• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuhanda Kigali – Muhanga wabaye nyabagendwa, ujya i Musanze nawo wongeye gukora

Umuhanda Kigali – Muhanga wabaye nyabagendwa, ujya i Musanze nawo wongeye gukora

Editorial 10 May 2016 Mu Mahanga

Imihanda ya Kigali – Gakenke – Musanze na Kigali – Muhanga yari yafunzwe kubera ibiza, ibi biza muri rusange byahitanye abantu 50 n’amazu 583 yarasenyutse.

Kugeza ubu, umuhanda wa Kigali-Muhanga wafunguwe kuko amazi yagabanutse. Ariko ko ukomeje gufungwa kuri za Moto n’amagare kuko amazi akiri mu muhanda ashobora guteza impanuka ibi binyabiziga bito.

Minisiteri y’imicungire y’ibiza yatangaje kandi ko n’umuhanda wa Kigali – Gakenke – Musanze nawo wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’imirimo yo kuvana mu nzira inkangu zari zaguye mu muhanda zikawufunga.

Minisiteri y’imicungire y’ibiza ivuga ko abitabye Imana mu karere ka Gakenke bashyinguwe mu cyubahiro kuwa 09 Gicurasi, umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe, aherekejwe na Ministiri w’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi, MUKANTABANA Seraphine, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, KABONEKA Francis, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, IMENA Evode, Umukuru wa Polisi y’Igihugu: CG GASANA Emmanuel, Abasenateri n’intumwa za rubanda.

Abenshi mu bashyinguwe ni abahitanywe n’ibiza, cyane cyane inkangu, mu ijoro ryo kuwa 7 rishyira ku wa 8 Gicurasi 2016.

Iri tangazo rivuga ko ibyakozwe ari;

Mu karere ka Gakenke, MIDIMAR yahagejeje ubufasha bugenewe imiryango yasenyewe n’ibiza. Ubwo bufasha bugizwe n’ibiryamirwa, ibikoresho byo mu rugo n’ibikoresho by’isuku.

Muri aka karere kandi hagejejwe amahema yo kwifashisha mu miryango ishobora kwimurwa ahantu bigaragara ko yugarijwe cyane n’ibiza.
Inkunga igenewe akarere ka Muhanga ntiyabashije kugerayo kubera ikibazo cy’umuhanda Kigali-Muhanga wafunzwe bitewe n’imyuzure.

Igenzura ryakozwe hifashishijwe indege ya Kajugujugu, ryagaragaje ko mu karere ka Gakenke, hari abaturage benshi bugarijwe n’inkangu ku buryo igihe cyose bashobora kwibasirwa, bitewe n’ubutaka bworoshye kandi buhinze, hakaba ntacyo kubufata gihari. Ubuyobozi bw’uturere n’inzego z’umutekano bakanguriwe gukumira ko hari undi muturage wahitanwa n’ibiza, bacumbikishiriza abasenyewe ndetse no kwimura by’agateganyo abatuye aho bigaragara ko bugarijwe.

Ku bufatanye na MINAGRI hateganijwe ko ejo ku wa kabiri 10/05/2016, imiryango yahuye n’ibiza izagezwaho ibiribwa.

Indi miryango nterankunga irimo: World Vision, Care International, USAID, na WFP nayo iragaragaza ko ishobora gutanga inkunga.

-2772.jpg

-2771.jpg

-2773.jpg

Ku rundi ruhande, Umuhanda wa Kigali – Musanze wari warafunzwe kuva ku Cyumweru kubera inkangu zawufunzwe ahitwa muri Buranga, nawo wafunguwe ubu ukaba wongeye gukora.

2016-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse  no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Editorial 20 Oct 2017
Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Editorial 06 Feb 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Editorial 10 Jul 2016
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Editorial 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru