• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day   |   22 Jul 2025

  • Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   21 Jul 2025

  • Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge   |   21 Jul 2025

  • Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994   |   20 Jul 2025

  • Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara   |   18 Jul 2025

  • Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club   |   17 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Editorial 19 Apr 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gasabo ifungiye kuri Sitasiyo ya Kacyiru umukozi wo mu rugo ukekwaho kwiba umukoresha we asaga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, telefone ebyiri ngendanwa zo mu bwoko bwa Samsung S7, n’amadolari 100 ya Amerika.

Ngirababyeyi Pierre ufite imyaka 25 y’amavuko ni we ukekwaho kubyiba . Yafatiwe mu kagari ka Mabengera, mu murenge wa Musambira , mu karere ka Kamonyi ku itariki 17 z’uku Kwezi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko yabyibye mu ijoro ryo ku itariki 16 z’uku Kwezi ahagana saa mbiri abikuye mu cyumba byarimo. Yongeyeho ko urugi rw’icyumba byarimo yarukinguje urufunguzo rw’urucurano.

Yagize ati,”Amaze kwinjiramo yavanyemo amafaranga y’u Rwanda 1, 400, 000, izo telefone zombi n’ayo madolari ahita ahava. Yafashwe amaze gukoresha ibihumbi 84 by’amafaranga y’u Rwanda muri ayo yibye.”

SP Hitayezu yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane, ndetse hanafatwe abafite aho bahuriye n’ubwo bujura.

Yakanguriye abakoresha kumenya imyirondoro y’abo bakoresha kugira ngo igihe babibye cyangwa bakoze ibindi byaha byorohere Polisi kumushaka no kumufata vuba.

Abiba yabagiriye inama yo kubicikaho bagashaka ibyo bakora byemewe n’amategeko bibateza imbere aho gutega amaramuko ku bikorwa binyuranyije n’amategeko bibagiraho ingaruka n’imiryango yabo.

Ayo mafaranga n’izo telefone byashyikirijwe nyirabyo (Habimana). Yashimye Polisi y’u Rwand agira ati,”Nkimara kwibwa natanze ikirego kuri Sitasiyo ya Polisi indi hafi. Umupolisi wanyakiriye yanyijeje ko ibyo nibwe bizaboneka none imvugo ibaye ingiro kuko ku munsi ukurikira uwo nibweho bampamagaye bambwira kuza kubifata. Ndayishimira uburyo ikurikirana ikibazo igejejweho kugeza gikemutse.”

-6346.jpg

(SP) Emmanuel Hitayezu

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yagarutse ku kamaro ko gutangira amakuru ku gihe no kuyahanahana hagati y’inzego z’ubuyobozi agira ati,”Bituma ibyaha bikumirwa no gufata vuba ababikoze.”

Ngirababyeyi nahamwa n’iki cyaha cy’ubujura azahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’icyibwe; nk’uko biteganywa n’ingingo ya 300 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

RNP

2017-04-19
Editorial

IZINDI NKURU

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Editorial 22 Feb 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze  ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Editorial 09 Jun 2017
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Editorial 13 Sep 2018
M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Editorial 22 Feb 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze  ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Editorial 09 Jun 2017
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Editorial 13 Sep 2018
M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Editorial 22 Feb 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru