• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Editorial 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda by’umwihariko n’abaturage bose muri rusange, barashimira umumotari kubera imyitwarire ye n’ubunyangamugayo yerekanye, ubwo yari atwaye umugenzi ufite amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni eshanu n’ibihumbi Magana abiri (5,200,000Frw), bagakora impanuka umugenzi akayikomerekeramo agata ubwenge, hanyuma uyu mumotari agacungira aya mafaranga umutekano akanayashyikiriza abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda nta na rimwe rivuyemo.

Bivugwa ko imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yagonganye na Moto yari itwawe n’umumotari witwa Ndayiramiye Donat, ahetse umugenzi witwa Kayinamura Augustin wari unafite aya mafaranga muri ambalaji ya Kaki, iyi mpanuka ikaba yarabereye ku Muhima, aho uyu Kayinamura yakomeretse bikabije, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).

Ndayiramiye akimara kubona ko umugenzi yari atwaye akomeretse, yahise abona ko ambalaji yari afite yari yuzuyemo amafaranga, ayabungabungira umutekano.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda, yemeje iyi mpanuka, anashimira uyu mumotari avuga ati:”Uyu mumotari yerekanye imyitwarire myiza n’ubunyangamugayo kandi akwiye gushimirwa. Amaze kubona ko umugenzi yari atwaye akomerekeye muri iyi mpanuka, yabungabungiye umutekano amafaranga yari afite kugeza igihe Polisi ihagereye.”

-7346.jpg

(CIP) Emmanuel Kabanda

Yakomeje avuga ati:”Iki gikorwa cy’uyu mumotari kirerekana ko abamotari, abatwara ibinyabiziga n’abanyarwanda bamaze kugira imyumvire yo hejuru kandi ibi Polisi y’u Rwanda ikaba ibibashimira.”

CIP Kabanda yanavuze ko Polisi imaze gusubiza aya mafaranga abo mu muryango wa Kayinamura, nabo bashimiye ibyakozwe n’uyu mumotari, bavuga ko ari intangarugero kandi ko ari uwo gushimwa.

Abajijwe icyamuteye gukora ibintu byiza nk’ibi, Ndayiramiye yavuze ati:”Mu buzima bwanjye mpora nshaka gukora icyiza aho gukora ikibi.”

Yakomeje avuga ko impanuka ikimara kuba yahise arwana no kurengera umutwaro w’umugenzi “kuko aho yari ibereye hahise huzura abantu benshi bashungereye mbere y’uko imodoka itwara abarwayi ihagera”.

Yavuze kandi ati:”Nkimara kubona ko yari atwaye amafaranga angana atya, nanjye nabuze icyo nakora, kuko numvaga ntazi n’icyo ndi bubwire nyiri moto kuko nayo yari yangiritse.”

Ndayiramiye yagiriye inama abamotari bagenzi be n’abandi bashoferi, ko igihe bahuye n’impanuka cyangwa umugenzi akibagirirwa umuzigo mu kinyabiziga cyabo, bajya bawubasubiza, yaba ari amafaranga bakayabasubiza yose n’ubwo yaba ari macye kuko baba babishyuye.

Iyi myitwarire n’ubu bunyangamugayo bw’uyu mumotari bukimenyekana, bwahise busakara ku mbuga nkoranyambaga, maze ababibonye bagashimira Ndayiramiye, aho bamwitaga Inyangamugayo n’Imfura.

-7345.jpg

Ndayiramiye

Uwitwa Ufitekirezi Daniel wo mu murenge wa Kacyiru yanditse ku rubuga rwa whatsapp ati:”Twari tumenyereye kumva abapolisi aribo bakora ibintu nk’ibi, ariko mbuze icyo navuga kubera ubunyangamugayo bw’uyu mumotari. Imana izamwihembere.”

Undi witwa Kayigamba Ronald wo mu kagari ka Nonko Umurenge wa Kanombe yanditse ati:”Uyu mumotari bashake icyo kumuhemba kimukwiriye, kuko yabaye Umusamaritani mwiza.”

Hagati aho Polisi y’u Rwanda yongeye kugira inama abantu kutagendana amafaranga menshi mu ntoki, kuko umuntu aba atizeye umutekano wayo.

CIP Kabanda yavuze ati:”Uyu mumotari wahisemo gufata aya mafaranga angana atya akayashyikiriza Polisi ni inyangamugayo, ariko iyo ataza kubayo, aba yabuze. Ni byiza rero ko abantu bakwirinda kugendana amafaranga menshi mu ntoki, kuko umutekano wayo uba utizewe.”

Source : RNP

2017-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Editorial 23 Oct 2017
Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Editorial 06 Aug 2017
[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

Editorial 08 Aug 2017
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Editorial 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha
ITOHOZA

Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 18 May 2019
Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Editorial 02 Jan 2017
Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw
Amakuru

Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw

Editorial 03 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru