ko yicuza gushyira ahagaragara amafoto y’ubwambure bw’umugore wa Safi, yemeje ko na we azi neza amakuru y’uko Niyonizera yafashe indege yerekeza muri Canada.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe ku mafoto, avuga ko inkuru zose yatangaje zari ukuri kwambaye ubusa ariko ngo icyatumye ahagarika ibyo yatangazaga ku mibanire ye na Niyonizera ari igitutu yashyizweho n’abana be bakuze bamugiriye inama.

Yagize ati “Nibyo rwose njye mpagaze ku nkuru yanjye ijana ku ijana. Nahagaritse ibyo nari ndimo kubera abakobwa banjye, bari babangamiwe nabyo cyane aho dutuye. Ubu kugera muri rubanda kuri njye byabaye bihagaritswe.”

Muri ubu butumwa yohereje ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Rick yongeyeho ati “Icyakora njye n’abandi turimo gukora iperereza ku byaha avugwaho, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zimaze kwakira ibirego bitatu kuri we, amakuru angeraho kandi yemeza ko ubu yafashe indege aza inaha.”

Inzego zishinzwe umutekano ngo zamubwiye ko Niyonizera afite uburenganzira buhoraho bwo gutura muri Canada ariko kubera atari umwenegihugu akaba ashobora gukurikiranwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka. Uyu mugabo avuga ko amaze iminsi anahura n’abandi bantu bamuha amakuru ku mugore wa Safi.

Mu magambo Rick avuga yumvikanisha ko agifite akababaro yatewe na Niyonizera wasubiye muri Canada ngo bakemure ibibazo bafite hagati yabo ndetse akemeza ko ikibazo cyabo yamaze kukigeza mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ngo gikurikiranwe n’ubuyobozi.

Amakuru azwi na bake mu nshuti za hafi za Safi ni uko umugore we yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki 16 Ukwakira 2017, ndetse ko Safi yamuherekeje akamugeza i Kanombe ku kibuga cy’indege. Bivugwa ko Niyonizera atazagaruka mu Rwanda ahubwo Safi azamusangayo.

Mu ntangiriro z’umubano wa Safi na Nizonizera byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada. Mu gihe uyu mugore yamaranye na Safi bakirushinga bahise babanza kujya mu cyumweru cya buki muri Zanzibar nyuma bagaruka i Kigali aho babanaga mu nzu baguze i Kagugu.

-8424.jpg

Niyonizera Judithe warushinze na Safi Niyibikora, yasubiye muri Canada

[ video ]


2017-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Editorial 02 Jul 2021
Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Editorial 28 Sep 2017
Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Editorial 19 Jan 2017
Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Editorial 01 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine
HIRYA NO HINO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine

Editorial 02 Mar 2018
Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”
ITOHOZA

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Editorial 07 Feb 2018
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.
Mu Mahanga

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Editorial 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru