• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Editorial 22 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe hari intambwe zifatika ziri guterwa mu Karere k’Ibiyaga Bigari mu kugarura amahoro, harimo amasezerano hagati ya Rwanda na Congo Kinshasa yafashijwe na Perezida Donald Trump, hari abagerageza kuyobya rubanda no gusenya ibyo bikorwa byiza.

Umwe mu bahungu ba Victoire Ingabire Umuhoza, umugore wamaze kumenyerwa ku isi kubera ibikorwa bye by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, yanditse mu kinyamakuru The Hill asaba Perezida Trump ko yakurikirana ifungurwa rya nyina.

Uyu musore yagaragaje amarangamutima yuje amarira y’ingona, avuga ko nyina ari “umuntu uharanira amahoro” ariko akirengagiza ko yafunzwe, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no guhakana uruhare rw’abakoze Jenoside mu 1994. Ingabire kandi ashinjwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba irimo FDLR, igizwe n’abahoze ari abasirikare n’Interahamwe bagize uruhare rukomeye mu kwica Abatutsi muri Jenoside.

Nyamara, ayo magambo y’amarira y’umuhungu we ntashobora gupfuka ukuri. Ingabire yagarutse mu Rwanda mu 2010 avuye mu Buholandi, aho yari yarigize impunzi, aza guhamagarira Abanyarwanda “kwigisha amateka ya Jenoside ku buryo bushyira mu gaciro impande zombi,” amagambo yabonetse nk’uburyo bwo guhakana Jenoside no guha ijwi abicanyi. Ni byo byatumye akatirwa gufungwa imyaka 15, nubwo nyuma y’imyaka 8 ari Perezida Kagame wamuhaye imbabazi mu rwego rwo kugaragaza ko u Rwanda rushyira imbere ubumuntu.

Ariko aho kwikosora, yakomeje ibikorwa byo guhungabanya umutekano, bikaba ari byo byatumye yongera gutabwa muri yombi mu 2024.

Biratangaje kubona umuhungu we yandikira Perezida Trump ngo yivange mu butabera bw’u Rwanda, ashaka kugaragaza nyina nk’umwere. Ibi ni byo byitwa “amarira y’ingona”: kwiyiriza amarira no kwigaragaza nk’abahohotewe mu gihe nyakuri ukuri kwerekana ko Ingabire ari umunyabyaha.

2025-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Editorial 30 Mar 2021
Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Editorial 28 Apr 2018
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Editorial 26 Nov 2018
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Editorial 12 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.
ITOHOZA

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Editorial 30 Aug 2017
Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu
Mu Rwanda

Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Editorial 21 Nov 2016
Breaking News: Bokota Labama  yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda
IMIKINO

Breaking News: Bokota Labama yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda

Editorial 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru