• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 17 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mwaka wa 2019, amakuru yageze hanze avuga ko Perezida Museveni yakiriye umujenosideri Anastase Munyandekwe Mutovu wakatiwe n’inkiko z’u Rwanda igifungo cya burundu adahari kubera ibyaha bya Jenoside yakoreye mu Biryogo naho avuka iwabo mu cyahoze ari Gikongoro mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru. Akaba ari inshuro ya gatandatu yarageze muri Uganda.

Anasatse Munyandekwe Mutovu akirangiza amashuri ye yakoze mu kigo cy’igihugu cy’Iposita, akazi yahawe kubera Pauline Nyiramasuhuko wari inshuti magara ya Agathe Kanziga umugore wa Juvenal Habyarimana.

Pauline Nyiramasuhuko ava inda imwe na Celine Nyiraneza umugore wa Anastase Munyandekwe Mutovu. Iposita yabarizwaga mu cyahoze ari Minisiteri yo gutwara abantu n’itumanaho (MINITRANSCO)

Umurongo wa Politiki wa Munyandekwe wamenyekanye igihe hadukaga amashyaka menshi mu Rwanda mu mwaka wa 1991. Yagiye muri MDR ya Twagiramungu Faustin ariko ari ijisho cyangwa intumwa ya MRND. Abayoboke nyabo ba MDR barabimenye nuko bamuhimba izina rya Kimwamwanya nkuko byatangajwe mu kinyamakuru Le Partisan no 18 cyasohotse kuri 15 Ukwakira 1993.

Igihe umurwanashayaka mukuru wa MDR, Emmanuel Gapyisi yicwaga, bivugwako Munyandekwe nk’intumwa ya MRND ari mu itsinda ryari inyuma y’urupfu rwe cyane cyane ko Emmanuel Gapyisi ataryaga indimi arwanya akazu k’abakiga mu nzego zose za leta.

Mu gihe cya Jenoside nkuko byagaragajwe n’inkiko Gacaca mu turere twa Nyarugenge, Nyamagabe na Nyaruguru, Munyandekwe yagize uruhare rukomeye mu itegurwa no mu ishyirwa mu bikorwa by’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yarakatiwe gufungwa burundu, igihano gikuru kubera uruhare rwe.

Amaze guhunga kimwe nabari bagize Guverinoma yakoze Jenoside, Munyandekwe yahise nawe ajya muri FDLR aho yagize n’imyanya mu buyobozi bukuru. Yabaye umuvugizi wayo nuko aza kuvanwa kuri uwo mwanya nyuma yo kunyereza amadorali ibihumbi 29 yigurira imodoka.

Protais Zigiranyirazo, muramu wa Perezida Habyarimana

Munyandekwe kandi nkuko yabaga muri MDR ari ijisho rya MDR ari mu bambere bashinze igice cya MDR Power cyakoze Jenoside. Muri Werurwe 2007, yagiye Arusha gushinjura Protais Zigiranyirazo, muramu wa Perezida Habyarimana.

Muri urwo rubanza, Munyandekwe wari ukiri umuvugizi wa FDLR yaboneyeho umwanya wo gutanga ubutumwa bwa FDLR aho yagize ati “Urukiko rw’Arusha rurabogamye n’abaturage ntibarwiyumvamo, rufata inzirakarengane zikarushinja Jenoside kandi abateguye n’abakoze Jensodie ari FPR” Uwari uyoboye inteko iburanisha, Umunya Argentine Ines Weinberg de Roca, yibukije Munyandekwe ko bari mu rubanza rwa Zigiranyirazo Atari umwanya wo kumvikanisha amatwara ye ya politiki.

Munyandekwe yatunguye abacamanza muri urwo rubanza, ubwo yavugaga ko nubwo yabaga mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana ko ariko Habyarimana yari umuntu mwiza ndetse MRND yayoboraga igihugu neza. Byaje kugaragaza ko Munyandekwe yabaga muri MDR akorera MRND.

Nguwo umushyitsi w’imena wa Perezida Museveni.

“Sinitaye kuri politiki yawe sinitaye kuwo uri we, igihe cyose uzaba urwanya u Rwanda nzagufasha” iyi ni intengo nyamukuru ya Perezida Museveni wa Uganda

Nyuma yo gushyirwa ku karubanda mu binyamakuru, ko yakiriye abayobozi bakuru ba RNC, barimo Mukankusi Charlotte, Eugene Gasana na Tribert Ayabatwa Rujugiro, Perezida Museveni mu ibaruwa yandikiye Perezida Kagame, yemeye ko yabonanye nabo bimutunguye, nyuma haje no kumenyekana amakuru ko bahawe inzandiko z’inzira za Uganda mu gihe gito iya Mukankusi iba igeze mu binyamakuru.

Usibye kwakira abayobozi ba RNC, Museveni yatumiye abayobozi bakuru ba FDLR aribo umuvugizi Ignace Nkaka uzwi nka La Forge Bazeye Fils n’ushinzwe iperereza Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Abega Theophile basubiye muri Kongo bafatirwa ku mupaka nyuma boherezwa mu Rwanda.

Mu rubanza rwa Callixte Nsabimana wiyise Sankara, nawe yavuzeko Uganda yari ishyigikiye kandi igafasha umutwe wabo wa FLN.

Munyandekwe kandi yari umuvugizi wa FDLR igihe umukuru wayo Maj Gen Paul Rwarakabije yatahaga.

Uwariwe wese urwanya u Rwanda afite karibu ihoraho muri Perezidansi ya Uganda.

2021-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Kuri iki Cyumweru Perezida Kagame arahura na Museveni,  Entebbe muri Uganda

Kuri iki Cyumweru Perezida Kagame arahura na Museveni, Entebbe muri Uganda

Editorial 24 Mar 2018
Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Editorial 27 Nov 2017
Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Editorial 18 Feb 2020
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.
HIRYA NO HINO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Editorial 21 Jun 2017
Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi
Mu Mahanga

Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Editorial 26 Oct 2017
Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro
ITOHOZA

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Editorial 29 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru