• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Editorial 09 Jun 2016 Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali uherutse kuvugwa ko yabuze guhera ku wa 3 Kamena, yabonetse nta kibazo afite, avuga ko iyi minsi itanu ayimaze ‘kwa cherie we’.

Ejo bundi tariki 7 Kamena 2016 ni bwo twabagejejeho inkuru y’umusore witwa Nsanzumuhire Innocent, uri mu kigero cy’imyaka 34 umuryango we uvuga ko yabuze.

Muri iyi nkuru, abo mu muryango we bavugaga ko bagerageje kumuhamagara kuri telefoni ye ngendanwa ibanza kwitabwa n’abandi bigeze aho ivaho, kugeza ku munsi w’ejo akaba atari yakabonetse cyangwa se ngo hamenyekane aho yarengeye.

Usibye abo mu rugo, aho akorera muri Banki ya Kigali, aho ashinzwe inguzanyo (credit agent) na ho bemezaga ko Nsanzumuhire bamuheruka ku wa Gatanu tariki 3 Kamena 2016, ko bamutegereje ku kazi ku wa mbere ntiyaza, nyuma bumva amakuru ava mu muryango we ko yabuze.

Inkuru dukesha Izuba rirashe ivuga ko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Spt Emmanuel Hitayezu, yemeje ko uyu Nsanzumuhire yabonetse, yizanye kandi ari muzima.

Yabwiye iki kinyamakuru ati “Mushatse mwamuvugisha kuri phone ye, andi makuru y’aho yari ari yahababwira, ngo yageze iwe mu ma saa cyenda za mu gitondo, nta kibazo afite, andi makuru ni we wayabaha.”

Spt Hitayezu avuga ko umuryango we ari wo wagejeje aya makuru y’iboneka rye kuri polisi, kuko n’ubundi bari bayifashishije mu gushaka uyu muntu.

Kuri telefoni ye ngendanwa, Nsanzumuhire yemereye Izuba Rirashe ko koko ahari, ko yari yagiye gusura umwari babyumva kimwe, ndetse week end ikarangira akiyongeza n’iminsi y’akazi, kugeza ubwo atahiye saa cyenda z’ijoro zo kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “ Ndahari, ni kwa kundi umuntu ajya ahantu ntibabimenye…. nari nagiye kwa cherie wanjye, nari nasuye abantu ndakererwa mpitamo kureka kujya ku kazi….ubu ndi mu rugo nta kibazo mfite.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu yagize inama atanga ku ibura rya hato na hato ry’abantu.

Yagize ati “Hari igihe umuntu abura akavuga ko hari aho yari ari, ariko bigateza ikibazo umuryango we. Abantu bari bakwiye kubyirinda, niba hari aho agiye agomba kumenyesha umuryango we ko adahari n’igihe azagarukira.”

Polisi isaba abantu niba hari gahunda bafite, hari aho bagiye kuruhuka, bamenyeshe imiryango n’inshuti cyangwa se aho akorera.

-2902.jpg

Nsanzumuhire Innocent, uvuga ko yari yaburiye kwa Cherie we

2016-06-09
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Editorial 20 Jul 2016
Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe

Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe

Editorial 08 Apr 2019
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Editorial 17 Apr 2019
Abanyarwanda biteguye kwakira Jeannette Kagame muri “Rwanda Culture Day” yasimbuye “Rwanda Day” izabera muri California tariki 24 Nzeri 2016!

Abanyarwanda biteguye kwakira Jeannette Kagame muri “Rwanda Culture Day” yasimbuye “Rwanda Day” izabera muri California tariki 24 Nzeri 2016!

Editorial 11 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Editorial 16 Jun 2016
Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale
Mu Rwanda

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Editorial 17 Mar 2016
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana
IMIKINO

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Editorial 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru