• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umupasiteri w’Umunyamerika ukomoka i New Jersey afatanyije n’Umwongereza wahoze wiyita umuhanuzi, batangije gahunda yo guha abanya-Uganda, 50 000 uburozi bababwira ko ubunyoye akira indwara zirimo cancer, virusi itera Sida, malaria n’izindi.

Iyi gahunda iyobowe na Past Robert Baldwin, mu gukwirakwiza ayo mazi bita ay’ibitangaza azwi nka ‘MMS’ [miracle mineral solution].

Ikinyamakuru The Guardian, cyamenye ko abanya-Uganda barimo abana bahabwa ikinyabutabire cya ‘chlorine dioxide’, siyansi yerekana ko ntacyo kivura ahubwo gishobora kuba kibi cyane ku buzima bw’umuntu.

Baldwin w’imyaka 52, niwe ukura ibinyabutabire bikoreshwa muri MMS, ari byo sodium chlorite na citric acid, mu Bushinwa akabijyana muri Uganda. Ibi binyabutabire nibyo bivangwa bikabyara chlorine dioxide, ubusanzwe ikoreshwa mu nganda z’imyenda, aho kiyihindura umweru.

Uyu mupasiteri yahuguye abayoboke bagera ku 1200 muri Uganda, bamufasha muri iyi gahunda y’ibitangaza byo gukiza. Umwe amwifashisha mu kuvura abayoboke 50. Nk’agahimbazamusyi, Baldwin abaha telefoni zigezweho, ku biyemeje gukwirakwiza iyo miti.

Baldwin akorera mu itorero yashinze rizwi nka Global Healing. Iri torero ryiyamamaza nk’irikoresha imbaraga zituruka ku Mana mu kugabanya gutakaza ubuzima muri Afurika.

Baldwin wize ubuforomo, nta bundi bunararibonye afite. Avuga ko yahisemo Uganda kuko nta bugenzuzi buhari. Uyu mugabo avuga ko muri Amerika n’u Burayi, hari amategeko akomeye bityo ukaba utashobora kuvura abantu kuko bigenzurwa na FDA [ikigo kigenzura imiti n’ibiribwa], iyi akaba ari yo mpamvu akorera mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

MMS yahagaritswe burundu mu bihugu birimo; Canada na Ireland. Mu Bwongereza na Leta zunze Ubumwe za Amerika, biragenzurwa ndetse bifatwa nka magendu.

2019-05-19
Editorial

IZINDI NKURU

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Editorial 08 Dec 2019
Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Editorial 05 Oct 2018
Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Editorial 15 Mar 2016
N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Editorial 18 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay
IMIKINO

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

Editorial 07 Jul 2018
Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 
INKURU NYAMUKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Editorial 21 May 2019
Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza
INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Editorial 29 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru